Kayonza: Amaze gupfusha inkoko 400 mu minsi ibiri

Umworozi w’inkoko witwa Mukansanga wo mu Kagari ka Kayonza ko mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza amaze gupfusha inkoko zigera kuri 400 mu gihe cy’iminsi ibiri.

Mukansanga yari yoroye inkoko 500 zimaze gukura kuko zari zaratangiye gutera amagi, ariko kuva tariki 24 Mata 2015 zimwe muri zo ngo zatangiye kuva amaraso anyuze mu kanwa ndetse no guta amatotoro arimo amaraso.

Akibibona ngo yabimenyesheje abaganga basanzwe bazimuvurira bamwohereza imiti ntiyagira icyo imara.

Inkoko nzima zinyura hejuru y'izapfuye.
Inkoko nzima zinyura hejuru y’izapfuye.

Tariki ya 26 Mata 2015 nibwo izo nkoko zatangiye gupfa umusubirizo. Amaze kubona ko iyo miti nta cyo yamaze yongeye guhamagara abo baganga abasobanurira uko ikibazo giteye, umwe muri bo ngo amubwira ko inkoko ze zishobora kuba zararozwe kuko ibimenyetso by’indwara zirwaye atigeze abibona ku nkoko zose yavuye.

Inkoko zapfuye Mukansanga arazihamba, ku buryo kugeza tariki 28 Mata 2015, ubwo twateguraga iyi nkuru, yari amaze gupfusha inkoko zigera kuri 400. Na we asa n’uwamaze kwemeza ko inkoko ze zarozwe.

Yagize ati “Nimara kuzihamba zose nzakubura ikiraro nteremo umuti ntumize izindi nkoko. Ntabwo ncitse intege mu korora, ni ubugizi bwa nabi. Urumva n’uwabikoze (…) bajya bavuga ngo umuntu ahora yiga, ubu ndize”.

Inkoko zitarapfa na zo ngo nta cyizere cyo kubaho zitanga.
Inkoko zitarapfa na zo ngo nta cyizere cyo kubaho zitanga.

N’ubwo Mukansanga yemeza ko inkoko ze zarozwe, umuhuzabikorwa w’ituragiro rya Rubirizi akaba n’impuguke mu bworozi bw’inkoko, Shyaka Innocent avuga ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma inkoko zipfa.

Gusa yatangarije Kigali Today ko hari indwara inkoko zishobora kurwara zikagaragaza ibimenyetso bimwe n’ibyagaragaye ku nkoko za Mukansanga.

Ati “Hari indwara yitwa Coccidiose ishobora gutuma inkoko ita amatotoro arimo amaraso. Ahubwo [uwo mworozi] ashobora kuba nta bumenyi afite bigatuma ahita akeka ko ari amarozi”.

Akomeza avuga ko ikibazo Mukansanga yahuye na cyo kidakwiye gutera ubwoba abandi borozi b’inkoko. Uburwayi bw’izo nkoko ngo ni ikibazo cyihariye, ariko abandi borozi bakaba basabwa gukingira neza inkoko za bo nk’uko amabwiriza abiteganya.

Inkoko zapfuye barazihamba. Ahahinze hahambye izamaze gupfa.
Inkoko zapfuye barazihamba. Ahahinze hahambye izamaze gupfa.
Iyi ni imwe mu miti abaganga basanzwe bavurira Mukansanga inkoko bamwoherereje ariko ntacyo yamaze.
Iyi ni imwe mu miti abaganga basanzwe bavurira Mukansanga inkoko bamwoherereje ariko ntacyo yamaze.

Cyprien M. Ngendahimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

nabazaga,niba iyo ndwara yabonerwa umuti .murakoze

jean valens yanditse ku itariki ya: 3-12-2018  →  Musubize

murakoze,none mbabaze iyo ndwara uwo mubyeyi yarwaje igira umuti ?

harerimana jean valens yanditse ku itariki ya: 3-12-2018  →  Musubize

nange ndigutekereza uwo mushinga kuko urunguka pe ndifuza kubaza
imishwi igomba kororwa igomba kuba ingana ite? murakoze

tuyisenge theophile yanditse ku itariki ya: 12-12-2017  →  Musubize

Mudufashe natwe dushaka gutangira uwo mushinga!mbese umuntu ashobora guhera ku nkoko zingahe?Ese inkoko nziza ni izigejeje igihe kingana gite?

olive yanditse ku itariki ya: 17-11-2016  →  Musubize

Byari kuba byiza iyo abanza kubaza abaganga bazobereye ibyinkoko mbere yo gufata umwanzuro akamenya impamvu kugirango bizamworohere mubworozi bwubutaha. Gusa pole kd courage ntacike intege bibaho

Elie yanditse ku itariki ya: 25-01-2016  →  Musubize

Njye simenyereye iby’ubworozi bw’inkoko,ariko ndumva uyu mworozi yaragombaga kohereza inkoko za mbere zapfuye mu babifitiye ubumenyi buhagije;wenda ntiyabimenye,ariko ubutaha niyongera gutangiza umushinga we mwiza,azabyibuke.Gusa ntacike intege,byose biberaho kwiga.

allinone yanditse ku itariki ya: 29-04-2015  →  Musubize

Pole Mukansanga. Indwara zinkoko ntabwo zihutirwa gufata imyanzuro hatabanje kubaho igenzura(thourough epidemiological investigation on the ground). Biragaragara ko ntamuveterineri wabikoze. Ibyo kuvugako baziroze byashoboka ariko nuburozi(toxins) bwakomoka mu byokurya byazo baguze cyangwa bikoreye. Ikindi nta postmortem yakozwe nogupima amatotoro, amaraso, umwijima nibindi ngo icyishe izo nkoko kigaragazwe. Aborozi binkoko bakwiye kujya bifashisha Rubirizi laboratory na college ya Veterinary medicine Nyagatare. Abaveterineri bo kuri tere nabo bakwiye kujya bagira inama aborozi mugihe basanze za cases badashoboye kandi bakajya kureba cases mumwanya wo kwoherereza imiti aborozi batamaze gusuzuma amatungo.

Dr Nkuranga Charles yanditse ku itariki ya: 29-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka