Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yemeza ko buri gihe cyo kwibuka, kiza kimeze nk’aho ari inshuro ya mbere, n’ubwo Abanyarwanda bamaze imyaka 24 babikora.

Perezida Kagame avuga ko Kwibuka bizahora bikorwa nk'aho ari ubwa mbere bikozwe
Perezida Kagame avuga ko Kwibuka bizahora bikorwa nk’aho ari ubwa mbere bikozwe

Perezida Kagame abihera ko kwibuka ari igihe gikomereye Abanyarwanda kubera amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabagwiririye.

Agira ati “Iyi Nshuro ni iya 24 twibuka. Ariko uko biba, bisa naho ari ku nshuro ya mbere. Kwibuka bihora ari ugutangira bundi bushya kubera ko ibyo twibuka ni kamere yacu, imiryango yacu, igihugu cyacu. Iyo twibuka, dusubira hahandi.”

Yabitangaje ubwo yatangizaga icyumweru cyo kwibuka, anashyira indabo ku rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Mata 2018.

Perezida Kagame yemeza ko kwibuka ari uguhangana n’amateka y’u Rwanda, bikaba ari nayo mpamvu iyo Abanyarwanda bibuka bakomeza guhura nayo bakongera kurebana na yo bundi bushya.

Ati “Bitwibutsa ko tutarebye neza amateka ashobora kongera kuba. Bitwibutsa kandi ko hari ibigomba gukorwa kugira ngo ayo mateka atazongera kuba.”

Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bashyira Indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bashyira Indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Gusa yongeraho ko ayo mateka yibutsa Abanyarwanda gukomeza guhangana n’abashaka kuyagoreka. Asaba Abanyarwanda gukomeza kwiyubaka no kubaka umuryango nyarwanda kandi ntibaheranwe n’ayo mateka mabi.

Yanavuze ko kujya hanze kw’amateka bituma abantu barushaho kumenya ukuri. Ati “Ukuri ni ngombwa kugushingiraho kugira ngo dutere imbere. Twibuka uko kuri, n’abatibuka baba birengagiza uko kuri. Ukuri guca mu ziko ntigushye. Ukuri guhoraho.”

Nyuma yo gushyira indabo ku rwibutso no gucana urumuri rw’icyizere ruzamara iminsi ijana, harakurikiraho urugendo rwo kwibuka n’ijoro ry’icyunamo biza kubera kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu.

Perezida Kagame acana Urumuri rw'Icyizere
Perezida Kagame acana Urumuri rw’Icyizere
Mufti w'u Rwanda Habimana Salim ni we wasengeye iki gikorwa
Mufti w’u Rwanda Habimana Salim ni we wasengeye iki gikorwa
Bafashe Umunota wo kwibuka
Bafashe Umunota wo kwibuka
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda baza gufata mu Mugongo Abanyarwanda
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda baza gufata mu Mugongo Abanyarwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka