Abegukanye ibihembo muri “Industry Night” nta n’umwe wahagaragaye

Mu gitaramo “Industry Night” cyateguwe na Miss Teta Sandra na Miss Vanessa, mu begukanye ibihembo byari biteganyijwe nta n’umwe wahagaragaye.

Igitaramo cyitabiriwe n'ubwo batari benshi bikabije.
Igitaramo cyitabiriwe n’ubwo batari benshi bikabije.

Iki gitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 28 Gicurasi 2016, cyari kigamije guhuriza hamwe abantu banyuranye bafite aho bahuriye n’imyidagaduro, abatera inkunga ibikorwa by’imyidagaduro n’abafana babo.

Hari hanateganyijwe kandi ko hari bubeho guhemba abantu b’indashyikirwa mu byiciro binyuranye bigize imyidagaduro.

Miss Teta Sandra na Miss Vanessa bateguye igitaramo Industry Night.
Miss Teta Sandra na Miss Vanessa bateguye igitaramo Industry Night.

Ku ikubitiro hahamagawe umukinnyi w’umupira w’amaguru Ernest Sugira ariko ntiyaboneka.

Uwegukanye igihembo cy’umunyamideli mwiza yabaye Dusabe Jeannine ariko nawe ntiyagaragaye mu gitaramo.

Willy Ndahiro wegukanye igihembo cy’umukinnyi wa filime mwiza nawe ntiyigeze ahagaragara.

Active ku rubyiniro.
Active ku rubyiniro.
Knowless ku rubyiniro yinjiye aherekejwe n'abafana be.
Knowless ku rubyiniro yinjiye aherekejwe n’abafana be.

Patient Bizimana niwe wegukanye igihembo cy’umuhanzi mwiza mu ndirimbo zihimbaza Imana ariko nawe ntiyabashije kuhaboneka.

Urban Boys nk’itsinda ryahawe igihembo cy’umuhanzi wabashije kugira intera ageza ku muziki Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga umwaka ushize, nabo ntibahagaragaye.

Miss Teta Sandra yavuze ko aba bose bari batumiwe kandi ko nta wigeze ababwira ko atari buboneke.

Abahanzikazi Asinah na Paccy.
Abahanzikazi Asinah na Paccy.

Gutanga ibi bihembo byagiye binyuranamo no kuririmba kw’abahanzi Charly na Nina, M One, itsinda rya Active na Knowless. Aba bahanzi bishimiwe ku buryo bugaragara.

Iki gitaramo cyaranzwe no kutubahiriza igihe ku buryo bukabije aho byari biteganyijwe ko gutambuka ku itapi itukura bitangira saa kumi n’imwe, ariko bikaza gutangira mu masambiri n’igice.

Charly na Nina nibamwe mubitabiriye igitaramo.
Charly na Nina nibamwe mubitabiriye igitaramo.

Miss Vanessa wari umushyushyarugamba yageze ku rubyiniro sayine n’iminota 22 ahamara micye ubundi aragenda.

Gahunda zongeye gusa n’izisubukuwe satanu na 15 kandi nabwo hagati ya gahunda n’indi hakanyuramo umwanya munini abantu bibaza ibigiye gukurikira.

Ku rwinjiriro rw’iki gitaramo cyabereye muri imwe mu tubari dukorera i Nyarutarama, bishyuzaga ibihumbi 10Frw ariko ntibyabujije ko ubwitabire bwagaragaye ugereranyije n’ibindi bitaramo bikozwe n’ubu buryo bikunda kubera muri Kigali.

Miss Teta Sandra na Miss D'Amour mu mwanya wo gutanga ibihembo.
Miss Teta Sandra na Miss D’Amour mu mwanya wo gutanga ibihembo.
Hari abantu b'ingeri zinyuranye.
Hari abantu b’ingeri zinyuranye.
Igitaramo cyabereye ahakikije amazi.
Igitaramo cyabereye ahakikije amazi.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

apuuuu muvane iyo myaku aho nimwe mukasira igihugu cyacu nubwo busa bwanyu.... Imana nitabare kuko birakomeye

dodos yanditse ku itariki ya: 8-06-2016  →  Musubize

kweri,uyu numuco koko?urabona umwari nako indaya zitwicira umuco wacu mwiza twarazwe na gihanga birakabije.dukwiriye kubyamagaa twivuye inyuma.

karera yanditse ku itariki ya: 4-06-2016  →  Musubize

Nishimiye icyo gitaramo cy’inkera y’Abahizi ahatangirwa ibihembo by’indashyikirwa.
Igitekerezo cyanjye ni uko mu guhemba abantu banyuranye Nagize abandi hajya habaho kubaza kuri federations bagatanga about Bantu.Mboneyeho kubabwirako ubu hari federation ya sinema,iya muzika,iy’ubugeni,iya performing art(theator) n’izindi.Hanagiyeho Rwanda Art Council/Inama Nkuru y’Abahanzi. Bisobanura ko kugira ngo ibihembo bitangwe mu kuri izo nzego zaba abafatanyabikorwa.
Amakuru ahagize y’izo nzego yashakirwa muri RALC.

Murakoze

Ahmed Harerimana
SG/Rwanda Film Federation
Tel:0783444422

Harerimana Ahmed yanditse ku itariki ya: 2-06-2016  →  Musubize

BABYEYI BABYAYE, ITERANYUMA RIKABIJE KUTWANGIRIZA URUBYIRUKO. NAWE SE MISS UGARAGAZA ISHUSHO Y’UMUCO W’IGIHUGU KE ARI GUTANGA URUHE RUGERO? NAKO NI ITERAMBERE. NI AKKUMIRO!!!!!!!!!!!!!!!!!

kagabo yanditse ku itariki ya: 1-06-2016  →  Musubize

Ese iyo aba bari bacu baje bambaye ubusa bigeze aha, harya ubu uyu ni umuco? ndebera Vanessa ukuntu yambaye, yarangiza ngo ni miss!! Reba ikanzu Paccy yambaye, imyenda yambariyeho iragaragara, reba Asinah sha ni akumiro. Ababyeyi twabyaye bizatugora kurerera imbere y’aba bari bacu b’ibyamamare, birirwa bigisha abana bacu kwiyambika ubusa.

Mhuu yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

Ahubwo badufashe bajye banerekana, byose, bashige nikimasoro bajye banagishyushya, gusa ndashima abataje kwakira ibihembo bya mashitan

juru yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

Kandi wasaga aba mbite abakobwa se oya bafite ababyeyi? Kurya Satan yari umuhanzi abana be baramukurikira pe, niyo mpamvu ibiza bitumaze nimyaku yubwo bukobwa

papi Bob yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

Aba ba miss jye sinemeranya nimyambarire yabo bambeye ubusa kbs nka miss ntakwiriye kwambara imyenda yinkoza soni

alias yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

Ndumva mu rwanda kutavugisha ukuri twarabigize umuco kandi bikunze kugaragara cyane ku bantu bamazegutera agatambwe(abastar) ariko mbona haziramo no kwiyemera ubwo c bagirango berekane ko ibyo bihembo batabikeneye? none c iyo babivuga kare abo ba Miss ntibapfushe ubusa amafaranga yabo ubusa,bajye bamenya ko umuntu ari nk’undi!

Cyuzuzo Benjamin yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

baramaze kutaza kuko nanjye sinahagarara imbere y’umuntu wambaye ubusa

NTEZIRYAYO ALPHONSE yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

aba bacyeba nabo mubitondere ejo uzumva bapfuye amafranga umuriro ubakemwo ese uriya warase amabere ye nibyo byerekana ko yahamuje hhhhhhhhh

zuzu yanditse ku itariki ya: 29-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka