Abakinnyi 16 bazahagararira u Rwanda n’ababaherekeje mu mikino y’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), basesekaye mu gihugu cy’u Bwongereza, ku kibuga mpuzamahanga cya Birmingham, ari nawo mujyi uzaberamo amarushanwa kuri iyi nshuro.
Nyuma y’uko ikipe ya Rayon Sports itangiye imyitozo ku wa 22 Nyakanga 2022, yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023, umutoza w’iyo kipe, Haringingo Christian Francis, avuga ko gahunda bafite ari ugutwara ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS), Shema Maboko Didier, avuga ko amanyanga yakorwaga mu mikino ihuza ibigo by’amashuri arangiranye n’uyu mwaka, ko utaha nta muntu uzajya akinira ishuri kubera ko ifite ikarita yaryo gusa, ahubwo agomba kuba yanditse muri sisiteme muri Minisiteri y’Uburezi.
Ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga cyayo isanzwe yitorezaho kiri mu Nzove, yitegura umwaka utaha w’imikino, abakinnyi 15 gusa akaba aribo babonetse.
Mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 ndetse n’imyaka 18 cya Handball kizabera mu Rwanda guhera mu kwezi gutaha, u Rwanda rwamenye amatsinda ruherereyemo
Ku wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, i Rabat mu gihugu cya Maroc habereye umuhango wo gutanga ibihembo ku bakinnyi n’abandi bafite aho bahuriye na ruhago ya Afurika bitwaye neza mu 2022, Sadio Mané ahiga abandi atwara igihembo ku nshuro ya kabiri.
Ku wa Gatandatu tariki 23/07/2022, hateganyijwe Inama isanzwe y’Inteko rusange ya FERWAFA, aho yitezwe na benshi kubera ibibazo bimaze muri iri shyirahamwe
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yakoze impinduka mu mu buyobozi bw’ikipe yayo y’umupira w’amaguru “Police FC”, inashyiraho Mashami Vincent nk’umutoza mukuru
Ikipe ya Rayon Sports yakoresheje ibizamini by’ubuzima abakinnyi biganjemo abashya mbere yo gutangira imyitozo kuri uyu wa Gatanu
Kigali Titans Basketball Club imaze umwaka umwe ishinzwe, yamaze kuzamuka mu kiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Flame Basketball Club imikino ibiri ku busa muri kamarampaka.
Tombola y’uko amakipe azahura muri Champions League y’abagore izakinwa hahereye mu ma zones yerekanye amatsinda amakipe arimo na AS Kigali aherereyemo
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi batatu batatu muri buri cyiciro bazahabwa ibihembo by’abahize abandi muri uyu mwaka w’imikino
Kuri ubu amakipe amwe n’amwe yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023. Mu yatangiye imyitozo harimo n’ikipe ya AS Kigali. Icyakora mu bakinnyi ifite ntabwo harimo umukinnyi Niyibizi Ramadhan itarimo kumvikana na we ku bigomba kumutangwaho ngo yerekeze muri APR FC imwifuza na we akayifuza.
Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi cyane nka KNC, yavuze ko kugeza ubu abayobozi b’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda, batazi icyo bashaka mu rwego rwo guteza imbere umupira kandi ubyara inyungu.
Rutahizamu Abubakar Lawal ukomoka muri Nigeria, yerekeje mu ikipe ya VIPERS yo muri Uganda aho yifuza kuyifasha kuyigeza mu matsinda ya CAF Champions League
Ikipe ya Police Handball Club mu bagabo ndetse na Kiziguro SS mu bagore zegukanye ibikombe bya shampiyona y’umwaka wa 2022 mu mukino wa Handball
Ikipe ya Gasogi United yamaze gutangaza abatoza bashya babiri bakomoka mu Misiri, batangaza ko intego ari ukuza mu makipe ane ya mbere
Abasore babiri b’u Rwanda, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste, nibo bagize ikipe y’Igihugu y’umukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga, izahagararira u Rwanda mu marushanwa y’abakoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth games).
Nyuma y’igihe ikipe ya FC Barcelona yifuza rutahizamu Robert Lewandowski wakiniraga ikipe ya Bayern Munich n’ibiganiro by’igihe kirekire, amakipe yombi yemeje ko yamaze kumvikana ku igurwa ry’uyu mugabo w’imyaka 33.
Ubwo ku wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2022 ikipe ya FC Barcelona yerekezaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu myiteguro y’umwaka w’imikino wa 2022-2023, iyi kipe yagiye idafite umutoza wayo mukuru Xavi Hernandez biturutse ku kuba yarabaye muri Iran.
Muri shampiyona ya Afurika ya Taekwondo iri kubera mu Rwanda, igihugu cya Maroc ni cyo cyaraye ku mwanya wa mbere mu cyiciro cya Kyorugi cyaraye gitangiye kuri uyu wa Gatandatu.
Bamwe mu bakinnyi bafite izina rikomeye ku isi mu mukino wa Taekwondo, bari mu Rwanda aho bitabiriye shampiyona ya Afurika iri kubera mu Rwanda
Kuri uyu wa Kane muri BK Arena hakinwaga umunsi wa kabiri wa Shampiyona ya Afurika ya Taekwondo, ahasojwe icyiciro cyo kwiyerekana kizwi nka Poomsae
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryakiriye abakinnyi bane bakina mu gihugu cy’u Bubiligi mu rwego rwo gukangurira abakina hanze gukinira Amavubi
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko itazakomenya n’abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Kwizera Oliver na Nizigiyimana Karim bakunda kwita Mackenzie wari umaze umwaka umwe ayigarutsemo.
Mu gihe habura iminsi itageze no kuri 30 kugira ngo mu bihugu bimwe na bimwe shampiyona z’umupira w’amaguru zitangire, amakipe yo akomeje kongera imbaraga aho babona bitagenze neza n’aho byagenze neza bakahakomeza bongeramo abakinnyi.
Rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Uganda, Musa Esenu, avuga ko nyuma yo gusozwa k’umwaka w’imikino mu Rwanda hari amakipe menshi yamuvugishije harimo nayo mu Rwanda, gusa we akavuga ko yayabwiye ko yavugana na Rayon Sports, kuko agifite amasezerano n’iyo kipe y’amabara y’ubururu n’umweru.
Mu nama yahuje FERWAFA n’abayobozi b’amakipe y’icyiciro cya mbere, bemeranyijwe ku ngengabihe y’umwaka w’imikino wa 2022/23
Ferdinand Rutikanga uzwi cyane ku kuba ari we watangije umukino w’iteramakofe mu Rwanda, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere aho bivugwa ko yaba yazize uburwayi