Sosiyete ya Sony Entertainment Group, yatangaje ko ifite gahunda yo gushora miliyoni 10 z’amadorali ya Amerika mu bigo bigitangira bifite aho bihuriye n’imyidagaduro ku mugabane wa Afurika.
Ku munsi wa kabiri w’uruzindo rwe mu Rwanda n’itsinda ayoboye, Visi Perezida wa Cuba, Salvador Antonio Valdés Mesa, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Ugushyingo 2023 yasuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside ku Nteko Ishinga Amategeko, asobanurirwa uko ingabo zahoze ari iza RPA zarwanye urugamba rwo kubohora (…)
Nyuma y’urupfu rw’abantu 3 bagwiriwe n’umukingo ku wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 i Kigali ku Muhima hepfo gato y’ahitwa kuri Peage, imirimo mu kibanza cyacukurwagamo ahazubakwa igorofa rya Greenland Plaza, yahagaze.
Bitewe n’umuco ndetse n’uburere butandukanye hari bintu bifatwa nk’ibyoroheje nyamara biri mu bigize ibyaha kandi bigahanwa n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko bwihaye umuhigo w’uko imiryango igera ku bihumbi bitanu muri ako Karere igomba gufashwa kuva mu bukene, bafashwa muri gahunda zitandukanye zibafasha kwiteza imbere.
Ni umukino watangiye nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kugwa mu Karere ka Huye, byanatumaga umupira utabasha gutembera neza kubera amazi yari ari mu kibuga.
Imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi Fuso, yavaga i Musanze yerekeza kuri Mukungwa, yagwiriye inzu isenyuka igice kimwe, iyo modoka na yo irangirika.
Abarwanyi ba M23 bakomeje gusatira umujyi wa Sake nyuma yo gufata agace ka Karenga kari ku birometero 8 uvuye mu mujyi wa Sake uri mu Burengerazuba bw’umujyi wa Goma ufatwa nk’umujyi mukuru y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iteganyagihe ryatangajwe na Meteo-Rwanda rigaragaza ko mu gice cya gatatu cy’uku kwezi k’Ugushyingo 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 30), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi cyane kurusha impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri aya matariki.
Ibikoresho bibarirwa mu gaciro k’asaga Miliyoni 65 n’ibihumbi 300 y’u Rwanda ni byo bimaze kumenyekana ko byangijwe n’inkongi y’umuriro yibasiye inzu y’igorofa ry’ubucuruzi iri muri Gare ya Musanze.
Mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya IPRC Musanze, riherereye mu Karere ka Musanze, hamuritswe Laboratwari nshya eshanu, zizajya zifashishwa mu gukarishya ubumenyi no kunoza ubushakashatsi bushingiye ku bumenyi mu by’amashanyarazi akoresha ikoranabuhanga(Electrical Automation Technology), ubucuruzi bwifashisha (…)
Mu Murenge wa Muhima mu Kagari k’Ubumwe, Umudugudu w’Isangano mu Mujyi wa Kigali, hafi y’ahakorera RSSB, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ugushyingo 2023, umukingo wagwiriye abasore bane, batatu muri bo bahasiga ubuzima, undi umwe ararokoka.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, arizeza abubaka isoko rya Gafunzo mu Murenge wa Sake bafite impungenge zo kwamburwa ko bitashoboka kuko rwiyemezamirimo adashobora kwishyurwa amafaranga yose ataragaragaza ko yishyuye abakozi n’abamuhaye ibikoresho.
Abitabiriye igitaramo cyateguwe na Chorale Christus Regnat cyaraye kibaye mu ijoro ryo ku itariki 19 Ugushyingo 2023 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali batangaje ko indirimbo zaririmbwe zabanyuze umutima ndetse ko bagize ibihe byiza byo gusabana n’Imana.
Umuhanzi Davido yatangaje ko igihe kigeze ngo umuco wa Afurika ukwirakwire ndetse umenyekane mu mpande zose z’isi, binyuze mu iserukiramuco yise (A.W.A.Y), rizajya ribera ku mugabane itandukanye.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yavuze ko atifuza igitaramo cyo guhangana we na Bruce Melodie, ahubwo hagateguwe igitaramo cyabahuza bombi bagashimisha abafana babo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha ( RIB ) rwatangaje ko rwafunze abayobozi batandatu ba Koperative y’icyayi COOTHEVM yo mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Hirya no hino mu gihugu hagenda haboneka abantu bamwe na bamwe bavuga ko bafite indangamuntu zagaragayemo amakosa, bakibaza impamvu yabyo ndetse n’igituma kuyakosora bifata igihe.
Perezida Paul Kagame yakiriye ndetse agirana ibiganiro na Visi Perezida wa Cuba Salvador Valdés Mesa n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda rugamije gushimangira umubano n’ubufatanye bisanzwe biri hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier kuri uyu wa mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 yagiranye ibiganiro na Visi Perezida wa Cuba, Salvador Valdés Mesa, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi banarebera hamwe uko wakomeza kwagurwa.
Ikipe ya Orion Basketball Club ku bufatanye n’inzego zitandukanye batangije igikorwa biyemeje cyo gutera ibiti mu turere twose tw’u Rwanda.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwakira abana 50 bakomerekeye mu ntambara ya Israel na Hamas bakajya kwitabwaho uko bikwiye.
Ibyago ni ikintu gitungurana kenshi kandi kigashengura imitima y’imiryango, inshuti n’abavandimwe. Mu bice bitandukanye by’Igihugu, abantu bagira uburyo bitwara nko kuba hari abadatabarana, kwiyegereza Imana cyane kimwe n’ababifata nk’ibisanzwe ku buryo nta gihinduka ku buzima bari basanzwe babayemo.
Ingofero ya Napoleon Bonaparte wabaye ikirangirire cyane mu mateka y’Isi, by’umwihariko mu mateka y’u Bufaransa, yagurishijwe mu cyamunara kuri Miliyoni 1.932 by’Amayero , ni ukuvuga asaga Miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bugiye kunganira ubwari busanzwe mu kohereza no kwishyura amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga nta kiguzi gitanzwe, mu rwego rwo kurushaho korohereza Abanyarwanda bakenera izo serivisi.
Abaturage batuye hagati y’umugezi w’Umuvumba n’umuhanda wa kaburimbo kuva ahahoze Banki y’abaturage kugera Barija, ntibemerewe kubaka cyangwa kuvugurura amazu yabo kuko batuye mu manegeka ndetse mu minsi micye bashobora kuhimurwa hagakorerwa ibijyanye n’ubukerarugendo.
Inyubako ikorerwamo ubucuruzi iherereye muri Gare ya Musanze, yafashwe n’inkongi, hahiramo ibintu bitandukanye.
Kimwe mu bintu bitangaje mu buzima bw’amafi ni uko yororoka, harimo kuba hari bumwe mu bwoko bw’amafi butera amagi akazituraga akavamo utwana tw’amafi mu gihe hari n’ubwoko bw’amafi abyara, ku buryo utwana tw’amafi tuva mu nda ya nyina.
Uko imyaka igenda ishira Leta y’u Rwanda igenda ivugurura amategeko amwe n’amwe bikajyana no gukuraho bimwe mu bihano ku bintu byari bigize icyaha mu gihe basanga bishobora kuba ntacyo bitwaye ku wabikoze muri sosiyete ndetse n’uwabikora aho gufungwa agacibwa amande.
Gufata ifoto mu kirahure (screen) cya telefone bita smart phones, ni ibintu biri rusange ku bazitunze bitewe n’ubwoko bwazo, n’ubwo hari abo usanga batabizi. Hari rero n’uburyo n’uburyo butandukanye ushobora kwifashisha ugafata ifoto iri muri screen ya mudasobwa, yaba igendanwa (laptop) cyangwa isanzwe (desktop).
Bamwe mu baturage bakoresha amavomo rusange, barishimira ko kuvoma bakoresheje ikoranabuhanga rya mubazi, byabakijije kubyigana mu gihe cyo kuvoma, nk’uko byakorwaga mbere bataragezwaho za mubazi.
Abantu bakunze kugira ububare mu ngingo cyane cyane mu mavi, mu tugombambari, no mu magufa yo mu rukenyerero, bakunze kubiterwa n’impamvu zitandukanye, harimo kugira ibiro by’umurengera, kunywa itabi, ibyo umuntu akunze kurya kenshi, uruhererekane rwo mu muryango (by’umwihariko mu bujana no mu ivi) ndetse n’ubwoko bw’akazi (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ku mugezi wa Sebeya hagiye kubakwa inkuta n’ibiraro bizafasha amazi kugenda adasenyeye abaturage.
Umukecuru Adèle Madamu w’imyaka 92, utuye mu Mudugudu w’Agacyamu, Akagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, ahangayikishijwe n’uko asabwa kwishyura inzu yubatswe ku butaka bwe.
Ikipe ya Police VC yo mu Rwanda na Pipeline yo muri Kenya ni zo zegukanye irushanwa ry’akarere ka Gatanu ryari rimaze icyumweri ribera muri BK Arena mu Rwanda
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) cyatangiye gushyigikira gahunda yo guhinga ndetse no gukwirakwiza imigano ishobora kwifashishwa mu bwubatsi.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), iratangaza ko hagiye gukorwa ibarura ry’abafite ubumuga mu Gihugu hose, hiyongereyeho n’abana bari munsi y’imyaka itanu bavukanye ubumuga kuko mbere batabarurwaga.
Umugabo wo mu Butaliyani witwa Dimitri Fricano, yari yahanishijwe igihano cyo gufungwa imyaka 30 muri gereza, nyuma y’uko ahamijwe n’urukiko kuba ari we wishe umukobwa bakundanaga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) kiratangaza ko nyuma yo gusohoka kw’itegeko rishya rigenga amakoperative, hari kuganirwa uko azashyirwa mu byiciro hakurikijwe imikorere n’imiterere yayo.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Sitting Volleyball yegukanye umwanya wa karindwi mu mikino y’Igikombe cy’Isi cyaberaga mu Misiri.
Abitwa Imboni z’impinduka zigizwe n’urubyiruko rwanyuze mu bigo by’igororamuco, bashimiwe uko bakoresheje ubufasha bw’amafaranga bahawe, kugira ngo abafashe mu bikorwa byo kwiteza imbere.
Bivugwa ko umuntu afite indwara y’amaso aturumbutse cyangwa ‘Exophtalmie’ iyo ijisho rye rimwe cyangwa se amaso yombi ava mu mwanya wayo usanzwe ukabona yaje imbere cyane ku buryo budasanzwe, akenshi bitewe no kubyimba kw’imikaya (muscles), n’ibindi bigize igice cy’inyuma y’ijisho.
Hirya no hino mu mijyi uhasanga abana benshi bafite ikibazo cyo kwirirwa bagendagenda mu mujyi bifashishwa n’abantu bakuru. Muri abo bana haba harimo n’abayoboye umuntu ufite ubumuga bwo kutabona mu bikorwa byo gusabiriza ibyo bikorwa bikababuza uburenganzira bwabo no guhabwa uburere n’uburezi mu mashuri.
Abahinzi b’urusenda n’ibitunguru mu Turere twa Rubavu, Rulindo, Nyagatare na Bugesera bagiye gutandukana n’igihombo baterwaga no kubura isoko ry’umusaruro bakagurisha umusaruro wabo ku kiguzi gito.
Ku itariki 17 Ugushyingo 2023, ku irimbi rya Kagugu riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, habereye gahunda yo guha umugisha imva ziruhukiyemo imibiri y’urubyiruko rwitabye Imana mu bihe bitandukanye.
Abanyeshuri 8,321 basoje amasomo mu byiciro binyuranye muri Kaminuza y’u Rwanda, tariki 17 Ugushyingo 2023, bashyikirijwe impamyabumenyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Twagirayezu Gaspard, abibutsa ko umuvuduko w’iterambere ukeneye umusanzu wabo, kandi kubigeraho bisaba guhora bashishikariye ubushakshatsi no kuvumbura ibishya.
Mu bakandika babiri bari bahataniye umwanya wa Perezida wa Liberia, Joseph Boakai ni we wagize amajwi menshi, atsinda umukandida mugenzi we George Weah wari usoje manda ye.
Ku biyaga n’imigezi imwe n’imwe yo hirya no hino mu Gihugu, hashyizwe ibyuma by’ikoranabuhanga bipima uko amazi yiyongera cyanga agabanuka, bigatanga amakuru buri minota 15 ku Kigo cy’Igihugu gishwe imicungire y’amazi (RWB), ku buryo umugezi ugiye kuzura ukaba wateza ibyago abawuturiye, bamenyeshwa mbere bagahunga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare, barifuza ko habaho itegeko risaba umuryango w’uwahohoteye umwana akamutera inda , gufasha uwo mwana wavutse ndetse bakamurerana na nyina kugira ngo babarinde kugira imibereho mibi.
Adam Bradford ni Umwongereza w’umushoramari uba mu Rwanda, akaba yemeza ko ari uburyarya cyangwa se kwirengagiza ukuri, kuba umuntu yavuga ko mu Rwanda ari ahantu hatari umutekano wizewe.