Muri Tanzania, mu bitaro bikuru bya Dodoma, batangiye kubyaza Gaz yo gutekesha ingobyi cyangwa se iza nyuma z’ababyeyi babyarira muri ibyo bitaro, mu gihe ubundi zatezaga ibibazo bitandukanye yaba ku bashinzwe isuku muri ibyo bitaro ndetse no kubaturiye ibyo bitaro kubera umunuko ukabije wazamukaga iyo aho bazijugunya huzuraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangiye umushinga wo kubaka inyubako nshya y’ibiro by’Akarere, dore ko aho gakorera hafatwa nko mu manegeka.
Abantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe i Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bose bakurwamo bapfuye.
Mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Ngarama mu Kagari ka Ngarama, mu Mudugudu wa Kabeho, kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ugushyingo 2023, habereye impanuka y’imodoka ya Coaster yagonze moto n’abatwara abagenzi ku magare, abantu babiri bahita bapfa abandi batanu barakomereka.
U Rwanda ruritegura kwakira icyambu cya Rubavu kirimo kubakwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, icyambu kizateza imbere ubuhahirane bw’uturere dutanu tugize Intara y’Iburengerazuba na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane ikirwa cy’Ijwi n’umujyi wa Goma.
Bimwe mu bibazo byagaragajwe n’abafite ubumuga bwo kutabona, ni uko bagihura n’imbogamizi z’abantu bamwe na bamwe bataramenya Inkoni yera bitwaza bigatuma babahutaza, kuko baba batitwararitse ngo bamenye ko uyitwaje afite ubumuga bwo kutabona.
Kenshi iyo umuntu agiye kwivuza aribwa umutwe, mu bibazo muganga amubaza harimo n’ikigira kiti ‘ukubabaza ahagana he, ukurira he?’
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha, avuga ko hakiri urujijo ku gutandukanya ibyo abavuzi gakondo bemerewe kwamamaza mu bitangazamakuru n’ibyo batemerewe, kuko akenshi bitwaza inyunganiramirire bakaba bavuga n’ibindi bishobora kuba bitemewe.
Inyubako 39 zifite ubuso bwa meterokare ibihumbi 80, ni zo Leta ikodeshereza inzego zayo ku mafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari cumi n’esheshatu ku mwaka. Nubwo Leta ikodesha izo nyubako zose, ariko hirya no hino mu gihugu hari inyubako za Leta zigera ku 1025 zidakoreshwa ngo zibyazwe umusaruro.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ko amanota y’ibizamini ngiro bikorwa n’abanyeshuri biga Siyansi barangiza amashuri yisumbuye agiye kujya ashingirwa ku mishinga bakoze.
Umugaba mukuru w’ingabo za Burkina Faso, Brig Gen Célestin SIMPORE n’intumwa ayoboye, yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irishimira intambwe imaze guterwa mu buvuzi bw’amaso, nyuma yo gutangiza umushinga wo kuvura no gukora ubukangurambaga ku burwayi bw’amaso.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko abantu badakwiye guheranwa n’ibihe by’agahinda n’ibibatandukanya by’amateka y’ahahise, ahubwo hakibandwa ku bifitiye abaturage akamaro mu gihe kizaza.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2023, CG Rtd Emmanuel Gasana wahoze ari guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yaburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo maze ubushinjacyaha bumusabira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera uburemere bw’ibyaha akekwaho, kwica iperereza no kuba yatoroka Igihugu.
Umuhanzi Nizzo wahoze mu itsinda rya Urban Boyz rikaza gutandukana yatangaje ko we na bagenzi be bari mu biganiro byo kongera kugarura itsinda ryakunzwe na benshi.
Aborozi batandukanye bavuga ko kugezwaho inkingo n’intanga by’amatungo hakoreshejwe Drones (utudege duto tutagira abapilote), byabakemuriye ibibazo bahuraga nabyo birimo gutinda kubibona.
Noel Portnow wahoze ari umuyobozi wa Grammy Awards, yarezwe mu rukiko ibyaha byo gufata ku ngufu umwe mu bahanzikazi, nyuma yo kumunywesha ibiyobyabwenge mu 2018.
Ikigo gishinzwe amasoko ya Leta (Rwanda Public Procurement Authority/RPPA) kirizeza abaturage bakoreraga ba rwiyemezamirimo ntibabahembe, ko bitazongera kubaho kuko nibatishyurwa, uwahaye uwo rwiyemezamirimo isoko ari we uzabihembera.
Abantu babarirwa mu bihumbi 30 bo mu Karere ka Muhanga bagiye guhabwa telefone zigezweho, kuri nkunganire y’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, aho azishyurira amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 45 kuri buri wese uyifuza.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), John Mirenge, yakiriye abahagarariye umuryango w’Abanyarwanda batuye i Abu Dhabi muri icyo gihugu, abasaba gukomeza guharanira gusigasira isura nziza y’u Rwanda.
Ubushinjacyaha bwasabiye CG (Rtd) Emmanuel Gasana gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, nyuma yo kwemeza ko kubera ibyaha akurikiranyweho ashobora gutoroka cyangwa gusibanganya ibimenyetso.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangarije abitabiriye inama y’Ishoramari ku Mugabane wa Afurika, uko u Rwanda rwashyizeho amahirwe n’uburyo bwo korohereza abifuza kurushoramo imari.
Urukiko rwemeje ko Ikirego cy’Ubushinjacyaha nta shingiro gifite, rwemeza ko Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown ari umwere ku cyaha cyo gusambanya no gutera inda umukobwa wahawe kode ya M.J.
Abanditsi b’ibitabo mu Rwanda bavuga ko ubushobozi buke bwo kutagira amafaranga ahagije ndetse n’ikoranabuhanga, biri mu bituma badatera imbere babikesha ubwanditsi bwabo.
Umugabo umwe yarashwe arapfa mu gace k’Amajyaruguru ya Bauchi muri Nigeria, mu gihe yarimo kugeragerezwaho umuti urinda abantu kuruswa ‘umuti w’imbunda’, bikaba byakozwe n’umuvuzi gakondo.
Ahagana saa sita z’amanywa ku isaha yo mu Rwanda, ku wa kane tariki 9 Ugushyingo 2023, ubwo iburanisha ryari rimaze akanya ritangiye, Pierre Basabose yaje mu Rukiko rwa Rubanda rwo mu Bubiligi, kumva ibyaha bya Jenoside ashinjwa, aho yagenderaga ku mbago imwe mu gihe yagenderaga kuri ebyiri kubera uburwayi.
Uwahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Rtd Emmanuel Gasana, yamaze kugera mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kugira ngo aburane ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Nyuma y’igihe gito umuyobozi w’ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco, Rutangarwamaboko Modeste Nzayisenga, atangaje ko yateguye umuhango wo kubandwa n’igitaramo cy’imandwa, byari biteganyijwe kuba ku itariki 10 Ugushyingo 2023, bikabera ahakorera iki kigo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, ko icyo gitaramo (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Burkina Faso, Brig Gen Célestin Simpore n’intumwa ayoboye, bari mu Rwanda mu ruzinduko rwatangiye kuva ku wa Kane tariki 9 kugeza ku ya 11 Ugushyingo 2023.
Perezida Paul Kagame yageze i Riyadh aho yitabiriye itangizwa ry’inama ihuza Arabia Saoudite na Afurika, iteganyinjwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ugushyingo 2022.
Abahagarariye ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza muri Uganda, batanze umuburo ku baturage babo bazitabira iserukiramuco rya Nyege Nyege, kwigengesera kubera kwikanga ibitero by’iterabwoba bishobora kwibasira Umujyi wa Kampala.
U Rwanda ni cyo Gihugu cya mbere muri Afurika kigiye kwakira umuhango wo gutangiza inama, ihuza abantu 100 bavuga rikumvikana, n’itangwa ry’ibihembo ku bakoze ibikorwa by’indashyikirwa ku rwego rwa Afurika, bizwi nka ‘TIME100 Summit and Impact Awards Africa’.
Mu Bushinwa, mu Mujyi wa Shangai, abashinzwe kurinda umutekano muri rimwe mu maduka manini ‘Shopping malls’, batahuye umugabo bivugwa ko yari amaze amezi atandatu yibera munsi ya escaliers (ingazi) z’iryo duka nta muntu uramubona.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2023, saa tatu za mu gitondo, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, ruraburanisha uwahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana, ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo.
Nyuma yo gusoza shampiyona y’umwaka wa 2023, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, ku bufatanye n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Zmahoro (RRA), bateguye irushanwa ryo gushimira abasora.
Uwitonze Valens, umukozi wa RSB wafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya Miliyoni 25Frw, kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Ugushyingo 2023, yitabye urukiko aburana ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo ku byaha aregwa, Ubushinjacyaha bumusabira gufungwa by’agateganyo.
Umuhanzikazi ukomoka muri Nigeria, Yemi Eberechi Alade, yavuze ko nta gitutu afite cyo gukora ubukwe, ndetse agira inama abandi bakobwa kujya babanza kwitonda bagahitamo neza uwo bagiye kubana aho kwirukira gukora ubukwe.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwategetse ko Ntibansekeye Léodomir, Umukozi w’Akarere ka Musanze ushinzwe ibikoresho (Logistic Officer) ukekwaho icyaha cyo gutesha agaciro Urwibutso rw’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, arekurwa agakurikiranwa adafunzwe.
Abikorera mu Karere ka Rubavu bafite amahoteli n’ibikorwa byakira ba mukerarugendo, batangaza ko umutekano mucye ubarizwa mu Burasirazuba bwa Congo wagize ingaruka ku bikorwa byabo, harimo kugabanuka kw’ababagenderera no kongera ibirarane muri Banki bafitemo inguzanyo.
Mu gihe hari abarangiza amashuri usanga bamara igihe kirekire batarabona akazi, nyamara hari amakampani na yo avuga ko yabuze abakozi, hari abatekereza ko gushinga amakampani ku banyeshuri bakiga ndetse no kwemera kwimenyereza umwuga no mu bigo biciriritse, byagira uruhare mu gukemura iki kibazo.
Turi ku munsi wa 28 nyuma y’uko Ishimwe Dieudone uzwi nka Prince Kid akatiwe n’urukiko rukuru igihano cyo gufungwa imyaka 5.
Ayo makuru yemejwe na Minisiteri y’Umutekano ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, ashimangira ibyari byatangajwe mbere n’uwo mutwe w’inyeshyamba ukorana bya hafi n’igihugu cya Iran.
Polisi y’u Rwanda yavuze ko abantu bajya mu byumba by’amasengesho, bagasenga bagasakuza cyane na bo barebwa n’ingingo ya 600 y’igitabo cy’amategeko ahana, ingingo ya 37 y’itegeko rirengera ibidukikikije, zisobanura kandi zigahana abateza urusaku n’induru, haba ku manywa cyangwa nijoro, inavuga kandi ko atari byiza gusengera (…)
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka ushize w’ingengo y’imari igaragaza ko amafaranga angana na miliyari eshatu na miliyoni 200 yanyerejwe, andi akoreshwa nabi. Ni amafaranga menshi yari gukorwamo imishinga y’iterambere ifatika kandi ikazamura Abaturarwanda iyo aramuka akoreshejwe icyo yagenewe.
Mu Rwanda hari ibyanya bitandukanye bibonekamo urusobe rw’ibinyabuzima bisigaye hakeya ku isi. Hari ibyanya bimaze kwemerwa ku rwego rw’Isi, nka Pariki y’Ibirunga na Pariki ya Gishwati-Mukura.
Mu gihe bakomeje kwitegura igikombe cy’Isi cya Sitting Volley 2023 mu Misiri, umutoza w’amakipe y’u Rwanda n’abakinnyi bavuga ko biteguye kuyitwaramo neza cyane, bakurikije imyiteguro bagiriye i Port Said.
Leta yatangaje ingamba zo guhangana n’ikibazo cy’inyubako zayo 1000, ziri hirya no hino mu Gihugu ariko zidakoreshwa. Ni ingamba zitezweho gukemura ikibazo cy’ubukode bw’ahatangirwa serivisi za Leta kuri ubu buyitwara agera kuri Miliyari 12 ku mwaka, nyamara hari zimwe muri izo nyubako zakoreshwa aho gukodesha izindi.
Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco burahamagarira abahanzi kuvoma mu bukungu bw’umuco n’umurange nyarwanda, kugira ngo bifashe ibihangano byabo kurushaho kugira umwimerere Nyarwanda.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Thiery B. Murangira, yatangaje ko uwitwa Gasore Pacifique uzwi ku izina rya Yaka Mwana afunze, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukomeretsa umuntu ku bushake.
Ikipe ya REG VC yamaze kongeramo imbaraga mu bakinnyi, nyuma y’aho yari yatakaje abakinnyi yagenderagaho harimo aberekeje muri Kepler University