Kamonyi: Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakanguriwe kuzigamira ejo hazaza

Mu mahugurwa y’iminsi ibiri agamije kongerera ubumenyi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, basabwe kugira umuco wo kuzigama kugira ngo barusheho kugira imibereho myiza, maze bateze igihugu cyabo imbere.

Uwineza Claudine, Komiseri w’ubukungu mu muryango FPR Inkotanyi mu kiganiro yatanze kirebana n’iterambere ry’ubukungu yavuze ko ari inshingano za buri munyarwanda wese kumva ko akwiye gutekereza hakiri kare ku mibereho y’ejo hazaza.

Ngo kubagifite imyumvire itajyanye n’igihe arabasaba kuyihindura bakitabira gahunda yo kuzigama, aho agira ati “kuzigama ntibisaba ubushobozi burenze cyangwa kumva ko umuntu azigama ibyo ashigaje mu byo yari akeneye”.

Abitabiriye amahugurwa ya FPR mu karere ka Kamonyi.
Abitabiriye amahugurwa ya FPR mu karere ka Kamonyi.

Akomeza ashimangira ko abanyarwanda bagomba kugira imyumvire yimbitse, kwizigamira bikaba mu muco wabo kandi buri wese akabikora mu bushobozi bwe igihe cyose; hakibandwa ku kugana amabanki no gutekereza ku mishinga irambye.

Abitabiriye aya mahugurwa bemeza ko kuzigama aribyo shingiro ry’iterambere ry’umuntu ku giti cye ndetse n’gihugu; nk’uko Mucundanyi Robert, umwe mu bitabiriye aya mahugurwa abivuga. Ngo biyemeje kwimika umuco wo kuzigama no gukangurira bagenzi babo kubikora kugira ngo imibereho ya bo igire icyerekezo.

Abayobozi mu muryango FPR batanze ibiganiro.
Abayobozi mu muryango FPR batanze ibiganiro.

Aya mahugurwa yabaye tariki 19 na 20 Nyakanga 2014, agamije gufasha abanyamuryango gusobanukirwa n’icyerecyezo cy’igihugu , ukuriye umuryango ku rwego rw’akarere ka kamonyi Rutsinga Jacques akaba avuga ko bizeye ko amahugurwa yabafashije gusobanukirwa politiki y’igihugu n’amahame y’umuryango bityo bakarushaho gutera imbere no kwimakaza imiyoborere myiza.

Ibi biganiro byitabiriwe n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bahagarariye abandi ku rwego rw’Akarere n’Umurenge mu rwego rwo gusangiza abanyamuryango inyigisho zigamije kwimakaza amahame y’Umuryango n’indangagaciro zibereye umunyarwanda.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

fpr wowe moteri y;igihugu, komeza udutware aheza kandi turagukunda

mutijima yanditse ku itariki ya: 21-07-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka