Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko ibibazo by’ubutaka bakira muri iyi minsi ari ibishingiye ku miryango n’abaturanyi baba bapfa imbibi, atari abantu runaka bigabiza ubutaka bw’abandi, hakaba harashyizweho itsinda ryo kubikemura.
Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane muri Kenya, avuga ko urubyiruko rukoresha urubuga rwa TikTok ari abantu bavumwe, akazi bakora gusa kakaba ari ugusakuza ku mbuga nkoranyambaga. Uwo muvugabutumwa yavuze ko ubundi urubyiruko cyangwa abato batagombye gupfa kare, kubera ko Imana itwara abakuze gusa.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’ukwezi kwa Mata 2024, rigaragaza ko igice cy’uburengerazuba bw’Igihugu ari cyo kizagwamo imvura iri hejuru gato y’isanzwe iboneka mu mezi ya Mata, ahandi hakazagwa isanzwe.
Ambasaderi Monique Mukaruliza wabaye Minisitiri w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda (MINEAC), akanayobora inzego zitandukanye, yitabye Imana aguye mu Bubiligi ku wa Gatandatu tariki 30 Werurwe 2024, aho yari amaze iminsi mike arwariye.
Ubushakashatsi bwa CRC2023 ku uko abaturage babona serivisi bahabwa mu nzego z’ibanze bugaragaza ko abaturage bakinubira serivisi bahabwa ku rwego rw’Umurenge muri serivisi y’ubuvuzi bw’amatungu, ubuhinzi n’ubworozi ndetse no mu biro bishinzwe ubutaka.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya Rayon Sports yasuye Mukura VS iyitsindira igitego 1-0 kuri stade Mpuzamahanga ya Huye ikomeza kuba mukeba APR FC guhabwa igikombe yashoboraga gutwara muri izi mpera z’icyumweru.
Icyegeranyo cy’Ikigo Mpuzamahanga cyitwa Z/Yen giheruka gusohoka tariki 21 Werurwe 2024, cyagaragaje ko Umurwa Mukuru w’u Rwanda Kigali wageze ku mwanya wa 67 ku Isi, mu bicumbi 121 by’Imari byakoreweho ubwo bushakashatsi.
Mu ntangiro za 2024, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), cyatangiye ingendo mu mashuri makuru y’ubumenyingiro (IPRC), no mu mashuri makuru yigenga y’Ubumenyingiro, hagamijwe guhugura abanyeshuri uburyo imitungo yabo mu by’ubwenge yasigasirwa ikarushaho kubagirira akamaro.
Kuri uyu wa Gatandatu,Ikipe ya Mukura VS yasinye amasezerano y’ubufatanye na Hoteli Light House izajya iyiha miliyoni 35 Frw ku mwaka ndetse n’ibindi bitandukanye.
Clémentine Uwera utuye i Bukomeye mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, ubu ni umuhinzi w’amashaza ushakishwa n’abacuruzi mu Mpeshyi, nyamara ngo yigeze kujya arya ari uko avuye guca inshuro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), binyuze mu makuru yagiye atangwa n’abaturage muri 2023, bwagaragaje uko abaturage bashima serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere.
Ibikoresho binyuranye dukenera muri iki gihe, ibyinshi bifite ibyo twakwita nk’abakurambere babyo kuko hari ibyo usanga byarahinduye isura burundu, ibindi ndetse ntibyongere gukorwa ahubwo bigasimbuzwa ibindi uko ibihe bigenda bisimburana.
Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yarokotse impanuka y’imodoka mu ijoro ryakeye, agonganye n’umuntu wari utwaye imodoka kandi yasinze, maze abo mu ishyaka rya Politiki aherutse gushinga, batangira gushinja ishyaka rya ANC riri ku butegetsi kuba ryagize uruhare muri iyo mpanuka.
Abashakashatsi bavuga ko hari ibinyabuzima nk’amafi, inyogaruzi, urukangaga n’ibindi byahoze mu gishanga cya Migina no mu cyogogo cy’uwo mugezi mu Turere twa Gisagara, Nyaruguru na Huye, byacitse kubera iyangirika n’ihumana ry’amazi, bagasanga bike bisigaye byabungabungwa bikongera kugwira kuko bifite akamaro gakomeye.
Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Byabihu, nyuma yo gushyikirizwa ibikoresho byifashishwa mu kwanikaho umusaruro w’ibigori n’ibishyimbo, bavuga ko bigiye kubafasha kurushaho kuwubungabunga no kuwurinda kwangirika, bityo ireme n’ubwinshi bwawo birusheho kuba ibifatika.
Abagore bo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi banywaga inzoga nyinshi, baratangaza ko byabangirizaga ubuzima bw’imiryango yabo, kuko barangwagwa n’urugomo n’amakimbirane mu miryango yabo iterambere ryayo rikadindira.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hakenewe gukuba kabiri ubwanikiro bafite hagamijwe gufata neza umusaruro, kuko ubuhari ubu bufite ubushobozi bwo kumisha nibura 30% by’umusaruro wose uboneka mu gihembwe kimwe cy’ihinga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha, avuga ko mu mavugurura bateganya harimo no kuzajya batanga amakarita agaragaza ibyiciro by’abanyamakuru.
Ku wa Kane tariki ya 28 Werurwe 2024, abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) bambitswe imidali y’ishimwe.
Ibitaro bya nyanza byatangije gahunda yiswe Agaseke k’urukundo igamije gufasha abarwayi batishoboye bagana ibitaro, bakabura ubushobozi bwo kwishyura imiti n’ibindi bikenerwa kwa muganga.
Ubuyobozi bukuru bwa Koperative Muganga SACCO buratangaza ko bwagize inyungu y’arenga Miliyoni 80 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka ushize wa 2023, avuye kuri Miliyoni zirenga gato 30 bungutse muri 2022.
Uwa Gatanu Mutagatifu ni umwe mu minsi mitagatifu itegura Pasika (Izuka rya Yezu), uri no mu minsi y’ikiruhuko (congé) igenwa na Leta. Mu guhimbaza uwo munsi, usanga bamwe mu bakirisitu by’umwihariko abasengera muri Kiliziya Gatolika, biyiriza, abo binaniye bakarya andi mafunguro ariko bakirinda inyama.
Muri Amerika, umwe mu mpanga zifatanye zizwi cyane nka Abby Hensel na Brittany Hensel, yashatse umugabo mu 2021, ariko amakuru akomeza kugirwa ibanga kugeza ubwo yashyizwe hanze vuba aha n’Ikinyamakuru cyo muri Amerika cyitwa Today.
Amadini n’amatorero akorera mu Karere ka Rubavu, yasabwe kugabanya urusaku nk’uko biteganywa n’itegeko rya Minisitiri w’ibidukikije ryashyizweho mu 2023.
Minisiteri y’Ubutabera iratangaza ko hagiye kurebwa uko Kaminuza yigisha iby’amategko mu Rwanda, ILPD, yanatangira kwigisha hifashishijwe iya kure (Online) kugira ngo serivisi itanga zirusheho kugera kuri benshi babyifuza.
Mu biganiro byahuje abanyamakuru n’abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo, hakomojwe ku bayobozi banga kwitaba abanyamakuru no ku banyamakuru bakora nabi, Guverineri w’iyo Ntara, Alice Kayitesi, yibutsa abayobozi ko gutanga amakuru ari inshingano zabo.
Ku wa 28 Werurwe 2024, ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yerekanye aho izajya ikorera hashya i Nyamirambo ahazwi nka Maison Tresor ndetse inashyiraho umukozi uhoraho wo gucunga ubuzima bwa buri munsi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Werurwe 2024, saa mbili z’umugoroba (20:00) muri LDK harakinwa umunsi wa 21 muri shampiyona ya Basketball mu Rwanda aho ikipe ya REG BBC yakira ikipe ya APR BBC, umukino ufite igisobanuro gikomeye ku makipe yombi muri iyi shampiyona.
Umumenyi mu idini ya Islam, Sheikh Ashraf Ndayisenga, yasobanuye byinshi ku gisibo gikorwa n’Abayisilamu nk’imwe mu nkingi z’idini ya Islam, n’abategekwa kugikora ndetse n’abatagomba kugikora, ndetse n’impamvu umubare w’Abayisilamu bakangukira ibyo kujya mu Musigiti mu gisibo wiyongera, bikagira inyungu no ku batari Abayisilamu.
Muri Afurika y’Epfo, bisi yakoze impanuka ihanuka hejuru y’ikiraro nyuma ihita ifatwa n’inkongi, mu Majyaruguru y’Intara ya Limpopo yica abantu 45, harokoka umwana w’umukobwa umwe w’imyaka umunani (8) wenyine, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe ibijyanye n’ubwikorezi muri icyo gihugu.
Hari ubwo akenshi usanga umuturage atunze telefone, ariko akajya gusaba serivisi zitandukanye, mu gihe iyo telefoni yakagombye kumufasha kwiha izo serivisi adatakaje umwanya.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), ivuga ko abagore bakiri bake mu mirimo y’ikoranabuhanga ariko ko harimo gushyirwa imbaraga mu bikorwa bitandukanye bigamije kuzamura ubushobozi bwabo.
Polisi yo mu Mujyi wa Baltimore, Maryland muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko bamaze kuvana imirambo ibiri mu mazi nyuma y’impanuka y’ubwato butwara imizigo bwabuze amashanyarazi bukagonga ikiraro cyitiriwe Francis Scott Key mu rukerera ku wa Kabiri kigahanukana n’imodoka n’abantu.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Donat Ndamage, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu Mujyi wa Mocimboa da Praia. Ni uruzinduko rw’umunsi umwe yakoreye ku cyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda mu Mujyi wa Mocimboa da Praia ku itariki 27 Werurwe 2024.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze, rusanga igihe kikeze ngo rureke kujenjekera umuntu wese wahirahira ahungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda n’abakigoreka amateka y’u Rwanda, nk’intwaro yarufasha gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside n’abifuriza Igihugu gusubira mu mateka mabi cyanyuzemo.
Musenyeri Joel Waweru w’Itorero rya ACK Emmanuel ry’ahitwa Bahati-Nairobi, yanenze Abanya-Kenya bahimba izina Perezida William Ruto bamwita Zakayo, avuga ko biteye isoni.
Ubuyobozi bw’Ikigega RNIT Iterambere, bwatangaje ko umutungo w’iki kigega wageze kuri Miliyari zirenga 41 z’Amafaranga y’u Rwanda muri 2023, uvuye kuri Miliyari zirenga 28 wariho muri 2022.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yaganiriye n’ikinyamakuru ’The Africa Report’, agaruka ku ngingo zitandukanye zirimo intambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), uwamusimbura uko yaba ameze, ku bimukira no ku banenga ubutegetsi bwe, akaba yakomoje kuri Ingabire Victoire ushaka kwiyamamariza kuyobora (…)
Ibigo bigize BK Group ari byo Banki ya Kigali, BK Insurance, BK Capital na BK TechHouse, byishimiye inyungu yabonetse mu mwaka ushize wa 2023, irenga amafaranga y’u Rwanda Miliyari 74 na Miliyoni 800.
Ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, hakinwaga umunsi wa 20 muri shampiona y’icyiciro cya mbere muri basketball, amakipe ya Kepler, APR, UGB ndetse na Orion zitwara neza zitsinda imikino yazo, Inspired Generation yuzuza imikino umunani itaratsinda.
Ikigo gikora ubushakashatsi kuri gahunda zitandukanye za Leta (IPAR Rwanda), kigaragaza ko mu bushakashatsi cyakoze, byagaragaye ko abagore ari bo bakora amasaha menshi kurusha abagabo.
Uyu mwaka wa 2024, Akarere ka Burera kawutangiranye n’agashya kiswe ‘Duhari ku bwanyu’, mu kurushaho kwegera abaturage mu rwego rwo kubakemurira ibibazo no kubasobanurira uruhare rwabo mu bibakorerwa, n’uruhare rwabo mu ishyirwa mu bikorwa ryabyo.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Ubwiteganyirije mu Rwanda (RSSB), bwatangaje ko umusanzu w’abanyamuryango wageze kuri Miliyari 191 mu gihembwe cya mbere cy’Ingengo y’Imari ya 2023/2024, bingana n’inyongera ya 10% ugereranyije no mu gihe kimwe cy’umwaka wawubanjirije.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangaje ko rugiye kuzana uburyo bushya buzatuma igihe umukozi atatangiwe imisanzu abimenya mu rwego rwo kurushaho kubafasha kugira ngo bakurikirane uko abakoresha babo babatangira iyo misanzu.
Ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, Banki ya Kigali yatangije gahunda yayo nshya yise ‘Nanjye Ni BK’, izafasha abakiriya bayo bo mu byiciro bitandukanye, guhera ku bafite amikoro macye kugeza ku bari mu cyiciro cyo hejuru, kubona serivisi nyinshi kandi biboroheye.
Mu ijoro ryakeye rishyira uyu wa Kane, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yagarutse i Kigali ivuye mu mikino ya gicuti ibiri yabereye muri Madagascar.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko abatarwa Moto za Spiro zizwi nka Commando zikoresha umuriro w’amashanyarazi, bavuga ko bahangayikishijwe n’amafaranga bacibwa agenewe gufata bateri bakazihabwa zituze umuriro, ubundi bakabwirwa ko batishyuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi, hagiye kubakwa sitasiyo ntoya (Substation), y’amashanyarazi mu gihe cya vuba.
Umuhanzi wo muri Uganda, Edrisah Kenzo Musuuza, wamamaye nka Eddy Kenzo, yavuze ko adakundana na Minisitiri ushinzwe ibyerekeranye n’Ingufu muri icyo gihugu, Phiona Nyamutoro, bitandukanye n’ibyo abantu bamaze iminsi bavuga.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (The Bible Society of Rwanda-BSR) uravuga ko imyiteguro y’igitaramo ‘Ewangelia Easter Celebration’ igeze kure. Ni igitaramo kizaba ku Cyumweru tariki 31 Werurwe 2024, kikazabera muri BK Arena.