Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ko inzego zisabwa gushyiraho amabwiriza ngengamyitwarire ku bakozi n’abakoresha, nka bumwe mu buryo bwo kurwanya ruswa ishingiye ku gitsina.
Ikipe ya Gisagara volleyball club yamaze guhagarika umutoza wayo Nyirimana Fidele igihe kingana n’iminsi umunani y’akazi ataboneka mu bikorwa bya buri munsi by’ikipe.
Umuryango w’abanyamakuru baharanira iterambere rirambye (Rwanda Journalists for Sustainable Development- RJSD), watangije gahunda zo kurwanya ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe hifashijwe inyandiko n’itangazamakuru.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ukwakira 2022, yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santrafurika, Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Mu nama yahuje ibihugu cyane cyane ibyo ku Mugabane w’Afurika, yiga ku bijyanye n’ubumenyi ku ikoranabuhanga, ikaba yarateguwe n’ikigo ICDL, gitanga amahugurwa ku bijyanye n’ikoranabuhanga, Minisitiri w’u Rwanda w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko uwo ari umwanya wo kugana ku kwesa imihigo bafite mu (…)
Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda rigizwe n’umubare munini w’abapolisikazi (RWAFPU-3), riri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), ku wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, ryatanze inkunga y’ibiribwa, imyambaro ndetse n’ibikoresho by’isuku ku kigo cy’abana b’imfubyi giherereye mu murwa mukuru Juba.
Intoryi kimwe n’ibibiringanya bihuje akamaro, ni rumwe mu mboga zititabwaho cyane kandi nyamara zifite intungamubiri nyinshi, ndetse usanga hari abazisuzugura bibwira ko ari imboga z’abadafite amikoro.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe Umujyanama mu Karere ka Rulindo, abagize Inama Njyanama y’ako karere bahaye imiryango 17 itari ifite isakaro amabati 442, aho buri muryango wagenewe 26.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Ruhango ziributsa abaturage kwirinda urugomo n’amakimbirane, kuko bivamo ibyaha bishobora gutuma umuntu afungwa burundu, bigateza impfu za hato na hato kandi bikagira ingaruka ku miryango.
Mu gihe William Ruto yarimo yiyamamariza kuba Perezida wa Kenya, mu byo yasezeranyije abaturage ngo harimo ko naramuka atowe akaba Perezida wa gatanu wa Kenye, mu gihe cy’ubutegetsi bwe abaturage bazajya bakoresha Telefone nta kiguzi, ndetse bagakoresha na Interineti ku buntu.
Abatuye mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze, ngo biyemeje gukomera ku irondo ry’umwuga baryongera imabaraga, nk’uburyo butuma babasha kwibungabungira umutekano, mu kwirinda ko hagira uwakongera kubameneramo ngo awuhungabanye.
Abaturage ba Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batuye cyangwa bava mu mujyi wa Uvira bashaka kujya mu mujyi wa Bukavu, babanza kunyura mu Karere ka Rusizi mu Rwanda, aho bakora ibilometero birenga 40, kugira ngo bongere basubire mu gihugu cyabo, mu mujyi wa Bukavu.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit) kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Ukwakira, ryafashe uwitwa Nizigiyimana Francois, ufite imyaka 24 y’amavuko, wari utwaye magendu y’ibiro 18 by’amabuye y’agaciro ya Wolfram, anyuze mu kiyaga cya Muhazi.
Banki ya Kigali yakusanyije amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni 62 binyuze mu gikorwa cyo kuzamuka umusozi wa Karisimbi ureshya na metero 4,507, ukaba umwe mu misozi miremire mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe imibereho myiza, Mukayiranga Marie Gloriose, arasaba abayobozi kutaka abaturage amafaranga adateganyijwe mu itegeko, kuko ari ruswa kandi uzabifatirwamo azabihanirwa n’amategeko.
Padiri mukuru wa Paruwasi ya Shyorongi, Sebahire Emmanuel, yitabye Imana mu ijoro rya tariki ya 26 Ukwakira 2022, mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal azize uburwayi bw’umutima.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu(UAE zifite Umujyi uzwi cyane wa Dubai) irahakana ko Abanyarwanda bimwe Visa (uburenganzira) yo gusura icyo gihugu nk’uko byakozwe ku baturage b’ibindi bihugu barimo abo muri Nigeria.
Umuhanzi Dusenge Eric uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Alto, yasohoye indirimbo y’urukundo yise Molisa, izafasha abakundana kujya babwirana amagambo meza aryoheye umutima.
Mu rwego rw’ukwezi kwahariwe ubuzima bwo mu mutwe, ku wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, Umuryango GAERG, Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) na Imbuto Foundation, bakoze ubukangurambaga ku buzima bwo mu mutwe, abaturage bamenya ko ari bwo bugenga ubuzima muri rusange.
Abaturage bo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, barishimira ko amatara bashyiriwe ku muhanda yabongerereye umutekano, wari umaze igihe warahungabanyijwe n’abajura.
Abashyitsi baturutse mu Ntara ya Rhenanie Palatinat, bayobowe na Minisitiri Perezida w’iyo Ntara, Malu Dreyer, basuye Igicumbi cy’Intwari z’Imena z’abanyeshuri b’i Nyange mu Karere ka Ngororero, bashyira indabo aho zishyinguye baranazunamira.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko hakenewe ishoramari mu bumenyi bujyanye n’ikoranabuhanga rigezweho (Digital), no kuryigisha abaturage, bikaba bikwiye ko byinjizwa muri politiki z’ibihugu.
Abakobwa batewe inda imburagihe bakabyarira iwabo mu Karere ka Kayonza, barasaba inzego zibishinzwe kujya zibafasha bagasubira mu mashuri, kuko iyo bayacikishirije bituma bagira ubuzima butagira icyerekezo.
Ikipe ya Mukura VS yajuririye ibihano yahawe na FIFA byo kwishyura Opoku Mensah wahoze ayikinira, asaga miliyioni 12Frw nyuma yo kuyirega avuga ko yamwirukanye binyuranyije n’amategeko.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, muri Uganda abantu 11 barimo n’abanyeshuri bo mu ishuri ryitwa Salama School, ryigamo abana bafite ubumuga bwo kutabona riri ahitwa Mukono, bishwe n’inkongi yadutse mu cyumba bararamo.
Muri uku kwezi k’Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda, Akarere ka Nyarugenge ku bufatanye n’itorero rya ADEPER barimo barafasha imiryango 270 gukora urugendo rw’isanamitima, ku mateka bahuye nayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiraburira abahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare, kudakoresha imiti yose ibonetse mu rwego rwo guhangana n’ibyonnyi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, yemeza ko abantu barindwi (7) bamaze gutabwa muri yombi barimo bakekwaho kwiba mudasobwa 45 n’ubwo zose zagarujwe, agasaba Kompanyi zicunga umutekano kujya zitanga amakuru hakiri kare ku bujura buba bwakorewe aho barinda.
Umuvunyi mukuru, Nirere Madeleine, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kudatererana ibibazo abaturage, kuko bigaragara ko ibibazo bageza ku buyobozi biba byoroshye gukemuka, ahubwo ugasanga abashinzwe kubikemura babihanahana.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), ritangaza ko abaturage ibihumbi 11 biganjemo abagore n’abana bamaze kuva mu byabo bahungira muri Uganda, nyuma y’iminsi itatu intambara yubuye hagati y’umutwe wa M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Guhera ku wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, mu Rwanda hateraniye Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), mu nama y’imirimo y’Inteko rusange izasozwa ku wa 5 Ugushyingo 2022.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo yamagana Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yongeye kurushyira mu majwi mu bibazo byayo by’umutekano muke, ndetse u Rwanda rugaragaza ko icyo gihugu cyananiwe gushyira mu ngiro ibyo kivuga ku ngamba zo kugarura umutekano (…)
Kaminuza Gatolika y’u Rwanda (CUR), ku wa 22 Ukwakira 2022 yatangiye gahunda yo guhugura mu ikoranabuhanga abakobwa n’abagore barangije amashuri yisumbuye na kaminuza, badafite akazi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 18 ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 20 aratangira irushanwa rihuza amakipe agize Zone V i Nairobi muri Kenya
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abafana ba Rayon Sports bamwifurije isabukuru nziza y’imyaka 65 yizihije tariki 23 Ukwakira 2022.
Mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ku wa Gatandatu tariki 22 Ukwakira 2022, habereye umuhango wo guha umugisha ishusho ya Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II, wamaze kugirwa umurinzi w’iryo shuri.
Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, u Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka mirongo itandatu (60) ishize rwinjiye mu Muryango w’Abibumbye (UN), rugashimirwa umusanzu rutanga mu kugarura amahoro ku Isi.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko n’ubwo hari intambwe ndende imaze guterwa, hakiri byinshi byo gukora kugira ngo uburinganire n’ubwuzuzanye bibashe kugerwaho mu buryo bwuzuye haba ku isi no mu Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera, bahawe akazi muri gahunda ya ‘Job Creation’ bagaragaza ko kuba badahemberwa igihe, bikomeje kubateza inzara mu miryango yabo, guhora mu madeni n’ibihombo; bakifuza ko inzego zibishinzwe, zakurikirana iby’iki kibazo, kikabonerwa umuti urambye.
Abaturage b’Umudugudu wa Nkoma ya kabiri (Shimwapolo), Akagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi, barishimira ko babonye isoko rya kijyambere kuko ibicuruzwa byabo bitazongera kunyagirwa.
Mu gihe umwaka w’amashuri 2022-2023 umaze ukwezi utangiye, aho igihembwe cya mbere cyatangiye ku itariki 26 Nzeri 2022, mu gihugu hose harabarurwa abanyeshuri 105,525 n’abarimu 5,939 bataragera ku bigo by’amashuri.
Perezida Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko yizihije ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022. Umukuru w’Igihugu abinyujije kuri Twitter, yagize ati: “Reka mfate aka kanya nshimire buri umwe wese wanyifurije isabukuru nziza”.
Ku Cyumweru tariki ya 24 Ukwakira 2022, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza, bishyuriye ubwisungane mu kwivuza bagenzi babo 718 bafite amikoro macye.
Hirya no hino muri Kigali mu mpera z’icyumweru habaye Inteko rusange z’Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ku rwego rw’Utugari. Mu Kagari ka Kicukiro mu Murenge wa Kicukiro na ho bateranye ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, barebera hamwe ibyageweho, biyemeza kongera imbaraga mu bitaragerwaho.
Abaturage b’Utugari twa Musenyi, Nyamirama na Nyagashanga mu Mmurenge wa Karangazi, barishimira amazi meza begerejwe kuko bagiye kujya bavoma ku mafaranga 25 ijerekani imwe, mu gihe ubundi ayo mu bishanga cyangwa ibidendezi by’amazi (Valley dams), bayaguraga kuri 200 ku batabashije kwigirayo.
Imiryango 26 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, irimo abagejeje imyaka 90, yasezeranye imbere y’amategeko.
Ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, abayobozi ba Tanzania batangaje ko igice kinini cyari cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku musozi wa Kilimanjaro, muremure muri Afurika ukunze gukurura ba mukerarugendo bakunda kuwuzamuka, ubu ngo. Babashije kukizimya.