Abaturage b’i Nyabihu baratabariza ibice by’umuhanda Musanze-Rubavu byangirika bikanabateza ingaruka aho batuye n’aho bakorera.
Akarere ka Nyabihu kavuga ko kashoboye kugaruza mu gihe cy’amezi abiri 90% by’amafaranga bari baragujije muri VIUP ariko ntiyishyurirwe igihe.
Abaturage b’i Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’amata rwa Mukamira rwagombaga gutangira bitarenze Werurwe rwatinze gutangira.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu Potatoes Company rutarongera gukora kuva rufunguwe.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi rigiye kubaka amashuri n’amavuriro bigezweho mu turere twa Nyanza na Rubavu, hagamijwe gufasha abaturage kubona serivise hafi no kugira imibereho myiza.
Mu gihe cy’ukwezi, Abizera b’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu Rwanda, bamaze gufashisha abatishoboye inkunga isaga miliyoni 262 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda yanyuze mu bikorwa bitandukanye.
Manchester United ntiyabashije gutsinda Bournemouth ibitego 19 ku busa yasabwaga ngo ibe yaza mu makipe ane azahagararira u Bwongereza muri champions league.
Muri shampiyona zikomeye I Burayi iy’abongereza irasozwa nyuma kubera kwikanga igisasu.
Mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bahashyinguye imibiri 79 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, iherutse kuboneka.
Ku munsi wa 37 ari nawo ubanziriza uwa nyuma, Leicester City yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona cy’Ubwongereza umwaka wa 2015-2016.
Muri Europa league ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza yasezereye Villareal yo muri Espagne naho Seville yo muri Espagne isezerera Shaktar Donestk yo muri Ukraine.
Ikipe ya Atletico Madrid n’ikipe ya Real Madrid nizo zizakina umukino wa nyuma mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo I Burayi “champions league”.
Atletico Madrid yo muri Espagne yabonye itike y’umukino wa nyuma isezereye Bayern Munich ku kibuga cyayo ku bitego 2-2 mu mikino yombi
Abatuye Akarere ka Nyabihu bavuga ko bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibiti bivangwa n’imyaka mu kurwanya isuri no gutanga ifumbire.
Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi ku isi rigiye gukora ivugabutumwa mu turere 30 tw’u Rwanda rigamije gukangurira abaturage kugarukira Imana, bumvira amategeko yayo n’ay’igihugu.
Bwa mbere mu mateka, ikipe ya Leicester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Ubwongereza “English Premier League.”
Umuhanda wa kaburimbo Mukamira - Ngororero ubu si nyabagendwa nyuma y’aho nyuma y’aho inkangu iwutengukiyemo ikawufunga mu gice giherereye mu Kagari ka Nyundo k’Umurenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu.
Abantu 6 bo mu Karere ka Nyabihu bamaze guhitanwa n’ibiza, amazu asaga 30 yarasenyutse mu gihe arenga 100 yugarijwe n’amazi, muri uku kwezi kwa Mata 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabaya muri Nyabihu, bavuga ko bakeneye ko Leon Mugesera aza kubasaba imbabazi kubera igihemu yabashyizeho.
Mu Karere ka Nyabihu, Kwibuka 22 byatangirijwe ku buvumo bwa Nyaruhonga bwajugunywemo abishwe muri Jenoside buri mu Murenge wa Mukamira mu Kagari ka Gasizi.
Imibiri 72 y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonetse mui Kigo cya Gisirikare cya Bigogwe.
Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi bo mu Mujyi wa Kigali, bashimiwe ubwitabire bagira mu muganda banasabwa kuzitabira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyabihu barakinangira gusezerana imbere y’amategeko, ariko hakaba n’abandi babifata nk’umucu ukwiye gucika.
Abarokotse Jenoside batishoboye n’abandi baturage batishoboye basaba ko ibijyanye no gusorera ubutaka muri Mukamira byakwiganwa ubushishozi.
Baranyeretse John, umugabo w’umubaji utuye mu Murenge wa Mukamira w’Akarere ka Nyabihu, avuga ko umugabo ukunda umugore akamuha agaciro, aba yihesheje ishema n’icyubahiro.
Abacururiza ku gasoko gakunze bita "Gasasangutiya" kamaze imyaka ibiri karadindiye mu kubakwa barasaba ko gasubukurwa kakuzuzwa.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yatangije ku mugaragaro uruganda rw’ibirayi mu Karere ka Nyabihu, rwitezweho kongera agaciro k’umusaruro wabyo.
Abaturage bakoraga mu ruganda rusya Maiserie Mukamira rumaze imyaka itandatu rufunze, bavuga ko n’ubu bikibahangayikishije kubera akamaro rwari rubafitiye.
Muri Nyabihu hagiye gutangira uruganda rutunganya ibikomoka ku birayi, bakizera ko udushya turimo tuzatuma ibyo bakora bigezwa ku isoko mpuzamahanga.
Guverineri w’Intara y’iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas yasabye abagore batorwa mu nama y’igihugu y’abagore kuzaba nyambere mu iterambere ry’umuryango n’igihugu.