Abaturage bo mu Murenge wa Kintobo muri Nyabihu barasaba ko umuhanda Rwankeri-Nyakiriba wakorwa vuba kugira ngo babashe kugeza umusaruro wabo ku masoko.
Urubyiruko rw’I Nyabihu ngo rubangamiwe no kutagira ibibuga byatuma rwidagadura uko bikwiye rukaba rwanatera imbere mu mikino n’imyidagaduro.
Abaturage bo mu duce tw’amakoro twegereye ibirunga i Nyabihu ngo bafite ikibazo cy’amazi adahagije gituma bavoma mu buvumo n’inzuzi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko bugiye gukurikirana ikibazo cy’abaturage bavuga ko bakoze mu mirimo yo kubaka Uruganda rw’Amata rwa Mukamira ntibishyurwe.
Ibitaro bya Shyira mu Karere ka Nyabihu birimo kubaka inyubako nshya zizuzura zitwaye miliyari 4Frw mu rwego rwo gusimbuza izisanzwe, zubatse mu manegeka.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko bashimishijwe n’uko ishuri ry’imyuga Perezida Kagame yabemereye rigiye kubakwa.
Ababyeyi bo mu Kagari ka Kanyove mu Karere ka Nyabihu barashimira RDB yabaruhuriye abana kwigira mu mashuri ava.
Nyuma y’amezi asaga ane Uruganda rw’Ibirayi rwa “Nyabihu Potato Company” ruhagaze kubwo kubura ambalaje rupfunyikamo ibyakozwe rwongeye gufungura imiryago.
Ubutaka bwari bwubatseho Inkambi ya Nkamira muri Rubavu bwatejwe cyamunara, none igiye kwimurirwa ahitwa i Kijote mu Bigogwe muri Nyabihu.
Abubakiwe mu mudugudu wa Kabyaza umwe muri irindwi y’icyitegererezo yubatse i Nyabihu muri 2015-2016, bashima Leta yabagejeje ku byo batari kuzigezaho.
Akarere ka Nyabihu kahagurukiye ababyeyi batazi gutegura indyo yuzuye y’abana kandi ubusanzwe mu karere ho hatari mu harangwa inzara.
Abaturage b’i Nyabihu bavuga ko iterambere ryarushaho kuzamuka mu gihe kuboneza urubyaro byakwitabirwa neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ku bugeze ku kigero cya 90% bagaruza amafaranga ya VUP yari yaranyerejwe n’abayobozi.
Hari abatuye Akarere ka Nyabihu bakigorwa no kubona amazi meza, nubwo ubuyobozi bwo bwemeza ko ku bari basanzwe bayafite hiyongereyeho ibihumbi bine.
Guverineri w’Iburengerazuba, Cartas Mukandasira, yijeje aborozi bo mu Ntara y’Iburengerazuba bambuwe agera mu miliyoni 48 ko agiye kubakurikiranira ibibazo.
Akarere ka Nyabihu kavuguruye urutoki mu mirenge ruhingwamo ku kigero kiri hejuru ya 98% ku buso kiyemeje.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabibu bibukijwe gukurikirana abana babo mu biruhuko, nyuma y’uko habonetse abana batanu batwariye inda mu mashuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu butangaza ko mu ngengo y’imari ya 2016/2017, buzita ku mihanda ikunze gushegeshwa n’imvura.
Mbere yo gutaha umudugudu w’icyitegererezo wa Kabyaza mu Karere ka Nyabihu, hatangiye igenzura ryo kureba niba abagenewe amazu bayakwiriye kuko bikekwa ko harimo abatayakwiye.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu barashishikarizwa kureka ubuharike n’umuco wo gushaka abagore benshi wakunze kuranga aka gace hambere.
Nyiraruvugo Odette w’imyaka 44 yabonetse mu muringoti w’umurima w’ibirayi yapfuye hakekwa bakeka ko yaba yishwe n’uwari inshoreke ye.
Abaturage bari bamaze igihe bagaragaza ikibazo cy’ingurane zabo ku butaka bwo muri Gishwati, ngo bagiye kwishyurwa agera kuri miliyoni 560Frw.
Ikibazo cy’ibirayi bikwiye byatunganirizwa mu ruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu ngo kirazwi kandi kirimo gushakirwa umuti.
Isoko rya Kijote mu Murenge wa Bigogwe i Nyabihu rigiye guhindurwa Transit Center.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko icyaburaga ngo Uruganda rw’Ibirayi rwa Nyabihu rutangire cyabonetse ku buryo rutazarenza Nyakanga 2016 rutongeye gufungura imiryango.
Minisiteri y’ubucurizi n’inganda yemeza ko uruganda rutunganya amata rwa Nyabihu rutazarenza Kanama 2016 rutaratangira, kuko rwamaze kubona uzarucunga.
Kubera ubwiza bwa Gishwati, abaturage bayituriye n’ubuyobozi basaba ko hasubizwa hoteli yafasha mu iterambere n’ubukerarugendo kuko n’ubundi ngo yahahoze.
Ikoranabuhanga rimaze kugera muri imwe mu mirenge igize Akarere ka Nyabihu rifasha mu kwihutisha imitangire ya serivise no gusabana n’abaturage.
Abaturage b’I Rambura mu kagari ka Rugamba basaba ko bakorerwa amaterasi nyuma y’uko aho ayakozwe yatanze umusaruro ufatika.
Abagize komite za Girinka mu nzego z’ibanze i Nyabihu barasabwa ubunyangamugayo mu nshingano bahawe hirindwa ko haba ibibazo muri Girinka.