Hon. Nkusi Juvenal ni umwe mu badepite bamaze igihe kinini mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, yibuka ibintu byinshi byaranze inteko ariko ngo ntazibagirwa uburyo mu 1994 inteko yose yakoreshaga mikoro ebyiri gusa.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’u Rwanda cy’igororamuco butangaza ko ikigo ngororamuco cy’abakobwa b’inzererezi kigiye gutangira kubakwa bidatinze.
Bamwe mu bana bakurwa mu muhanda bagasubizwa mu miryango yabo bongera gusubira mu muhanda kuko ngo ibyo bahunze mu miryango bongera kubisangamo.
Minisitiri w’intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko guha agaciro abana no kubitaho ari intego u Rwanda rwihaye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko gahunda ya buri cyumweru y’abayobozi kuva ku Ntara kugera ku Kagari izajya itangazwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Itsinda ry’Abadepite icyenda bo muri Burkinafaso bari mu rugendoshuri mu Rwanda, banyuzwe cyane na gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho, zihuza abaturage n’abayobozi bakishakamo ibisubizo by’ibibazo bya bahura nabyo.
Imicungire y’urwibutso rwa Nyanza yeguriwe umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu ‘IBUKA’, nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’Akarere ka Kicukiro n’uwo muryango.
Kuva gahunda ya Girinka yatangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2006,imaze gutwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 39, yakoreshejwe mu koroza abaturage.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
Amabwiriza ya Leta y’uko nta bwato bwemewe gukoreshwa mu kwambutsa abaturage umugezi wa Nyabarongo nta moteri bufite ntiyubahirizwa.
Ambasade ya Misiri mu Rwanda yashyikirije ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe impano y’ibikoresho bizajya byifashishwa mu kuvura hifashishijwe umuhanga utari mu Rwanda (a distance).
Abaturage bo mu Kagari ka Gihumuza mu midugudu ya Kajevuba na Mataba mu Karere ka Rwamagana baracyategereje umuriro w’amashanyarazi bizejwe kuva mu 2008.
Chinese Academy of Sciences yashyikirije Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste UNILAK impano y’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Ruramba mu Murenge wa Rugarika bavuga ko babonye amazi meza nyuma y’imyaka isaga 47 bavoma Nyabarongo.
Abanyeshuri bashya 1400 batangiye kwiga muri kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK), basabwe kudatatira umuco Nyarwanda ngo bakururwe n’indi mico yatuma batakaza indangagaciro.
Muhawenimana ufite imyaka 30 y’amavuko,ashimishijwe n’uko atazongera gutegereza abamuterura kugira ngo agere aho ashaka kujya.
Iteganyagihe mu Rwanda riracyabangamiwe n’uko guhanahana amakuru hagati y’Ikigo gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) na Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) bitaranoga.
Abize imyuga bakomeze kugagaragaza agaciro ku isoko ry’umurimo, aho abayirangiza mu ishuri rya IPRC South bagera kuri 80% bahita babona akazi.
Mu gihe igihembwe cy’ihinga cya 2018 A kiri gutangira abahinzi bo mu Ntara y’Amajyepfo barahamagarirwa kuba maso bakajya basura imirima yabo kenshi.
"Mvura nkuvure" gahunda igamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge hagati y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayikoze, yafashije abantu 360 mu isanamitima, bo muri Nyamagabe.
Mu Karere ka Nyamagabe ubwo hatangizwaga igihembwe cy’ihinga cya 2018 A, abahinzi bahuye n’imbogamizi zo kubura imbuto y’ibigori ihagije.
Urwego rushinzwe ubuzima i Nyamagabe ruvuga ko isuku nke ku batuye muri ako karere, yatumye indwara ziterwa n’umwanda ziyongera.
Urwego rushinzwe ubuzima i Nyamagabe ruvuga ko ku barwayi 100 basuzumwa, batanu basigaye basanganwa indwara karande (zitandura), rukabiheraho rushishikariza abaturage gukoresha isuzumabuzima “checkup”.
Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abaturage bo mu Murenge wa Tare muri Nyamagabe bafashe imodoka ya “Taxi Voiture” yo mu bwoko bwa Toyota Corolla ipakiyemo imifuka itatu yuzuyemo urumogi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Nyamagabe batangaza ko batakigenda ibirometero byinshi bajya kwivuza kuko begerejwe ikigo nderabuzima.
Ibikorwa byo kwagura umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi byatangiye muri Gicurasi 2017, bizamara imyaka ibiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe bahamya ko ibikorwa byo muri gahunda ya “Army week” ari bimwe mu bibafasha gusezerera ubukene.
Abakecuru b’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi b’i Nyamagabe bavuga ko banezerwa n’uko batakiyumva nk’incike kuko bafite igihugu nk’umuryango wababyariye abana babitaho.
Abanyeshuri 59 barimo abakobwa umunani n’abahungu 51 bahawe impamyabushobozi y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) mu ishuri rikuru y’ubukerarugendo no kurengera ibidukikije (KCCEM).
Umuryango wa Ntawuziyambonye Claude urateganya kuzagwatiriza umurima bafite wa metero 15 kuri 12, kugira ngo babashe kuvana impanga mu bitaro.