Abaturage bagize imiryango umunani yo mu Karere ka Rusizi yari yakuwe mu manegeka igatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo, iratabaza kuko naho Ibiza byahabateye bikabasenyera.
Abayobozi b’amashuri abanza yo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baraburira leta ko ubucucike bushobora gutuma abana benshi bata ishuri.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Anastase Shyaka uri mu ruzinduko rw’akazi mu Karere ka Rusizi, yatunguwe n’ukuntu abayobozi bako bamusobaniriye imibereho y’akarere ariko bakamubwira ibintu bidahuye.
Abacuruza isambaza mu karere ka Rusizi baratabaza nyuma y’uko bageze aho bari basanzwe bazigurira bagasanga nta sambaza n’imwe iharangwa. Ibi bibaye nyuma y’uko izari zarobwe zose zoherejwe muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, kubera ubwumvikane buke hagati y’abaziroba na Projet peche izirangura ikazigurisha (…)
Abarimu bo mu karere ka Rusizi barishimira amahugurwa atandukanye bagenda bahabwa ku kunoza ireme ry’uburezi, bakizeza ko azabafasha kuzana impinduka zifatika mu mwuga wabo w’uburezi.
Bamwe mu bana bo mu Karere ka Rusizi baratunga agatoki ababyeyi babo gutuma bata amashuri bakajya kuroba mu Kiyaga cya Kivu.
Abagore bo ku kirwa cya Nkombo baratabariza ingo zabo zigiye gusenywa no kuba batakibona abagabo babo bibera mu kazi ko kuroba mu Kiyaga cya Kivu.
Guest House ya Nkombo yagombaga kuba iri gukora ntiyigeze ifungura imiryango, kubera impungenge abashoramari bafite ku miterere y’iki kirwa no kuzabona abayigana.
Bamwe mu baturage bo ku kirwa cya Nkombo batunzwe n’uburobyi bwo mu kiyaga cya Kivu, bavuze ko guhagarikwa kuroba muri iki kiyaga bizatuma hari abishora mu busambanyi ngo babone icyabatunga.
Abatuye mu mirenge yo mu Karere ka Rusizi ikora ku ishyamba rya Nyungwe n’irya Cyamudogo, barakangurirwa kutayangiza kuko ari amashyamba kimeza agize urusobe rw’ibidukikije.
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi baranenga bagenzi babo bagifite umuco wo guha akato abana bavukana ubumuga, aho bamwe babaheza munzu banga ko bagera aho abandi bari, abandi bakabashyira mu bigo bibarera aho kubarerera mu miryango.
U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko ibyumba bitatu by’amashuri y’uburezi bw’incuke bashyikirijwe bizabafasha guca ubuzererezi bwari bubahangayikishije.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kirimbi gihuza imirenge ya Macuba na kirimbi yo mu Karere ka Nyamasheke, babuze isoko bari barijejwe n’umushoramari.
Abaturage bo mu midugudu ya Gitinda, Mucyamo na Badura mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hashize imyaka 13 barabujijwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kugira icyo bakorera ku butaka bwabo buherereye mu nkengero z’Ikibuga cy’indege cya Kamembe.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bari bafite imirima mu gishanga cya Bugarama ariko bakaza kuyamburwa ntibazi ikizatunga imiryango yabo.
Kayumba Ephrem uyobora Akarere ka Rusizi, yeguje abayobozi bane bo mu nzego z’ibanze, bazira ibimenyetso bifatika byagaragaye by’uko barya ruswa bakanarenganya abaturage.
Abatuye mu Mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro, ku buryo bemeza ko bihanitse ugereranije n’ahandi hose mu gihugu.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi yaraye isenyeye imiryango 14 y’abatuye mu Murenge wa Muganza mu uherereye mu kibaya cya Bugarama, mu Karere ka Rusizi.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo baravuga ko ikiguzi cy’urugendo cya Rusizi-Rubavu kikubye inshuro zirenga ebyiri, nyuma y’aho ubwato bari bahawe n’umukuru w’igihugu butagikora.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rwatoye bwa mbere mu mateka yarwo rwavuze ko rwishimiye rwari rwaratindiwe no kugeza imyaka ngo nabo bishyirireho ubuyobozi.
Abakandida ba FPR inkotanyi bari kwiyamamariza kuzinjira mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, bahawe umukoro wo gukura abaturage b’imirenge ya Butare na Gikundamvura mu bwigunge.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi bavuga ko gufunga kare imipaka ibahuza n’u Burundi na Congo bibangamira ubuhahirane hagati yabo n’ibi bihugu, bikabatera ibihombo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi, bavuga ko nubwo Leta ntako itagira kugira ngo irwanye Ruswa, hakiri bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze ikigaragaraho muri aka Karere.
Kamuzinzi Eric wo mu Karere ka Rusizi avuga ko kurokokera Jenoside yakorewe Abatutsi mu Nkambi ya Nyarushishi ari amateka atazibagirwa mu buzima.
Urubyiruko rwororera inkoko mu kibaya cya Bugarama ruravuga ko ruhangayikishijwe n’icyorezo kimaze guhitana inkoko zisaga 2500 mu minsi 18.
Mu ijoro ryakeye ku wa 10 Kamena 2018, mu mudugudu wa Kinamba mu kagari ka Pera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, abasore babiri barashwe n’abantu bataramenyekana bahita bapfa.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Bamwe mu Banyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere ka Rusizi, bavuga ko batakigira ipfunwe ryo kuganira ururimi rw’Ikinyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kubera umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.