Abahinga umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, bahangayikishijwe n’uburwayi bw’Ikivejuru bumaze imyaka irenga itandatu buteye icyo gihingwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko kwirengagiza gahunda yo guhunika imyaka kw’abahinzi, bishobora kuzateza inzara muri aka Karere.
Abaturage bo mu mujyi wa Rusizi batangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi bamaranye amezi atandatu cyatumye bavoma amazi y’ibishanga.
Agace ka gatatu k’irushanwa rya Tour du Rwanda aho abasiganwa baturukaga i Karongi bagana i Rusizi kegukanwe na Rugg Thimothy ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Bamwe mu bahinzi ba Kawa bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko badashishikarira kuyinywa kuko baba bishakira amafaranga ayivamo gusa.
Bamwe mubitabira ibikorwa by’ubumenyi ngiro mu karere ka Rusizi baravuga ko byabateje imbere ugereranyije n’aho bari bari.
Mu irushanwa ritegura Tour du Rwanda ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Nsengimana Jean Bosco ni we ubaye uwa mbere mu gace ka Karongi-Rusizi (Kivu Belt).
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi ruvuga ko nubwo mu karere kabo hari amahirwe nta bushobozi rufite bwo kuyabyaza umusaruro.
Abanyarwanda 25 batahutse baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bakiriwe mu Nkambi ya Nyagatare, i Rusizi, yakira impunzi by’agateganyo.
Abahinzi bo mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi barasaba kwegerezwa imbuto n’ifumbire mvaruganda kuko ibyo begerejwe bidahagije.
Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.
Bamwe mu batuye akarere ka Rusizi, bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bavuga ko bacibwa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), batambutsa amatungo yabo muri Nyungwe.
Abarobyi n’abacuruzi b’isambaza bo muri Rusizi na Bukavu bavuga ko biyemeje kwimakaza amahoro nyuma y’igihe bashyamiranira mu Kiyaga cya Kivu.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko imodoka baheruka guhabwa n’umukuru w’igihugu yabakijije imvune bagiraga.
Umunyarwandakazi utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yagaruwe no gushimira Umukongomanikazi wamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaforomo bo mu karere ka Rusizi bashinja abashinzwe kuyobora ibigo nderabuzima kutaba umwanya ngo bakurikire amahugurwa baba batumiwemo kubera indonke.
Mu giterane “Rwanda Shima Imana” cyabereye mu Karere ka Rusizi, abanyamadini bavuze ko iyo abayobozi bahagurutse bagahamya Imana, bihesha umugisha igihugu.
Umudugudu wa Kabarore wageze ku 100% ku rwego rw’Akarere ka Rusizi bo bataragera kuri 40 mu bwisungane mu kwivuza bwa mituweri
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko bugiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango, 300 bazimurwa mu manegeka no mu miturire y’akajagari.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi barasabwa guteza imbere umuco wihariye bafite ukomoka ku batuye Nkombo, udashobora kuboneka ahandi mu Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.
Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi.
Uyubobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko hari imihigo igera kuri ine yadindijwe n’abafatanyabikorwa bigatuma ijya munsi ya 90%.
Banki yabaturage (BPR) yakemuye ikibazo cy’abakiriya baburaga amafaranga y’ingunzanyo nini, kuko ubu ifite amafaranga ahagije yo guatanga inguzanyi zose ku bakiriya bayo.
I&M Bank Ltd iravuga ko yiteguye gufasha abashoramari mu karere ka Rusizi kugira ngo babashe gukora imishinga migari itarabona abayikora.
Mu Murenge wa Kamembe mu Kagari ka Kamashangi mu Karere ka Rusizi, ababyeyi bafashwe bagiye gushyingira umwana w’imyaka 16 muri Kenya.
Abaturage batandukanye bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, baravuga ko batabona amazi meza ahagije bitewe n’uko amavomo rusange ari make.
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Karere ka Rusizi ndetse no muri Congo ariko aborozi ntibarabasha guhaza isoko ry’abazikeneye.
Abakora umwuga w’uburaya mu Karere ka Rusizi bavuga ko impamvu ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA buri hejuru biterwa n’amadorali bahabwa n’Abanyekongo.