Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic na we yinjiye mu nkubiri y’abayobozi barimo kwegura muri iyi minsi.
Abatuye mu Karere ka Rusizi bavuga ko mu iterambere batekerezaga rizabageraho vuba batigeze bakeka ko nabo bakwegerezwa internet yihuta izwi nka 4G.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi, bari mu bikorwa by’imyubako zitandukanye, abacuruzi ndetse n’abandi babayeho kubwumusaruro wa sima y’uruganda rwa CIMERWA, baravuga ko bahangayikishijwe n’ibura ryayo kuko hashize ibyumweru bitatu yarabuze.
Bamwe mu Ubumenyingiro mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe ruherereye mu karere ka Rusizi, basaba bakongererwa amasaha yo gushyira mu bikorwa ibyo biga.
Bamwe mu barokokeye mu cyahoze ari komine Gitesi, ubu ni mu Karere ka karongi, bavuga ko kuba batarabonye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside ngo babashyingure ngo bituma banga guheba bakibwira ko baba bakiriho.
Ingabo z’igihugu ziyemeje gufasha abaturage batuye habi n’abandi bafite ibibazo bijyanye n’isuku nke, muri iki gihe ziri mu gukora ibikorwa bigamije gufasha abaturage.
Abayobozi b’uruganda rwa CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi, baravuga ko bagiye kujya baha akazi, abana bakomoka ku babyeyi bakoreye uru ruganda, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Polisi y’u Rwanda yasubije iy’u Burundi umupolisi wayo witwa Irakoze Theogene wafatiwe mu Rwanda mu Murenge wa Bweyeye, nyuma y’ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano.
Bamwe mu bafatanyabikorwa b’iterambere ry’Akarere ka Rusizi JADF Isonga, bavuga ko batagira uruhare mu igenamigambi ry’ibikorerwa mu karere kabo.
Abayobozi mu nzego zose n’abaturage bo mu Karere ka Rusizi basabwe kurushaho gucunga umutekano mirenge ikora ku mipaka y’ibihugu bya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahangayikishijwe n’uko umubare munini w’Abarundi bakoze ubwicanyi ndengakamere barangiza bakitahira bazagezwa imbere y’ubutabera.
Hari abagabo bo mu Karere ka Rusizi bafite imyumvire itangaje, bakeka ko umugabo wifungishije akonwa nk’ihene bikamuviramo kutongera gutera akabariro.
Ngendahayo Jonatha w’imyaka 15 amaze imyaka ine avuye mu ishuri kubera insimburangingo y’ukuguru yifashishaga yangiritse kand iwabo nta bushobozi bafite bwo kumugurira indi.
Ababyeyi barera abana bahoze barererwa mu bigo by’impfubyi barasaba ko abana bafite babandikwaho mu bitabo by’irangamimerere, bakababera ababyeyi babo mu buryo bwa burundu.
Abaturage bakoresha umupaka wa Rusizi yambere uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), baravuga ko ikiraro gihuza imbibi z’ibihugu byombi gishobora kuzateza ibibazo nikidasanwa vuba.
Abanyamuryango ba Koperative Gisuma Coffee, y’abahinzi ba kawa iherereye mu Murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi, barasaba ko ubuyobozi bwabafasha kubishyuriza umushoramari Habiyambere Giome ufite Campany yitwa HIDDEN WEALTH , wabambuye miriyoni mirongo ine n’ibihumbi magana atandatu. (43,158,600 frw).
Mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi hagaragaye bamwe mu baturage bahinga Urumogi bakaruvanga n’imyaka mu rwego rwo kujijisha.
Abanyeshuri bo mu Kagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha barishimira ko batazongera gukora urugendo rurerue n’amaguru bajya kwiga.
Ku nshuro ya mbere, Padiri Ubald Rugirangoga yerekanye Filime igaragaza uruhare yagize mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu batuye kure y’imirenge baravuga ko amafaranga bakoresha mu ngendo bajya gushaka serivisi z’Irembo arenze aya serivisi bishyura.
Abaturage bo mu tugari twa Hangabashi na Gahungeri mu murenge wa Gitambi muri Rusizi bari mu byishimo byo kuba batazongera kuvoma amazi mabi yo mu bishanga.
N’ubwo Akarere ka Rusizi karimo umujyi ubarirwa mu mijyi itandatu yunganira Umujyi wa Kigali karacyanengwa kugira umwanda ugaragara mu duce dutandukanye.
Ku bitaro bya Gihundwe biri mu Karere ka Rusizi hari uruhinja rw’amezi abiri rwakuwe mu ishyamba ari ruzima nyuma gutabwayo n’umuntu utaramenyekana.
Imibare ituruka mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi ihamya ko muri ako karere habarurwa indaya 1000 zirimo n’abana bataragira imyaka y’ubukure.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yabwiye ibitaro bya Kibogora ko nta mwenda ibibereyemo, nyuma y’aho byari byagaragaje ko ibifitiye umwenda wa miliyoni 123Frw.
Urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwimbogo, Gashonga na Nzahaha yo mu Karere ka Rusizi, rwishimiye intsinzi y’umukandia wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame mu busabane.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame avuga ko buri Munyarwanda agomba kugerwaho n’amashanyarazi kuko aho ageze hagera iterambere byihuse.
Abaturage batuye mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi bagejejweho amashanyarazi bwa mbere mu mateka yabo ibintu batatekerezaga ko bishobora kubaho.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bishimira igabanuka ry’indwara zirimo Cholera n’impiswi, kubera amazi meza bahawe.
Mu bitaro bya Gihundwe biherereye mu Karere ka Rusizi hatangijwe serivisi y’ubuvuzi bw’indwara z’impyiko (Dialysis) izafasha abafite ubwo burwayi kubona aho bivuriza hafi.