Girimpuhwe Anne umwana w’imyaka 16 wo mu karere ka Ruhango arashimira cyane uruhare rw’itangazamakuru mu kumukorera ubuvugizi ibibazo yari afite bigakemuka.
Ku itariki 16/04/2013 nibwo ibendera ry’igihugu ryari ryibwe mu kagari ka Remera umurenge wa Kabagari akarere ka Ruhango ryabonetse.
Abarimu bo ku bigo 14 byo mu karere ka Ruhango barahabwa amahugurwa y’iminsi ibiri ku gukoresha ibikoresho bya science byatanzwe n’intara ya Rhenanie Palatinat mu gihugu cy’u Budage.
Umuyobozi bw’umurenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango, yatangaje ko mu gihe cya saa mayo tariki 15/04/2013 hamenyekanye ko mu kagari ka Remera hibwe ibendera ry’igihugu.
Umuyobozi wa Ibuka, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, aravuga ko amafaranga ateganywa n’itegeko agomba kujya mu kigega gishinzwe gufasha abarakotse Jenoside yakorewe Abatutsi “FARG” agomba gufasha mu bikorwa bitandunye nta na rimwe ryari ryagera muri icyo kigega.
Bamwe mu barokokeye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rugango barasaba byimazeyo ubuvugizi n’ubufasha mu kubaka urwibutso no gushyingura imibiri ahasubiza icyubahiro n’agaciro abavandimwe babo bahashyinguwe.
Intara ya Rhénanie Platinat yo mu gihugu cy’u Budage yashyikirije amashuri 14 yo mu karere ka Ruhango ibikoresho byo muri Laboratwari bigenewe gukoreshwa mu masomo y’ubutabire (Chemistry), ubugenge (Physics), n’ibinyabuzima (biology).
Ikigo cy’imari micro finance Inkingi kirasaba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango kubishyuriza amafaranga yagurijwe ababaye abanyamuryango babo igihe iyi microfinance yakoreraga muri aka karere.
Uburyo bwa document tracking management system bugamije gukemura ikibazo cyo gukoresha impapuro nyinshi bwatangijwe mu karere ka Ruhango tariki 04/04/2013 kandi intego ni uko buzanakomeza bukagera ku rwego rw’akagari.
Abenshi baturutse hirya no hino baza gusengera ku rutare ruri mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango ngo kuko bahasubirizwa ibibazo baba bafite. Aho hantu bahise kuri “Banguka Nkutabare”.
Mbarubukeye Athanase w’imyaka 43 afungiye kuri Polisi ya Kabagari mu karere ka Ruhango guhera tariki 01/04/2013 akurikiranyweho gutunga gerenade mu buryo butemewe n’amategeko.
Ntivuguruzwa Jedeo, Ntaganzwa Furbel, Siborurema Japhet na Nzakizwanimana Oswald bo mu itorero Union dese Eglise Baptiste au Rwanda (UEBR), bafungiye kuri station ya polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango bakurikiranyweho kwigaragambya mu rususengero bakabuza pasiteri kwigisha no kubatiza.
Niyonsaba Emmanuel ni umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 atuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana, amaze kubyaza umuriro w’amashanyarazi mu mugezi wa Nkuyu akaba yifuza nibura ko uzagera ku baturage 400.
Abatuye agace kitwa Gataka hafi y’isoko rya kijyambere ryuzuye mu mujyi wa Ruhango bavuga ko babangamiwe cyane n’insore sore zihirirwa zitagira icyo zikora zicunganwa ni kwiba abahisi.
Kuri uyu wa Kane tariki 28/03/2013 nibwo abanyeshuri bagombaga gufunga igihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2013, ariko bamwe ntibyaboroheye kuko babuze uko bataha kubera ikibazo cy’imodoka zabaye nke.
Mujawamariya Alphonsine w’imyaka 23, aravuga ko yabuze amafaranga yo kwishyura ibitaro bya Gitwe mu karere ka Ruhango none ngo byafatiriye ikarita ye ya mitiweli, ubu akaba ahura n’ikibazo cyo kuvuza umwana we.
Mfashwanayo Eugene w’imyaka 24 wabanaga n’ubumuga bwo kutavuga yahitanywe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bamujugunya mu ishyamba ry’ahitwa mu Kajagari ryo hafi y’iwabo mu murenge wa Kinihira, akarere ka Ruhango.
Abayoboke b’umutwe wa politike PSD mu karere ka Ruhango, barasabwa gukora ibikorwa byose byatuma bihesha agaciro ndetse bakaba intangarugero mu bandi bayoboke b’imitwe ya politike ikorera mu Rwanda.
Sekamana Jean Damascene, Mbaruko Jean Pierre na Sebazungu Viateur bo mu iteroro rya Union des Eglise Baptiste au Rwanda (UEBR) muri paruwasi ya Mukoma mu karere ka Ruhango, bahagaritswe ku mirimo yabo y’ivugabutumwa mu makanisa bari babereye abarimu.
Nyirihene Stephanie, Muyoboke Athanase, Nteziryayo Simeon na Musabyimana Julienne bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango bakekwaho guteka ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Mutangana Tite w’imyka 30 yaketse ko umugore we Mukarugira Clementine atwite inda itari iye ahitamo kwiyahura akoresheje umugozi yihambiriye mu ijosi.
Abacuruzi n’abatuye muri santire ya Kibingo mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano muke baterwa n’abanyeshuri biga mu ishuri rya Ecole Secondaire Sainte Trinite Ruhango.
Mu itorero rya Union des Eglises Baptiste au Rwanda “UEBR”, ishami rya Ruhango haravugwa ubwumvikane ni buke hagati y’ubuyobozi kuko bamwe mu barimu bo mu ma makanisa batakivuga rumwe na pasiteri wabo Nkomeje Viateur kuko ngo ashaka kwiharira umutungo wa paruwasi.
Mu mvura yaguye tariki 14/03/2013, mu mudugudu wa Gasiza, akagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi karere ka Ruhango, imbwa zatatse ihene z’abaturage zirazirya 9 muri zo zihita zipfa.
Abaganga 16 b’impuguke baturuka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) baza inshuro ebyiri ku mwaka mu bitaro bya Gitwe kuvura indwara zananiranye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo kubaga abafite indwara y’umwingo ku buntu.
Umugabo w’imyaka 36 utuye mu mudugudu wa Kivomo akagari ka Murama umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, ari mu maboko y’ubushinjacyaha I Muhanga, akurikiranyweho gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 28 ubana n’ubumuga bwo kutumva no kutavuga ndetse akaba yaranamugaye amaguru aho agendera mu kagare k’abafite ubumuga. (…)
Ruhango: Umupadiri arahakana umwana ashinjwa ko yabyaranye n’umunyeshuri yafashaga.
Nyirahabimbwabwa Seraphine w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Bumboga mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, basanze yarohamye mu kagezi kwitwa Nyirakiyange apfiramo. Abazi Nyirahabimbwabwa, bavuga ko yari asanzwe afite ubumuga bwo mu mutwe ndetse akaba yanarwaraga indwara y’igicuri.
Ishami rya Ruhango ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi, amazi, isuku n’isukura EWSA riremeza ko uku kwezi kwa 3 uyu mwaka wa 2013 kuzarangira benshi mu baturage ba Ruhango bamaze kugerwaho n’amazi meza.
Umugabo witwa Nzeyimana Paul w’imyaka 47 wo mu mudugudu wa Rusizi akagali ka Nyakogo umurenge wa Kinihira akarere ka Ruhango, afungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana kuva tariki 08/03/2013 acyekwaho gusambanya abana batanu babaturanyi.