Nubwo imyaka 25 ishize umuryango FPR-Inkotanyi uvutse, ibikorwa by’uyu muryango biracyakomeza kuko ubu aribwo ifite icyerekezo cy’imbere kandi gihamye.
Ababyeyi b’i Gitwe mu karere ka Ruhango bishatsemo ibisubizo mu iterambere bubaka amashuri yisumbuye, ishuri rya kaminuza n’ibitaro bya Gitwe.
Mu ijoro rishyira tariki 29/11/2012, abantu bataramenyekana bibye muri kiriziya ya paruwasi Byimana iherereye mu murenge wa Byimana maze batwara bimwe mu mutungo w’iyo paruwasi.
Uzaribara Bosco w’imyaka 62, umwe mu bashigajwe inyuma n’amateka utuye mu kagari ka Karambi, umurenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango, yagiye gutema abavandimwe be ababuze atematema imbabura n’amategura bigera kuri 20.
Umwarimu Blandy Brujo Uwimana, afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko abanyeshuri yigisha mu karere ka Ruhango bavuga ko bamukunda cyane, kuko akora iyo bwabaga amasomo abigisha bakayumva neza kurusha abandi barimu bumva.
Nyandwi Gerald w’imyaka 19 wo mu kagari ka Gitinda, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, afungiye kuri station ya Nyamagana kuva tariki 27/11/2012 azira kwiba ihene 2 mu rugo yakoragamo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Muhororo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, baravuga ko mu bizima bwabo batigeze babona irindi shyaka ryumva ibibazo by’abaturage, ariko ubu upfa guhura n’ikibazo gito waterefona FPR ibisubizo bikagusanga aho wibereye.
Jean Pierre Ntawusigiryayo w’imyaka 54, utuye mu murenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yafashe icyemezo cyo gukangurira bagenzi be bakoranye impibonano mpuzabitsina kujya kwipimisha bakamenya uko bahagaze, nyuma yo kumenya ko afite virus itera SIDA.
Umuryango w’abagore babana n’ubumuga bwo kutumva mu Rwanda watangije igikorwa cyo kwigisha ururimi rw’amarenga inzego zitandukanye zikorera mu karere ka Ruhango, hagamijwe kugirango zijye zifasha ababana n’ubumuga mu bibazo bahura nabyo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rwashyiriweho abajyanama mu by’ubucuruzi babafasha kwiga imishinga yabo no kuyibatunganyiriza. Abo bajyanama bakorera muri buri murenge bazajya batunganya imishinga y’urubyiruko ku buntu maze rugane ibigo by’imari rwake inguzanyo rukore rutere imbere.
Karambizi Canisius utuye mu kagari ka Munini mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, yagonzwe n’imodoka itaramenyekanye nyuma yo kumuca amaguru ihita iburirwa irengero, tariki 15/11/ 2012 ahagana saa moya z’ijoro.
Umubare w’abanyeshuri babangamiwe mu bizami bya Leta ukomeje kwoyongera kubera impanuka, aho mu ntara y’Amajyepfo abagera kuri bane barwariye mu bitaro, kubera impanuka zitandukanye bagiye bakora.
Mu karere ka Ruhango hatangiye gukwirakwizwa imfashanyigisho zifasha abaturage gusobanukirwa n’ibisasu kuko bimaze kugaragara ko muri ako karere abaturage bagenda bahitanwa n’ibisasu kubera kutabisobanukirwa.
Abanyeshuri bo muri College ya Karambi mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango bamaze kubakirwa ivomo ry’amazi meza kandi na gahunda yo kuyabagezaho ikaba iri hafi. Ikibazo cy’amazi kuri iryo shuri cyatangiye kugaragazwa kuva muri Mata 2012.
Bamwe mu bubatse amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 mu karere ka Ruhango, bavuga ko bishyuwe amafaranga make mu gihe ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko bazishyurwa n’imirenge yabakoresheje.
Abanyamadini batandukanye bo mu karere ka Ruhango, biyemeje gufata icyemezo cyo kwipimisha agakoko gatera SIDA bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze. Bakauga ko bizabafasha gukomeza umurimo w’Imana bawukorana imbaraga.
Protegene Alias Nyabunyoni wo mu kagari ka Mutara, umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi azira kwica imbwa n’urukwavu by’iwabo tariki 07/11/2012.
Akarere ka Ruhango kari mu turere tukiri inyuma mu gukoresha ifumbire bigatuma umusaruro utiyongera nk’uko bikwiye.Aka karere kari gakwiye gukoresha toni 300 z’ifumbire buri gihembwe, ariko gakoresha toni 55 gusa.
Karangwa Gerald w’imyaka 41 yagonganye na moto yari itwawe na Irikure Paul ku mugoroba wa tariki 05/11/2012, mu murenge wa Bweramana ajyanwa mu bitaro bya Gitwe nyuma yitaba Imana tariki 06/11/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ko bwafashwa mu kongera amashyamba mu gace k’Amayaga kari muri aka karere kuko bigaragara ko hasigaye inyuma mu byerekeranye n’ibidukikije.
Mu gihe bikomeje kuvugwa ko ishuri Ecole Secondaire Sainte Trinite Ruhango (ESSTR) ritagaburira neza ndetse ntirinigishe abanyeshuri neza, ubuyobozi bw’iri shuri burabihakana ahubwo bukavuga ko hari abarezi bigometse ku buyobozi bashaka guharabika isura y’ikigo.
Umwana w’imyaka 7 witwa Nkurunziza Janvier wo mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango yakinishije intwaro yo mu bwoko bwa gerenade tariki 03/11/2012 iramuturikana ahita yitaba Imana.
Gahimano Alexis w’imyaka 28 yarasiwe mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana ku gicamunsi cya tariki 01/11/2012 ubwo yafataga umupolisi ashaka kumwambura imbunda.
Nyirabazungu Fortunée w’imyaka 34 wari utuye mu kagari ka Bahuro, umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, bamusanze mu nzu ye yitabye Imana tariki 31/10/2012 ariko kugeza ubu abamwishe ntibaramenyekana.
Mu banyeshuri 151 ba Institut Superieur Pédagogique de Gitwe bari banze gukora ikizami cya Leta, abagera kuri 50 baje gusa imbabazi ngo bapfe gukora ibizami bisigaye, ariko ubuyobozi bubabwira ko batabifitiye ubushobozi.
Gakuba Vincent w’imyaka 45 yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 29/10/2012 agonzwe n’imodoka ya sosiyete Impala Business Class ifite pulake RAC 695 C mu karere ka Ruhango.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe “ISPG”, banze gukora ikizamini cya Minisiteri y’Ubuzima, bavuga ko bakibatuyeho igitaraganya, kuko babimenyeshejwe hasigaye icyumweru kimwe gusa.
Abaturage bo mu isantire ya Gitwe ihereyere mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, barasaba ubuyobozi kubagenera aho bashyira isoko hahagije. Ubuyobozi nabwo bukavuga ko bwiteguye gushyira mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage.
Abagabo babiri, John Bosco Habarukundo na Pierre Uwagirimana, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kwiba inka ihaka bakayibaga bashaka kuyigurisha abaturage.
Mukabatanga Emiliyana w’imyaka 53, wari utuye mu kagali ka Kirwa umurenge wa Kinihira akarere ka Ruhango, yatewe n’abagizi ba nabi mu ijoro rya tariki 23/10/2012 bamuteragura ibyuma mu mutwe ahita yitaba Imana.