Mu gihe bizwi ko abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 bagomba kwigira ubuntu, ababyeyi barerera mu rwunjye rw’amashuri rwa Bukomero mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango bahangayikishijwe n’amafaranga 4250 bakwa n’ubuyobozi bw’iri shuri.
Ntawurutundugirimpuhwe Anne ni umwana w’umukobwa w’imyaka 16, akora akazi ko guhonda amabuye akayagurisha kugirango atunjye umuryango w’iwabo ugizwe n’ababyeyi be n’abavandimwe batatu.
Rubagumya Omar afite umushinga w’ubworozi bw’inkoko akorera mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, umwinjiriza amafaranga ibihumbi 600 havuyemo ayo aba yashoye mu mushinga we.
Sekabuga Petero w’imyaka 93 utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, afite ingamba z’uko atazakomeza kunywa inzoga z’inkorano kuko yakomeje kumva kenshi abantu bavuga ububi bwazo.
Rwagatore Elisa w’imyaka 36 utuye mu mudugudu wa Karama, akagari ka Nyarurama, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango, yishe umugore we wisezerano amutemaguye mu mutwe amuca n’ukuboka mu rukerera rwa tariki 07/01/2013.
Bimenyimana Emmanuel w’imyaka 34 yitabye Imana tariki 04/01/2013 ubwo we n’abagenzi be Nshumbusho Michel na Mutabaruka Assiel bari bahekanye ku igare bagongwaga n’ivatiri mu kagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango.
Toringabo Nsengiyumva w’imyaka 60, wari utuye mu kagari ka Bulima umurenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, yitabye imana azira inkoni yakubishwe na Bizimana Narcisse ubwo yamfatiraga mu murima we w’imyumbati mu ijoro rya tariki 04/01/2013.
Guverineri w’intara w’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, aravuga ko ntubwo hari ibyumba by’amashuri bitaruzura ntakizabuza abanyeshuri gutangirira igihe nk’uko biteganyijwe.
Abana baterengeje imyika 15 bitegura kujya mu ikipe y’igihugu ya Handball bafashe icyemezo cy’uko batagomba guheranwa n’imikmino gusa, ahubwo bakanagira uruhare muri gahunda za Leta zigamije kuzamura iterambere ry’abaturage.
Habakubaho w’imyaka 39 yatawe muri yombi n’umugore we w’isezerano Mukamana w’imyaka 29 asambana n’undi mugore Ahishakiye Adelphine w’imyaka 33 tariki 03/01/2013.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Ruhango, baravuga akazi bakora ari kenshi cyane kuburyo gatuma batita no ku miryango yabo bagasaba ko bagenerwa agahimbazamutshyi kuko nabo bakoresha ubwitanjye bwinshi.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota coaster ya sosiyete Horizon express ifite purake RAB 860 C yagonze Ntigurirwa Fidel w’imyaka 31 tariki 02/01/2013 ahita y’itaba Imana.
Nyuma y’aho itorero ry’Abadiventisite b’umunsi wa karindwi rifatiye ikemezo cyo guhagarika agasoko kakoreraga mu isambu y’iri torero, abahakoreraga baratakambira Leta ngo ibashakire aho bakorera kugirango bashobore gutera imbere.
Umwana w’imyaka 18 witwa Kaka Gaston wari utuye mu mudugudu wa Rwankuba, akagari ka Remera, umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, yakubishwe n’inkuba tariki 28/12/2012 ahita yita Imana.
Imbunda yo mu bwoko bwa SMG (Semugi) ifite nomero 0623 yatoraguwe n’umuhinzi Nyandwi Theogene w’imyaka 44 igihe yarimo gukura amateke tariki 29/12/2012 mu gishanga cy’Umuhama mu kagari ka Ntenyo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Inama Njyanama y’akarere ka Ruhango yafashe ikemezo ko ubutaka bwa Leta (ibisigara) butazongera gutizwa, ahubwo ko bugiye kujya bukodeshwa ababukeneye kuko byagaragaye ko butizwa abantu cyangwa amakoperative ntibwitabweho.
Ndayambaje Benoit w’imyaka 29 y’amavuko, ari mu maboko ya polisi azira gucuruza urumogi muri sentire ya Buhanda mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango.
Imiryango 59 yo mu karere ka Ruhango yafashe icyemezo cyo gutangira umwaka mushya wa 2013 ibanye mu buryo bwemewe n’amategeko nk’uko ubuyobozi buhora bubibakangurira.
Ubuyobozi bwa sosiete y’itumanaho MTN mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gufatira ingamba zikomeye abashinzwe gukwirakwiza amakarita na za mitiyu muri aka karere, bagaragaraho ingeso yo kwiba abakiriya.
Abantu 7 bo mu kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, batawe muri yombi bazira gukora no gucuruza ibiyobyabwenge kugeza ubu bakaba bafungiye kuri polisi ya Byimana.
Nubwo ikibazo cy’abanyeshuri ba Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) kicaje inzego z’itandukanye, cyakomeje kuburirwa umuti bikaba bigaragara ko hagikenewe izindi mbaraga kugirango kirangizwe mu nzira nziza.
Abantu batatu harimo nyiri kuyikuramo, uwamurangiye uzayimukuriramo, n’umuganga ukekwaho kuyimukuramo, bose bafungiye kuri polisi ya station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 12/12/12, bakekwaho gukuramo inda y’amezi abiri.
Umusore utaramenyekana yaraye arashwe n’umupolisi mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, ubwo yari agerageje kumuhagarika uyu musore akanga guhagarara.
Abanyeshuri 150 barangije umwaka wa gatatu mu ishuri ry’ubuforomo n’ububyaza Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) riherereye mu karere ka Ruhango, baratangaza ko ubuyobozi bw’ishuri bwabimye indangamanota.
Abaturage biganjemo abanyeshuri batuye mu murenge wa Bweramana, muri santire ya Gitwe mu karere ka Ruhango, bahangayikishijwe cyane n’igisambo cyizwi ku izina rya Mushinwa gikunze kwambura abantu telefoni mu ijoro.
Iribagiza Azela atuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, amaze kwigeza ku bikorwa byinshi birimo n’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO, akavuga ko yabigezeho kubera umuryango wa FPR-Inkotanyi wamufunguye mu bwonko.
Ku bufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano, mu midugudu ibiri Karama na Sahara yo mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, mu rukerera rwa tariki 08/12/2012, hafatiwe litiro 3200 z’ibikwangali.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Muyunzwe mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, bumaranye iminsi umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 ufite ubumuga bwo kutumva, ariko ngo babuze aho akomoka kuko atavuga kandi akaba atanumva.
Kuva aho bakanguriwe kureka guhinga urutoki rwa gakondo bagatangira guhinga mu buryo bwa kijyambere, abahinzi baravuga ko biteguye kubona umusaruro mwinshi ngo kuko batangiye kubona ko hari itandukaniro.
Mutabaruka Gakumba Desire, Munyemana Jean Pierre, Twahirwa Prothegene, Habiyaremye Theodere na Niyosenga Octave barashinjwa kuba barateye urugo rwa Nsengiyumva Euraste tariki 29/11/2012 bagiye kumwiba bagatema abantu batatu bari batabaye.