Kongera ubuso buteyeho amashyamba mu Rwanda bihagaze bite?

Ikigo gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba mu Rwanda kiratangaza ko umwaka wa 2019 uzarangira 30% by’ubuso bumaze guterwaho amashyamba.

Hari gahunda y'uko 2019 izarangira ubuso bw'u Rwanda buteyeho amashyamba
Hari gahunda y’uko 2019 izarangira ubuso bw’u Rwanda buteyeho amashyamba

Ubwo buso buzaba buteyeho ibiti babubaze batabariyemo uburiho inzuzi n’ibiyaga, bivuze ko igice kinini cy’igihugu kizaba kiriho amashyamba.

Prime Ngabonziza umuyobozi mukuru muri iki kigo avuga ko kugeza ubu ubuso buteyeho amashyamba bungana na 29,8%. Avuga kandi ko muri ibyo biti biteye mu Rwanda, 30% bibigize ari ibivangwa n’imyaka kandi hakaba hari gahunda yo kubyongera ku buryo muri 2024 bizaba bigeze kuri 85%.

Ibi ngo bizagerwaho igihe umuntu ufite ubutaka azaba afite byibura ibiti bitanu by’imbuto, kandi kuri hegitari ihingwa hariho ibiti hagati y’100 n’150.

Ngabonziza uyobora Ikigo gishinzwe guteza imbere amazi n'amashyamba mu Rwanda yerekera abana uko batera ibiti
Ngabonziza uyobora Ikigo gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba mu Rwanda yerekera abana uko batera ibiti

Yabitangaje kuwa Gatandatu tariki 10 Ugushyingo 2018, ubwo abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rwa Hanika ruherereye mu Karere ka Nyanza bakoraga igikorwa cyo gutera ibiti.

Yasobanuriye abo banyeshuri ko nta kindi cyarinda Ibiza bikunze kwibasira igihugu atari ibiti bigabanya umuyaga ndetse n’isuri.

Yagize ati “Ibiti binatuma duhumeka umwuka mwiza. Iyo ugiteye, ukacyitaho kigakura kikugirira akamaro, ariko kinagirira akamaro n’abandi bantu kuko bose bahumeka umwuka mwiza.”

Abana bo mu mashuri abanza n'ayisumbuye bitabiriye gutera igiti ari benshi
Abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bitabiriye gutera igiti ari benshi

Abanyeshuri batashye biyemeje kubitera n’iwabo kugira ngo bashyireho uruhare rwabo mu kubungabunga, nk’uko uwitwa Emmanuel Sugira wiga mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza yabitangaje.

Ati “Kkurikije akamaro k’ibiti nabwiwe, njyewe nzatera ibiti byinshi, cyane cyane avoka. Nzajye nzicuruza, abana bato babone izo kurya ntibarangwe n’imirire mibi, kandi nanjye mbone amafaranga.”

Erasme Ntazinda umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, yavuze ko kugeza ubu ibiti by’amashyamba bamaze gutera ibiti bikiri ku 10% gusa. Icyakora ngo ibivangwa n’imyaka byo ngo byaratewe bihagije kuko bageze ku ijanisha riri hejuru ya 60%.

Bateye ibiti by'imbuto mu bisitani bw'ishuri banashishikarizwa kuzabibungabunga kugira ngo bikure
Bateye ibiti by’imbuto mu bisitani bw’ishuri banashishikarizwa kuzabibungabunga kugira ngo bikure
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka