Nyamasheke: Umusaza w’imyaka 81 yatawe muri yombi akekwaho ibikorwa byo kuroga

Umusaza w’imyaka 81 y’amavuko witwa Ntifashwa Ignace wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 22/11/2013 akura umusaraba ku mva yo mu irimbi ndetse agakora n’ibindi bikorwa ngo bituma akekwaho kuroga.

Uyu musaza yatawe muri yombi mu gitondo cya tariki 22/11/2013 afatirwa mu irimbi rya Gahondo aho yari amaze gukura umusaraba ku mva ndetse akahakura n’ibyatsi byitwa “Ngingo” n’inteja 100 kandi afite umwanana w’insina.

Ubwo yatabwaga muri yombi n’abaturage ndetse agashyikirizwa inzego zishinzwe umutekano, Ntifashwa yavuze ko ibyo bintu yari afite ngo ari umuti yarangiwe n’Abanyekongo.

Amakuru atangwa n’abaturage b’umurenge wa Kanjongo avuga ko uyu musaza yaba akekwaho ibikorwa byo kuroga.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendant Vita Hamza yemereye Kigali Today ko uyu musaza ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho icyaha cyo gusenya amashusho.

Supt Vita atanga ubutumwa bw’uko abaturage bakwiriye kubahiriza Umuco Nyarwanda, by’umwihariko bakubaha imva uko byaba bimeze kose kandi bakirinda kwica amategeko kuko iyo umuntu anyuranyije n’itegeko ahanwa; bityo abaturage bakaba basabwa kwirinda ibintu bibi byose bishobora kubashora mu bihano.

Mu gihe iki cyaha cyaba kimuhamye, uyu musaza Ntifashwa yahanishwa ingingo ya 407 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda iteganya igifungo cyo kuva ku myaka 5 kugeza kuri 7.

Emmanuel Ntivuguruzwa

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka