Lt Col Nzeyimana Fulgence wakoraga mu buyobozi bwa FDLR avuga ko amakuru atangwa muri FDLR atandukanye n’ukuri ku ibibera mu Rwanda.
Abagabo bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze baratangaza ko kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore bibafasha kurushaho gusabana n’abagore.
Komiseri mukuru w’itorero ry’igihugu Rucagu Boniface asanga gushinga kaminuza atari ubucuruzi ahubwo ari ukubaka igihugu.
Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.
Umuyobozi w’ishuri rikuru rya gisirikare riri Nyakinama Gen Major Kazura, rikorera mu Karere ka Musanze, asanga kumenya imico yabo mubana bifasha kumenyana.
Basigarira Yohani wo mu karere ka Musanze, arahamagarira urubyiruko kudasuzugura umurimo, kuko imyaka 30 amaze acuruza amandazi abayeho neza.
Bamwe mu rubyiruko rukorera imbabura mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, bahangayikishijwe no kwirukanwa aho bakorera badafite amerekezo.
Mu kigo cy’igihugu cyigisha amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, harimo gutangirwa amasomo yo kurinda abasiviri mu gihe habungabungwa amahoro.
Abaturage batuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze baratangaza ko icyo gukora ku munsi wa Referandumu bakizi.
Abasirikare n’abasiviri 23 barangije amahugurwa ku bijyanye n’imikoranire y’inzego zombi mu Kigo cy’igihugu cy’Amahoro cya Nyakinama (RPA), baratangaza ko ubwo bumenyi buzabafasha.
Abakuru b’imidugudu mu Karere ka Musanze, baribaza uburyo bazigishamo abaturage kwaka ibyangombwa bifashishije ikoranabuhanga mu gihe ubwabo badasobanukiwe uko rikoreshwa.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko imurikagurisha rya 2015 ribera i Musanze ryakiriye abamurika ibikorwa barenze abari bateganyijwe.
Mu Munsi Mpuzamahanga w’Abafite Ubumuga mu Karere ka Musanze, havuzwe ko umushinga wo kubafasha kwiga wamaze kwemezwa hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bafite.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu karere ka Musanze butangaza ko mu gihe cy’amezi abiri ikibazo cy’umwanda uhagaragara kizaba cyakemutse.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abafite amasambu bahingamo mu mujyi wa Musanze kubireka kuko biteza akajagari n’isuku nke.
RDB ngo yahisemo kwegera abikorera ibamenyesha serivise itanga kugira ngo bazikoreshe mu kwihutisha iterambere nk’abakiriya bayo b’imena.
Umunyarwanda Nsengimana Bosco yegukanye umwanya wa mbere kuva i Kigali kugera Musanze,ahita akomeza kuyobora urutonde rusange rwa Tour du Rwanda 2015.
Abanyamakuru b’abagore mu Rwanda batangaza ko ubumenyi bungukiye mu mahugurwa bahawe buzabafasha mu kwihangira imirimo no kunoza akazi mu itangazamakuru.
Ntibibaza Gerard wari umwe mu bayobozi b’igisirikare cya FDLR agataha mu Rwanda, yagaragarije umubare w’abarwanyi ba FDLR utajya utangazwa, avuga n’ahaherereye abarwanyi.
Leta y’u Rwanda irasaba Croix Rouge y’u Rwanda gukomeza gukora ibikorwa birambye bifasha abaturage kuva mu bukene bagatera iterambere.
Abahinzi b’ibirayi bagaragaza ko bafite ikibazo cyo kutabona imbuto y’ibirayi mu gihe cy’ihinga bigatuma bahinga imbuto mbi ziva mu gihugu cya Uganda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arakangurira abaturage bo mu Karere ka Musanze kongera umusaruro uva ku buhinzi.
Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC) yahaye uburenganzira Kaminuza ya Kigali (UoK) bwo gufungura ryayo mu Karere ka Musanze.
Aborozi b’ingurube, mu Karere ka Musanze, bavuga ko ingurube ari itungo ritanga amafaranga kurusha andi matungo kuko uyoroye ngo imuvana mu batindi akaba umukire.
Abikorera bo mu Rwanda baranengwa kutitabira kubyaza umusaruro isoko rigari ry’abaturage miliyoni 150 batuye mu bihugu by’Afurika y’Iburasizuba.
Abasivili, abapolisi n’abasirikare 20 bava mu bihugu icyenda bya EASF batangiye amahugurwa azibanda ku kurinda umwana mu butumwa bw’amahoro.
Uwayezu Gloriose w’imyaka 25 watinyutse akazi ko kubumba amatafari, avuga ko byamuteje imbere none ateganya kwirihira kaminuza mu mwaka utaha.
Abayobozi b’ibitangazamakuru byandika barasabwa gukora indi mirimo ifitanye isano n’ibyo bakora kugira ngo bongere ubushobozi bw’ibitangazamakuru byabo bifite ikibazo cy’amikoro.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kiryi, Akagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze barasaba guhinga amasaka kuko ari yo ngo abaha umusaruro mwinshi.
Akineza Devotha w’imyaka 24 akora akazi ko gutanga serivisi zitandukanye akoresheje terefone mu Mujyi wa Musanze bikamwinjiriza amafaranga ibihumbi 300 ku kwezi.