Abasirikare ba EAC barakarishya ubumenyi mu kubungabunga amahoro

Abasirikare 24 bakomoka mu bihugu bigize Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba (EAC) batangiye kwiyungura ubumenyi mu byo kubungabunga amahoro muri ibi bihugu.

Abayobozi batandukanye n'abasilikare bari mu mahugurwa
Abayobozi batandukanye n’abasilikare bari mu mahugurwa

Abo basirikare barimo n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bateraniye mu mahugurwa y’ibyumweru bibiri, abera mu kigo cy’u Rwanda cy’amahoro (Rwanda Peace Academy) giherereye muri Musanze, tariki 28 Ugushyingo 2016.

Brig Gen. Dr Rudakubana Charles atangiza ayo mahugurwa yavuze ko abayitabiriye azabagirira akamaro mu kubungura ubumenyi mu birebana n’imicungire y’abakozi n’ibikoresho byifashishwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Agira ati “Aya amahugurwa y’ingirakamaro ni umwanya mwiza wo kuyavomamo ubumenyi buhagije mu bazabahugurwa ku buryo umunsi mwoherejwe mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bizabafasha kuzuza neza inshingano zanyu.”

Akomeza avuga ko igikorwa cyo guhuriza hamwe ingabo zo mu karere u Rwanda ruherereyemo bisaba ko habaho amahugurwa nk’ayo kugira ngo bose bayagireho imyumvire imwe bahuriza hamwe ubunararibonye.

Abasilikare bo muri EAC bari kwiyungura ubumenyi mu kubungabunga amahoro
Abasilikare bo muri EAC bari kwiyungura ubumenyi mu kubungabunga amahoro

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, William Gelling avuga ko Ubwongereza buzakomeza gutera inkunga no gufasha igisirikare cyo muri EAC mu bijyanye no kubungabunga amahoro.

Agira ati “Ibihugu byose bihagarariwe muri aya mahugurwa by’umwihariko u Rwanda byatanze umusanzu ukomeye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu butumwa byagiye byoherezwamo.

Niyo mpamvu igihugu cy’u Bwongereza gitewe ishema n’inkunga gitanga binyuze mu kigo cy’Ingabo z’Abongereza gifasha ibihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (British Peace Support Team- Eastern Africa).”

Bamwe mu basirikare bazabahugura hamwe n'abazahugurwa mu bijyanye no kubungabunga amahoro mu bihugu bigize EAC
Bamwe mu basirikare bazabahugura hamwe n’abazahugurwa mu bijyanye no kubungabunga amahoro mu bihugu bigize EAC

Abo basirikare bitabiriye ayo mahugurwa baturutse mu bihugu byo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba arimo ingabo zaturutse muri Uganda, Kenya, Tanzaniya n’u Rwanda.

Yateguwe na Rwanda Peace Academy ku nkunga y’Ubwongereza.

Amahugurwa yatangijwe na Brig Gen. Dr Rudakubana Charles
Amahugurwa yatangijwe na Brig Gen. Dr Rudakubana Charles
Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, William Gelling yishimiye imyitwarire y'ingabo z'u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro zoherezwamo
Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, William Gelling yishimiye imyitwarire y’ingabo z’u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro zoherezwamo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka