Abagize Sena y’u Rwanda basabye abayobozi b’Akaree ka Nyamasheke ko bashyiraho igishushanyo mbonera cy’ubukerarugendo mu gihe cya vuba.
Abaturage batuye hafi y’Isoko rya Nyamitaka bagombaga kwimurwa kubera ko begereye Ikivu, basaba kwemererwa gusana amazu yabo kuko hashize imyaka itatu batarahabwa ingurane.
Ubwo abajyanama b’Akarere ka Nyamasheke bakoraga inama yabo ya mbere, bavuze ko bagiye guhindura imikorere bakajya bagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Umukecuru w’imyaka 52 witwa Uwiduhaye Bertha yasanzwe mu nzu yapfuye yatemaguwe cyane mu mutwe.
Umuhanzi wamamaye mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana mu Itorero rya Zion Temple na Eglise Vivante, Sam Murenzi, yashinze ishuri ry’umuziki.
Ngirinshuti Jonas avuga ko yamaze guhimba umukino witwa Boneza ball,ukaba ari umukino utangiye kwamamara mu Rwanda n’ubwo nta handi wawusanga ku isi.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Ntango mu Murenge wa Nyabitekeri buravuga ko bwatangiye ubukangurambaga ngo umuco wo gutanga isake uhaba ucike burundu.
Umuhanzi Gasigwa Pierre avuga ko yahimbye indirimbo itaka ubwiza bw’umuhanda wa “Kivu Belt” ashimira ngo ashimire Perezida Kagame wakuye abaturage mu bwigunge.
Abakirisitu b’itorero ry’Imana ry’Isezerano Rishya” mu Karere ka Nyamasheke barishimira ko itorero ryabo ryita ku bitunga roho n’ibibungabunga ubuzima bwabo.
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Ubukungu, Ntaganira Josue Michel, yakomerekeye mu mpanuka y’imodoka.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke basabwe gutinyuka bakarwanya ikibi uko cyaba kimeze kose bagamije kwimakaza umuco w’amahoro no gukumira jenoside.
Abantu bataramenyekana bitwaje ibyuma baraye bateye ikigo cy’isosiyete ikora umuhanda ya China Road ngo biba asaga miliyoni 7,5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri biga ku Ishuri Ribanza rya Saint Paul Tyazo ry’i Kanjongo Karere ka Nyamasheke, basobanuriwe uko bagenda neza mu muhanda, maze basabwa kwirinda impanuka.
Abarimu barasabwa gutinyuka bakigisha abanyeshuri kuri Jenoside bagamije amahoro, kugira ngo abo bigisha bamenye uko yabayeho n’uburyo bashobora kuyirwanya.
Impanga ebyiri z’abahungu zo mu Karere ka Nyamasheke zatemye se uzibyara, zinamwaka amafaranga ibihumbi 100 yari amaze kwishyurwa ku kimasa.
Abatuye mu Murenge wa Kilimbi muri Nyamasheke, amashanyarazi bahawe nta ngufu afite ku buryo bayakoresha mu bindi bitari ugucana gusa.
Uwitwa Tuyisenge Clementine wo mu Karere ka Nyamasheke afunzwe azira gutwika ikiganza umwana yibyariye amuhoye ko yakoze mu nkono.
Abamotari bakorera mu Karere ka Nyamasheke, biyemeje kongera ubufatanye mu gufatanya na Polisi gucunga umutekano no guca ibyaha bihagaragara.
Abashinzwe kurinda Ikivu batangaza ko bamaze gufata amajerekani agera kuri 25 ya mazutu, ubwo bagenzura uko Ikiyaga gikoreshwa.
Bamwe mu bajyanama b’imirenge barahiriye kuzubahiriza inshingano zabo bavuze ko biteguye kuzaba ijwi ry’abaturage babatoye no guharanira kutazanengwa imikorere mibi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko abafite ubumuga butandukanye bashobora kuzagorwa no gutora muri aya matora y’abayobozi b’inzego z’ibanze, baziyambaza inshuti n’abaturanyi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu Karere ka Nyamasheke rwafunguye umwe mu bayobozi ba Sosiyete y’Abashinwa “China Road & Bridge Corporation” wari ukurikiranweho ubujura bw’amapine.
Nyuma y’igihe kinini abahinzi b’icyayi ba Gatare basaba umuhanda n’uruganda amaso yaraheze mu kirere, umuhanda Hanika - Kivugiza w’ibilometero 14 watangiye gukorwa.
Ubwo batangizanga imirimo y’ubwubatsi bw’isoko rishya rya Rwesero, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko bitarenze amezi 4 rigomba kuba ryuzuye
Abadepite bamaze iminsi 10 basura Akarere ka Nyamasheke basabye abayobozi guha agaciro abaturage batinyutse bakagaragaza ibitagenda.
Abahinzi b’umuceri bo mu mirenge ya Kilimbi na Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bugarijwe n’imisundwe kubera ko bahingisha ibirenge batikingiye.
Sosiyete y’Abashinwa “China Road & Bridge Corporation” ikora umuhanda Nyamasheke - Karongi, ishobora kujyanwa mu nkiko mu gihe yaba ikomeje kwinangira kugomorora amazi yazibye.
Abadepite bari mu karere ka Nyamasheke basura ibikorwa bitandukanye, batangaje ko batanyuzwe n’uburyo imirimo yo gukora umuhanda Rembo-Rugari yatinze kurangira.
Bamwe mu basoje icyiciro cya mbere cy’ Itorero mu Karere ka Nyamasheke basabye ko ibiganiro biritangirwamo bya bitangwa mu buryo birambirana.
Bamwe mu barera abana b’imfubyi bibaza amaherezo yabo mu gihe bageze mu myaka yo gushaka nta bushobozi bubafasha kubashyingira kibyeyi.