Nyirabagirishya Hillary na Kanyenduga Florien bavuga ko ibanga ryatumye barambana imyaka 66 nk’umugabo n’umugore babikesha gusenga no kumenya kubahana
Abaforomo bo mu karere ka Rusizi bashinja abashinzwe kuyobora ibigo nderabuzima kutaba umwanya ngo bakurikire amahugurwa baba batumiwemo kubera indonke.
Kayiganwa Venantie, Umunyarwandakazi uba mu Bubiligi, arimo kubaka ibyumba by’amashuri by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 300FRW yitura ikigo cy’amashuri abanza yizeho.
Abanyamakuru bamaze ukwezi biga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today basojeamasomo, maze bahamagarirwa kubyaza umusaruro ibyo bize.
Abanyeshuri barimo kwiga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru, Kigali Today, basuye abagore bakora ubugeni mu kigo “Women for Women” kiri mu Karere ka Kayonza.
Isosiyete ikora imihanda “China Road and Bridge Corporation” irashinjwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke kutubahiriza inshingano mu ikorwa ry’umuhanda wa Kivu Belt.
Umwana w’umukobwa byagaragaraga ko avuye ku ishuri, yagejeje kuri Guverineri w’Intara y’uburengerazuba ikibazo cyo kutamenya inkomoko ye, bamwe kwihangana birabananira baraturika bararira.
Guverineri w’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, yamaze impaka abaturage n’Uruganda rw’Icyayi rwa Bisakura bari bamaze igihe bashinjanya kurengererana.
Abaturage bo mu midugudu ya Mujabagiro na Murwa mu Murenge wa Kagano i Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubakemurira ibibazo mu ikorwa ry’umuhanda uva Ninzi ugana Murwa.
Umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka 22 wakoraga kuri Motel du Lac, ahazwi nko kw’Alphonse i Nyamasheke, yatawe muri yombi ashinjwa gukuramo inda mu gihe byari bizwi ko atwite.
Umuhanzi wamenyekanye cyane hambere Byumvuhore Jean Baptiste, avuga ko yahimbiye indirimbo RayonSport nyuma yo gukorwa ku mutima n’ubumwe Abanyarwanda bari bagaragaje.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko hafashwe ingamba zikarishye kugira ngo hakumirwe ikibazo cy’abana bata ishuri.
Abaturage b’Umurenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke barasabwa guhaguruka, bakamagana umuco wo gutanga “Rusake” ufatwa nk’ihohoterwa kandi ugasenya umuryango.
Abaturage batuye mu Karere ka Nyamasheke basarabwa kwitabira kuzabyaza umusaruro amaguriro mashya agiye gushyirwa kuri Kaburimbo ikikije i Kivu (Kivu Belt).
Bamwe mu bakobwa babyariye iwabo barasaba ko abahungu babateye inda bahugurwa ku myororokere no gukumira ko batera inda abandi bakobwa.
Akarere ka Nyamasheke butangaza ko buri gukora igenzura ryimbitse ngo hamenyekane umubare nyakuri w’abana bataye ishuri, kugira ngo bagarurwe mu ishuri.
Abayobozi bo mu Karere ka Nyamasheke barasabwa gufasha abo bayobora kwamagana urugomo kugira ngo bazubake amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.
Abayobozi b’Ibitaro bya Kibogora ntibabashije kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo kuko umwe muri bo yavuze ko atarabona umwunganira mu mategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwishyurije umuturage wari umaze imyaka itatu ashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare, Uwiringiyimana Bosco, kumwambura ibihumbi 30Frw.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke baravuga ko ubufatanye bw’umugabo n’umugore bwarandura ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara mu bana ndetse n’ubukene bwugarije imiryango.
Abatuye Umurenge wa Kilimbi muri Nyamasheke bamaze amezi atandatu bagorwa no kubona serivisi z’irangamimerere kuko nta we ubishinzwe uhari.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kilimbi bahoze mu bukene bukabije, bahaye ingurube bagenzi babo bakiri abakene.
Abafite ubumuga barasabwa guhaguruka bagatinyuka, bagaharanira uburenganzira bwabo mu nzego no mu bikorwa bitandukanye kuko bemeza ko na bo bashoboye.
Umukozi w’Akagari ka Nyagatare mu Murenge wa Mahembe wari umaze amezi abiri yaraburiwe irengero, ashinjwa kunyereza inyongeramusaruro z’abaturage, yatawe muri yombi asubizwa mu Karere ka Nyamasheke.
Abayobozi bane b’Ibitaro bya Kibogora barimo Umuyobozi Mukuru wabyo, batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda bakurikiranweho kunyereza umutungo w’ibitaro.
Akarere ka Nyamasheke kahaye ibigo nderabuzima byo mu bitaro bya Bushenge na Kibogora, ibikoresho byo kwa muganga by’agaciro karenga miliyoni 135 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabitekeri barasaba amazi meza kuko inganda zitunganya kawa zigabije amavomo yabo, zikayayobora mu ikawa batunganya.
Abaturage batuye mu midudgudu ya Ninzi na Rugabano mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke barasaba guhabwa ingurane nyuma yo kwangirizwa ibyabo hakorwa imihanda.
Abashinzwe Pariki ya Nyungwe batangiye ubushakashatsi bwo kuhagarura inzovu zahozemo ariko zikaza gucika ariko bakavuga ko inzira ikiri ndende ngo bikunde.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe buranyomoza amakuru amaze iminsi avugwa ko umuhanda uca muri iryo shyamba ushobora kuzafungwa.