Nyamasheke: Impanuka y’imodoka yakomerekeje umuyobozi wungirije w’akarere

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Ubukungu, Ntaganira Josue Michel, yakomerekeye mu mpanuka y’imodoka.

Iyi mpanuka yabaye mu ma saa yine imbere y’Ibiro by’Akarere ka Nyamasheke, ubwo imodoka yari itwaye Ntaganira yari isohotse bagiye mu kazi, igahita icakirana n’itagisi yari itwaye abagenzi.

Iyi mpanuka yakomerekeyemo Umuyobozi Wungirije w'Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Ubukungu.
Iyi mpanuka yakomerekeyemo Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Ubukungu.

Ababonye iyo mpanuka iba, bavuga ko imodoka yari itwaye umuyobozi w’akarere wungirije yasohotse mu gipangu igiye mu kazi yagera mu muhanda, itagisi itwara abagenzi igasohoka muri parikingi iri inyuma y’indi modoka itabanje kureba imbere, iyari itwaye umuyobozi w’akarere igahita iyigonga mu rubavu.

Umwe mu babibonye yagize ati “Umushoferi wa tagisi yasohotse aho imodoka ziparika ari inyuma y’indi modoka, muri uko gukata ntiyigeze abona ko hari indi modoka iri kumanuka.

Ni bwo akimara gukata ageze mu muhanda yahise agongwa n’imodoka y’umweru, turebye dusanga yari itwaye Umuyobozi w’Akarere Wungirije. Yakubise umutwe kuri paraburise arakomereka cyane”.

Umushoferi wari utwaye itagisi Niyigena Thomas we ari avuga ko atigeze akora amakosa kuko yari avuye muri pariki agenda imodoka ikaza ikamugonga.

Kugeza ubu nta rwego rwa Leta cyangwa se Polisi rwari rwagira icyo ruvuga kuri iyi mpanuka.

Mu gihe abakomeretse byoroheje bari bari mu itagisi bavuriwe ku Kigo nNderabuzima cya Nyamasheke, Ntaganira Josue Michel, we yajyanye kuvurirwa mu Bitaro bya Kibogora.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

None c uyu mush offers ayobewe koi modoka yinjira mu muhanda munini I gombe gushishoza kdi ikareka izirimo zikabanza zigahita? Ahanwe.
Pole vice Mayor

Alias yanditse ku itariki ya: 21-03-2016  →  Musubize

Umuyobozi wakoze impanuka tumwifurije kurwarira ubukira

Muhire yanditse ku itariki ya: 21-03-2016  →  Musubize

Uyu muyobozi Niyihangane kandi adware ubukira.

Uwitonze Gélase yanditse ku itariki ya: 18-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka