Abacuruzi baciriritse bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko kunyereza imisoro kwabo guturuka ku bo baranguriraho bo muri Kigali basorera ½ gusa cy’ibyo baranguriweho.
Minisitiri w’ubutgetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, aranenga abayobozi b’inzego z’ibanze batekinika mu marushanwa “Umurenge Kagame Cup” agamije gushimangira amahame y’Imiyoborere myiza.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko ibikorwa remezo bizakomeza kongerwa mu Karere ka Rwamaga kugira ngo abaturage barusheho kugira ubuzima bwiza.
Ikipe y’abakobwa y’umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, na Cyanika ya Nyamgabe zegukanye umwanya wa gatatu imu mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu.
Ikigo kigenga cy’ikoranabuhanga (Rwanda online) kiratangaza ko kugeza ubu, serivisi 30 zakwa n’abaturage mu nzego zitandukanye zishobora guhabwa umuturage atiriwe asiragira.
Abaturage baturiye Ibitaro bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba bituzura, bibangamiye ubuzima bwabo kuko badashobora kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yemereye uturere ubufatanye mu kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Abatuye Intara y’Amajyepfo biganjemo igitsina gore batararushinga, bahangayikishijwe n’ibyo bakwa mu gihe bagiye gushaka byitwa “Amajyambere”, birimo moto cyangwa igare.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) kirasaba abayobozi b’uturere turimo imijyi izunganira Kigali, kwihutisha inyigo zayo kuko abazakerererwa, bazahabwa amafaranga make mu yo kuyitunganya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga butangaza ko bwizeye ko amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” azafasha mu kuvugurura ikipe y’akarere ya AS Muhanga.
Intumwa y’u Rwanda mu gihugu cya Uganda, Amb. Frank Mugambage, arasaba urubyiruko gukora cyane kugira ngo rurusheho guteza imbere Umugabane wa Afrika.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Abubatse Biogaz mu Murenge wa Rongi muri Muhanga, bamaze imyaka hafi imyaka itatu bishyuza ibirarane bya miliyoni 30 frw bambuwe.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko mu Karere ka Karongi, yavuze ko uruganda rwa Gaz Methane, ari imbarutso y’iterambere ry’umujyi wa Karongi n’akarere muri rusange.
Perezida Kagame arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gufatanya n’abaturage kugira ngo babashe gukorera hamwe no guteza imbere igihugu.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (CNDP) irizeza ubuvugizi bw’abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro bazwi izina ry’abapaneri bakora badahemberwe imibyizi yabo.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arashishikariza Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo kwifatanya n’u Rwanda kongera ingufu zituruka kuri Gaz Methan yo mu Kivu.
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Muhanga rurizeza Abanyarwanda impinduka mu kurwanya no kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga iratangaza ko abakora bakanacuruza inzoga zidafite ubuziranenge zizwi ku izina ry’ibikwangari, bazakurikiranwa n’amategeko.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko nta mpamvu abona u Rwanda rwakumira Umuyobozi wa Sudan, Omar El Bashir mu nama ya Afurika yunze Ubumwe (AU) izabera mu Rwanda, mu gihe abayitegura baba bamutumiyemo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rukeneye abashoramazi bazi icyo gukora kuko aho igihugu kigeze, kizi ibifitiye abaturage akamaro.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame arahamagarira urubyiruko rwa Afurika kutitinya ahubwo rugahaguruka rugahanga udushya twarufasha kwiteza imbere.
Uruganda rw’inzoga rwa Skol rwasohoye icupa rito rya Lager 33cl, mu rwego rwo guhiga izindi nganda zohereza inzoga ku isoko ry’u Rwanda.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 117 angana na miliyari 157Frw yo kwagura ibikorwa by’ingufu z’amashanyarazi mu gihe cy’imyaka itanu.
Abaturage umunani bo mu mirenge ya Nyabinoni, Rongi na Mushishiro mu Karere ka Muhanga bahitanywe n’ibiza by’imvura.
Umugabo wo mu Karere ka Muhanga yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica undi mugabo baturanye. Bikekwa ko yamujijije kumusambanyiriza umugore.
Ikipe ya AS Muhanga iratangaza ko nta kibazo ifitanye na Bokota Labama, kandi ko ari gutanga umusaruro mwiza.
Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda kubumbatira umutekano nk’inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye mu nzego zose.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arasaba Abanyarwanda gushyigikira iterambere ry’abagore kuko nta terambere rishoboka umugore atarigizemo uruhare.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.