Niyomugabo Philemon yavutse 1969 mu yahoze ari Komini Mabanza muri Perefegitura Kibuye, ubu ni mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, akaba mwene Nzabahimana Simeon na nyina witwaga Irène.
Twagirayezu Cassien uzwi mu njyana zo hambere zicuranze mu buryo butuje yavutse mu 1956 mu yahoze ari Komini Musange muri Perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe, abyeyi be ni Rukebesha Athanase na Nyiramyasiro Cecile.
Mu Murenge wa Nyamabuye mu Kagari ka Gahogo mu mudugudu wa Rutenga hari abaturage bavuga ko Guma mu Rugo ikomeje bakwicwa n’inzara, kuko hashize iminsi isaga 10 bataragobokwa ngo bahabwe ibyo kurya mu gihe imirimo yabo yahagaze.
Umuhanzi Kayitare Gaetan ni we waririmbye indirimbo nyinshi zirimo ‘Gakoni k’abakobwa, Simbi n’zindi zageze aho zikajya mu biganza bya Mavenge Sudi, ndetse benshi bamenya cyane izo ndirimbo nk’iza Mavenge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko umuturage uguze cyangwa ugurishije ikibanza muri site zigenewe guturaho, azajya yishyura ibihumbi 250Frw kubera ibikorwa remezo birimo kuhashyirwa.
Hashize imyaka ibarirwa muri za 40 umuhanzi Niyigaba Vincent, aririmbye igitekerezo cy’umukobwa wahengereye umuhungu adahari maze yinjira mu nzu ye ashaka ko amurongora uko byamera kose, ibyo umuntu yakwita kwihambira ku muhungu, mu ndirimbo ‘Yanze gutaha mbigire nte’.
Inteko Nyarwanda y’Umuco n’Ururimi (Rwanda Culture Heritage Autority, RCHA) iratangaza ko harimo kwigwa uko umuganura wahuzwa n’imihigo ya buri mwaka, kugira ngo urusheho kwaguka no guhuza Abanyarwanda.
Imfungwa eshatu zashatse gutoroka gereza ya Muhanga, zafashwe zigarurwa muri gereza nyuma yo gushaka gutoroka zirenze igipangu zifungiyemo. Byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Kanama 2021 mu masaha ya saa yine ubwo humvikanaga urusaku rw’amasasu yarashwe n’abacungagereza bagerageza guhagarika abatorokaga.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda (RCS), ruratangaza ko hategerejwe Igazeti ya Leta kugira ngo abahawe imabazi na Perezida wa Repuburika, n’abasabye gufungurwa by’agateganyo barekurwe.
Ubuyobozi bw’ishuri rya ESECOM Rucano mu Karere ka Ngororero buratangaza ko ibyavuzwe ko abanyeshuri b’icyo kigo na bagenzi babo bafungiye kwigaragambya atari byo, ahubwo bazize imyitwarire mibi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko n’ubwo ingendo zihuza Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara zemewe, Gare ya Muhanga ikomeza gufungwa kubera ko iri mu Murenge washyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko burimo kwiga uko bwabonera ibyo kurya abaturage bashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bwa Covid-19.
Abikorera mu Karere ka Muhanga bari muri gahunda ya Guma mu Rugo barifuza ko isaha yo gufunga ya saa saba (13:00pm) yakwigizwa inyuma, kuko abakiriya baba bakibagana kandi hari ibicuruzwa bibahomberaho birimo ibyo kurya.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko gufata umwanzuro wo gushyira imwe mu mirenge igize ako karere muri Guma mu Rugo bidatunguranye, kubera kuzamuka kw’imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi Nyiricyubahiro Musenyeri Smaragde Mbonyintege arasaba inzego zibishinzwe kumukuriraho imisoro y’ubutaka bwa Diyosezi ya Kabgayi ayobora bumwanditseho kuko atari ubwe ahubwo ari ubw’abakirisitu.
Komosiyo y’Igihugu y’ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) irasaba buri wese n’ubumenyi afite, gukora ibishoboka akarwanya kandi agakumira amacakubiri mu nzira zose agaragaramo, hagamijwe gukomeza kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abayobozi b’amasibo n’abaturage muri rusange gutanga amakuru y’ahakorerwa inzoga zitemewe kuko zangiza ubuzima bw’abaturage kandi bigahombya abazikora iyo bafashwe.
Urwego rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ruhango rwatangaje ko buri mucuruzi agomba nibura kwishyura amafaranga 2000 yo kongerera ubushobozi abakorerabushake bafasha abantu mu kurwanya Covid-19.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishizwe Ubuzima (RBC), Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko inkingo za Pfizer na AstraZeneca zifite ubushobozi bwo ku rwego rwo hejuru mu guhangana na Covid-19 yihinduranya izwi nka Delta.
Umunyeshuri wigaga ku rwunge rw’amashuri rwa Cyeza mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga ari gufashwa gukora ibizamini bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.
Mu gikorwa cy’ubukangurambaga n’ubuvugizi cyateguwe n’umuryango Save Generations Organization, ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ku bagore n’abagabo ku kigero kingana, bigamije kugabanya icyuho kiri hagati y’abagore n’abagabo mu gukoresha ikoranabuhanga no kuvanaho imbogamizi zituma badakoresha ikoranabuhanga; bamwe mu bagore (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko udusoko duto dukunze kuremera mu nkengero z’umujyi wa Muhanga dufunze kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Umwe mu banyeshuri bagaragaje ibibazo by’umwihariko ni umukobwa w’imyaka 20 wakoze ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye ari mu bitaro bya Ruhango aho amaze iminsi itatu abyaye, hakaba n’abana batatu barwaye Covid-19, na bo bakoreye ku bigo bashyiriweho kugira ngo bitabweho.
Abafashwe basengera ku musozi wa Kanyarira mu Karere ka Ruhango baravuga ko bemera ko bakoze amakosa yo gusuzugura ubuyobozi kandi Imana ari yo ishyiraho abayobozi.
Abantu 10 muri 239 bafashwe basengera ku musozi wa Kanyarira mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango basanganywe ubwandu bwa Covid-19. Inzego z’ubuzima zikaba zafashe umwanzuro wo gushyira abafashwe bose mu kato k’iminsi itanu kugira ngo hafatwe ibizamini byimbitse ku baba banduriye muri ayo masengesho, cyangwa mu (…)
Abantu basaga 230 biganjemo abo mu turere twa Ruhango, Muhanga na Nyanza bafatiwe mu ishyamba rya Kanyarira mu Murenge wa Byimana basenga kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Nyakanga 2021.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero n’urubyiruko rwawo, bahamya ko amateka y’Umurenge wa Nyange ari icyitegererezo cy’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Abagore bakoresha ikoranabuhanga mu mirimo yabo ya buri munsi baratangaza ko abashoramari n’abikorera bakwiye kwibuka ko hakenewe uburinganire mu ikoranabuhanga, kugira ngo gahunda ya Leta y’ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga igerweho.
Abacururiza mu mujyi wa Muhanga baravuga ko kuba hari abashyiriweho inyuguti zibasaba gukora kuri 50%, ahandi ntizihashyirwe bagakora buri munsi ari akarengane kandi amabwiriza yo kwirinda Covid-19 akwiye kubahirizwa kuri bose.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe uburezi mu karere ka Muhanga Habyarimana Daniel aratangaza ko abanyeshuri batakoze ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza ku munsi wa mbere w’ibizamini kubera impamvu zitandukanye bemerewe kuza gukora ibikurikiyeho.