Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, uherutse no gufungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repuburika Paul Kagame, aratangaza ko muri Gereza hari ibibazo by’ingengabitekerezo ya Jenoside kandi bikwiye kwitabwaho, kuko abafungiye mu magereza baba bafite n’imiryango bashobora kwanduza.
Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango wita ku buzima, (SFH) Rwanda, yo kubaka ivuriro riciriritse ryo ku rwego rwisumbuye kuko rizatanga na serivisi zo kubyaza, kuvura amaso n’indwara z’amenyo zikunze kwibasira abaturage, rikazaba ryuzuye bitarenze amezi ane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amakoperative ashobora kwinjiza amafaranga asaga miliyali eshatu ku mwaka, ajya mu mifuka y’abaturage hakaba hari na koperative ishobora kurenza miliyoni 500frw ku mwaka, agasabwa gukoresha ayo mafaranga mu rindi shoramari aho kuyarekera ku mabanki.
Ikamyo yari ipakiye amavuta ya mazutu yakoreye impanuka mu Murenge wa Ruhango ku muhanda munini uva Kigali-Muhanga-Huye, ubwo yari imaze kugenda nk’ibilometero bitatu uvuye mu Mujyi wa Muhanga.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye buributsa abakozi b’ibitaro bishyuza agahimbazamusyi ko gatangwa kabonetse kuko kugahabwa atari itegeko.
Abakoresha ikoranabuhanga rya SAVE mu kubitsa no kugurizanya mu turere twa Rulindo na Gakenke, barahamya ko amatsinda yabo yakomeje gukora mu gihe cya Covid-19, igihe byasabaga ko badahura ngo babitse mu dusanduku nk’uko babikoraga mbere.
Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo (NURD), iratangaza ko nibura kuva mu 1994, ababarirwa mu bihumbi 18 bahoze mu mitwe irwanya u Rwanda bamaze kwiga imyuga, kandi bagaragaza ubushake mu kubyaza umusaruro ibyo biga.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango ruratangaza ko mu kwezi k’Ukwakira kwahariwe ubukorerabushake, kuzasozwa nibura hubatswe ibiro icyenda by’imidugudu, n’izu icyenda z’abatishoboye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), kiributsa abatubuzi b’imbuto y’ibigori kwirinda guhinga ibindi bigori bisanzwe hafi y’aho batuburira, kugira ngo hirindwe ko byabangurirana imbuto igapfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko burimo gukora ibishoboka ngo akarere kongere gusubira mu turere tw’Imijyi, kugira ngo ibikorwa by’iterambere byako bidasubira inyuma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo buratangaza ko bwahagurukiye abateza umutekano muke mu mirenge ya Ngamba na Remera Rukoma, bitwaje ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.
Sendika y’abarimu mu Rwanda (SNER) iratangaza ko itazongera kwihangani umwarimu wananiranye cyangwa witwara nabi, kuko byaba ari ugushyigikira amakosa.
Abaturage bo mu karere ka Ruhango baratangaza ko bishimira intambwe bamaze gutera mu bumwe n’ubwiyunge, kubera ibikorwa bafatanyamo n’imibanire myiza bafitanye izira amacakubi.
Abana bahoze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, n’abakobwa bacikirije amashuri kubera kubura ubushobozi, baratangaza ko gukora inkweto birimo kubahindurira ubuzima ku buryo bizeye kugira imbere heza.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko umusaruro wa soya ukiri muke mu nganda zikeneye kuwutunganya, mu gihe ibikomoka kuri Soya na byo bikenewe cyane mu Gihugu.
Umuryango Nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) uratangaza ko hakiri imbogamizi mu ikoranabuhanga ribereye abafite ubumuga muri rusange, by’umwihariko abatumva batavuga ngo babashe gusoma.
Abafatanyabikorwa mu guteza imbere ikoranabuhanga mu rubyiruko baratangaza ko bikigoye ngo urubyiruko rwose, rugere ku mahirwe yo kubona ibikoresho by’ikoranabuhanga byarufasha ku isoko ry’umurimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwisanzura ku bayobozi, kugira ngo hirindwe urugomo n’andi mahane ashobora kwaduka igihe umuturage atahawe serivisi inoze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, arasaba abayobozi b’uturere n’imirenge gufata umwanya wo kugenda n’amaguru aho bakorera, bakaganiriza abaturage kugira ngo bumve ibibazo byabo, bidategereje kuzakemurirwa mu nteko z’abaturage cyangwa mu nama gusa.
Abana 24 b’ingagi bahawe amazina ku nshuro ya 17 mu rwego rwo gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima rurimo n’izo ngagi zo mu misozi miremire zisigaye hake cyane ku Isi, igikorwa cyahuriranye n’umunsi mpuzamahanga w’Ingagi ku Isi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rusororo mu Mujyi wa Kigali buratangaza ko nibura abakobwa 15 bahohoterewe mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro n’aho babumbira amatafari, bakaba ngo barasambanyijwe bataruzuza imyaka y’ubukure.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, aratangaza ko gufungura utubari mu byiciro bishingira ku byo inama z’umutekano zitaguye mu turere ziza kwemeranywaho nk’amabwiriza mashya yo gufungura utubari.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB), kiratangaza ko gukoresha ibizamini mu buryo bw’ikoranabuhanga bigamije guca burundu ikimenyane, ruswa n’akarengane byagaragaraga mu ishyirwa mu myanya ry’abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri.
Ibyuma by’amashanyarazi byashyizwe ku muhanda munini Muhanga-Ngororero-Rubavu bituma Camera zishinzwe umutekano mu muhanda zifotora ibinyabiziga byarengeje umuvuduko, byibiwe mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Muhororo n’abantu batahise bamenyekana.
Umuyobozi wungirije w’agakiriro ka Muhanga, Habyarimana Augustin, yitabye Imana azize impanuka y’amashanyarazi aho yakoreraga akazi ko kubaza mu gakiriro ka Muhanga, gaherereye mu Murenge wa Nyamabuye.
Abanyeshuri 25 kuri 27 ba kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, bari bajyanywe mu bitaro kubera kurya amafunguro yanduye batashye kandi ngo ubuzima bwabo bumeze neza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurashishikariza abaturage barugana kwirinda ababarya utwabo bababeshya ko babafasha kubagereza ibirego kuri urwo rwego no kubyihutisha ngo bikemuke.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), iratangaza ko kubaka amahoro bigomba kujyana no guhangana n’ibikorwa bikunze kubangamira umutekano n’umudendezo wa buri muntu, n’ubwo hari abavuga ko ushaka amahoro ategura intambara.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe igororamuca (NRS), kiratangaza ko ubukene atari bwo kibazo cy’ingutu gituma abana bata imiryango yabo bakajya mu buzererezi, ahubwo ikibazo ari uburere bwo kunyurwa na bike biboneka mu miryango.
Mu karere ka Ruhango hatangijwe gahunda yo kwiyubakira ibiro by’imidigudu yose uko ari 533, ku ikubitiro hakaba hagiye gutangira kubakwa ibiro 118 nk’uko biri mu mihigo y’uyu mwaka w’ingengo y’imari, indi ikazubakwa nyuma.