Ubuyobozi bw’uruganda rukora sima rwa (Angia Cement Prefabricated) rurimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, buratangaza ko imirimo igenda neza kandi ko n’ibikoresho bikorwamo bizakenerwa bizaboneka kuko hari n’ibizajya biva mu bihugu bituranyi by’u Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko rwafashe uwitwa Rutagengwa Alexis ukekwaho gutwika imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango.
Ingo ibihumbi 28 zo mu Karere ka Ngororero zigiye guhabwa umuriro w’amashanyarazi, mu rwego rwo kwesa umuhigo w’icyerekezo kigari cy’iterambere (NST1) 2024.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhangoi bwatangije gahunda y’ukwezi kw’imiyoborere myiza, aho bamara ukwezi bakorera mu baturage, ngo babakemurire ibibazo banaganire ku buryo bwo gukorana n’inzego kugira ngo birinde gusiragira mu manza.
Ishami rya gisirikare rishinzwe gutegura ibisasu, ryaturikije gerenade ebyiri, zari zabonetse aho umuturage yubakaga mu Murenge wa Mwendo. Izo gerenade zari zabonetse ubwo umuturage wo mu Murenge wa Mwendo, wasizaga aho yubaka umusingi w’urugo rwe, yabonaga gerenade ebyiri bari gucukura tariki 06 Nzeri 2022.
Abaturage b’Akarere ka Muhanga mu mirenge itandukanye bari kuganira n’abayobozi uko bagira uruhare mu kwikemurira ibibazo no kwicungira umutekano, kugira ngo bagere ku iterambere bifuza.
Abagore bo mu Karere ka Ngororero bahigiye kurandura ikibazo cy’imirire mibi ku bana no kurwanya igwingira, aho biyemeje gukusanya ubushobozi bwo guha buri mwana ufite imirire mibi inkoko ebyiri zitera amagi azatuma banoza imirire.
Hafi y’urugo rw’umuturage mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Mwendo, habonetse gerenade ebyiri, ubwo umuturage yacukuraga umusingi mu buryo bwo gushaka gutega urugo rwe ngo rutazasenywa n’amazi.
Ababize kuri College ADEC Ruhanga mu Karere ka Ngororero n’abahakoze batangije ihuriro bemeza ko rizabafasha kwiteza imbere, no kuzamura ireme ry’uburezi n’uburere ku banyeshuri bahiga n’abategerejwe kuza kuhakomereza amasomo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baremeye mituweli abantu 1400 bo muri uwo murenge batishoboye, mu rwego rwo guteza imbere ihame ry’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rworoje imiryango 23 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye yo mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemereye abaturage b’Akarere ka Nyamasheke ibikorwa remezo by’imihanda, amashanyarazi n’amazi meza bigendanye n’imitere y’ako karere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aranenga abayobozi bafite umuco wo guhishira ibibazo bikwiye kuba bifatirwa imyanzuro, bikabonerwa ibisumbizo ku gihe cyangwa ibikomeye bikamenyekana bigashakirwa ibisubizo birambye.
Abayobozi batandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe bazindutse babukereye ngo bakire Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubasura.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bose bashyize umutima hamwe bakiyemeza gufatanya n’abayobozi, bagahangana n’icyorezo cya Covid-19, ubu bakaba babasha kongera guhura bakaganira bagakomeza imirimo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasezeranyije abaturage b’Akarere ka Ruhango ko ibyo yabemereye yiyamamaza mu mwaka wa 2017, ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, bitarakorwa bigieye gushyirwamo imbaraga bikagera ku baturage.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ine mu Ntara z’Amajyepfo n’Iburengerazuba, guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 25 kugeza tariki ya 28 Kanama 2022, aho biteganyijwe ko ku ikubitiro ahura n’abaturage bo mu Karere ka Ruhango na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye gukorana n’urwego rw’abikorera mu karere (PSF), bagafasha abazunguzayi kubona ibibanza bakoreramo, mu rwego rwo guca akajagari n’ubucuruzi butemewe n’amategeko mu mujyi wa Muhanga.
Uwitwa Hatariyakufa Jean d’Amour utuye mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero uvuga ko yari atunzwe n’ubujura, ari mu basaga 1000 bamaze kwiteza imbere, bifuza kwimukira mu cyiciro cya gatatu cy’Ubudehe.
Ikigo cyakira abana bafite ubumuga bwo mu mutwe cyitwa ‘Izere Mubyeyi’ giherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe, kiratangaza ko abana cyakira bagaragaza impinduka kandi bakagera ku bumenyi butuma bagira ibyo bikorera.
Abagize urugaga rw’abikorera (PSF) mu Ntara y’i Burengererazuba, boroje inka imiryango 10 y’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubafasha kwiteza imbere.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, arasaba urubyiruko cyane cyane urw’abakobwa kugendera ku ndangagaciro yo kwiyubaha bakambara bakikwiza, kuko uwambaye ubusa yitesha agaciro akagatesha n’abamureba.
Abaturage batishoboye mu Karere ka Ruhango, barasaba guhabwa ubufasha bwo kubona imigozi yabugenewe mu kuzirika ibisenge by’inzu, no guhabwa ubumenyi mu kuzirika izo nzu mu rwego rwo gukumira ibiza bishobora guterwa n’ingaruka y’imvura y’umuhindo igiye kugwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo buratangaza ko gukorana no kuzuzanya n’izindi nzego z’imiyoborere, byatumye kaza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo ya ba mutimawurugo.
Abaturage b’Umurenge wa Nyamiyaga barishimira kwesa umuhigo bahize wo kwigurira imodoka y’umutekano n’isuku, nk’isomo bigiye ku Mulindi w’Intwari, ahari Ingoro y’Amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, batangiye ubukangurambaga bw’ibikorwa bigamije guhangana n’ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, baravuga ko mu rwego rwo kurwanya imirire mibi n’ingaruka zikomoka ku mafumbire mvaruganda, bize guhinga mu buryo bw’Imana (Farming in God’s way), bagasarura imbuto zibereye umubiri nk’izivugwa muri Bibiliya zeraga muri Eden.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe iterambere n’imicungire y’abarimu mu Kigo cy’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze (REB), Leon Mugenzi, aratangaza ko abarimu batize uburezi bagiye gushyirirwaho porogaramu yo kwiga ngo bagire ubumenyi bukenewe, mu kubasha gutanga amasomo neza birushijeho.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, yatangaje ko nyuma yo kuzamura umushahara wa mwarimu, hazasohoka amabwiriza agenga uburyo amafaranga arimo n’agahimbazamusyi yakwaga ababyeyi yagabanuka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko mu buryo budatinze, ibigo bimwe bya Leta bigiye kwegurirwa abikorera kugira ngo birusheho gutanga umusaruro uhagije Abanyarwanda.