Abanyeshuri biga mu ishuri rya College de Gitwe mu ishami ry’ubutabire, bamuritse amapave akoze muri pulasitiki ashobora kuramba imyaka isaga 300, bagahamya ko babikoze bagamije kurengera ibidukikije, n’ubuzima bw’abantu.
Umuturage witwa Sebyenda Jeanvier wo mu Karere ka Muhanga wari waguye mu bwiherero yakuwemo yapfuye, umurambo we ukaba wajyanwe mu bitaro bya Kabgayi ngo ukorerwe isuzuma.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), kiratangaza ko kuva Abanyarwanda batangira guhabwa urukingo rwa Covid-19, abagera kuri 79% bamaze gukingirwa, ariko ubukangurambaga mu kwikingiza bukomeje kuko Covid-19 itaracika.
Kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Utwererane, Dr Vincent Biruta, yagaragarije Inteko Ishinga Amategeko uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere uhagaze, yibanda cyane ku mwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Abarimu bigisha mu mashuri y’incuke mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga baravuga ko babanganiwe n’umubare munini w’abana mu mashuri.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko hari amakipe yatangiye guhanwa hakurikijwe amategeko y’irushanwa, ariko hazabaho no guhana abakoze ayo makosa byihariye, kugira ngo bagaragarizwe ko guca ukubiri n’ibiteganywa n’irushanwa biteza igihombo ku buryo butandukanye.
Umubyeyi witwa Mbabazi Peace wagiye muri Uganda afite imyaka itandatu y’amavuko, yatashye mu Rwanda atuzwa mu Murenge wa Rongi mu Mudugdu w’icyitegerezo wa Horezo, aho agiye kwitabwaho ngo akomeze ubuzima.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango bizihije isabukuru y’imyaka 35 ivutse, bagabira abafatanyabikorwa b’Umuryango mu guteza imbere abaturage.
Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Gihugu (MININTER), iratangaza ko Igororero rya Muhanga ryatangiye kugabanyirizwa ubucucike, kugira ngo abagororwa babashe kwisanzura no kuba mu buzima bwiza.
Mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Kibangu haravugwa umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya GS Kibangu, watwikiwe ibikoresho byo mu nzu, hagakekwa umukobwa bivugwa ko bari bafitanye ubucuti.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye gutekereza guhuriza urubyiruko mu makoperative y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu rwego rwo kurwanya ubushomeri.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo Busabizwa Parfait arasaba abikorera muri iyo Ntara, gushyiraho ikigega cy’imyidagaduro mu rwego rwo gukurura abagana imijyi yaho.
Ubyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kugira uruhare mu kubungabunga ibibakorerwa, kugira ngo bazamurane mu iterambere ry’Igihugu.
Urubyiruko rw’abafite ubumuga biga imyuga itandukanye mu ishuri ryita ku bafite ubumuga rya APAX Muramba mu karere ka Ngororero, baravuga ko bifitiye icyizere cyo kwihangira imirimo nibarangiza amasomo.
Abayobozi b’inzego z’ibanze n’imiryango yita ku iterambere ry’abagore, bagaragaza ko aho abagore bitinyutse batangiye kwiteza imbere n’imiryango yabo, bakaba bagenda bagira n’uruhare mu iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, nyuma yo gufatanwa udupaki ibihumbi hafi 190 tw’amashashi, bayakuye mu Karere ka Burera baje kuyagurishiriza i Muhanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko inyigo yakozwe ku gusana ikiraro cya Birembo gihuza Uturere twa Kamonyi na Ruhango, igaragaza ko hakenewe abarirwa hagati ya miliyoni 100 frw na 150frw ngo gisanwe.
Urubyiruko rw’abasore n’abakobwa rwo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, rwatangiye guhabwa amahugurwa ku kurwanya amakimbirane mu miryango, mu rwego rwo kurufasha kuzavamo imiryango y’icyitegererezo.
Abaganga bo ku bitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero, babashije kurokora ubuzima bw’umwana w’umukobwa wavukanye amagarama 780, ku byumweru 27 yari amaze mu nda ya nyina.
Urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa basaga 60 bwo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, barahiriye kwinjira mu muryango FPR-Inkotanyi, no gukora cyane kugira ngo batazatatira indahiro n’igihango bagiranye n’Umuryango.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko nyuma y’uko ibiryo by’amatungo bikomeje guhenda, cyatangiye kwigisha aborozi uburyo bwo kugaburira amatungo yabo bitabahenze.
Urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Amajyepfo (PSF) rurasaba abategura imurikagurisha ku rwego rw’Intara ko byajya bishyirwa mu byiciro, kugira ngo byitabirwe cyane kuko iyo ibikorwa bihurijwe hamwe habura umwanya uhagije wo kubisobanukirwa cyangwa ibindi ntibinitabirwe.
Abagore bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga bafite abana bafite ubumuga bize kuboha, barifuza gufashwa gushakirwa amasoko kuko ibyo bize kuboha bitabona ababigura mu cyaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango n’inzego z’umutekano barahumuriza abaturage, nyuma y’ubugizi bwa nabi bwakomerekeyemo barindwi muri bo.
Ababyeyi n’abayobozi b’ishuri ryitwa Les Petits Pionniers mu Karere ka Muhanga, baravuga ko gutegura umunsi mukuru w’abana mu bihe bya Noheli, ari ukubaha urugero bisanisha na rwo ruzwi ku Isi hose, kandi bibafasha kwiremamo icyizere cyo kugirira Igihugu n’Isi yose akamaro.
Abaturage bagana ibitaro by’Akarere bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga, barifuza ko byahabwa abakozi bahagije kugira ngo bitange serivisi zuzuye kandi zinoze, kandi hakanashyirwa iz’ububyaza.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MINENFRA), iratangaza ko ibikorwa by’Umuryango wa ba Kanyamigezi mu Rwanda (COFORWA), bizafasha kugera ku ntego z’icyerecyezo kigari cy’Igihugu 2024 cyo kugeza abaturage bose ku mazi meza.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga baragirwa inama yo gukorana n’ibigo by’imari, mu rwego rwo kongera igishoro cy’ibyo bakora kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Urugaga rw’abantu bafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda (RUB), rurasaba abantu bafite ubumuga by’umwihariko abatabona, kwihatira kwiga imyuga kugira ngo babashe kugira uruhare mu iterambere ryabo n’iry’Igihugu muri rusange.
Abanyeshuri biga Siyansi ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya ADEC Ruhanga mu Karere ka Ngororero, bamaze amezi abiri bavumbuye umuti w’ikaramu yandika bifashishije ibimera, bakifuza ko bafashwa kugera ku ikaramu yajya no ku isoko igafasha abandi.