Abayobozi barasabwa gusobanurira abaturage gahunda ya EjoHeza nta gahato

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François na Maj. Gen. Alexis Kagame, barasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kudahutaza abaturage mu kwishyura EjoHeza, kuko ubwo bwiteganyirize bugibwamo n’ubushaka.

Meya wa Nyamasheke ahabwa igikombe
Meya wa Nyamasheke ahabwa igikombe

Babitangarije mu birori byo guhemba uturere dutatu tw’Intara y’Iburengerazuba twaje muri dutanu twa mbere mu Gihugu, mu kugira abaturage benshi bitabiriye kwizigamira muri EjoHeza, aho Akarere ka Nyamasheke kaje ku mwanya wa mbere mu Ntara y’Iburengerazuba mu kwesa umuhigo ku ijanisha riri hejuru ya 160%.

Abo bayobozi bavuga ko aho gushyira umuturage ku gahato, abayobozi bakwiye gusobanurira abaturage ibyiza byo kwiteganyiriza, bakabereka ko amafaranga ari ayabo kandi azabagirira akamaro.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yasabye abitabiriye ibyo birori, kwirinda gukoresha imbaraga mu gushyira abaturage muri EjoHeza, ahubwo bagakoresha uburyo bwo kubibumvisha ku nyungu zabo.

Meya wa Rubavu ahabwa igikombe
Meya wa Rubavu ahabwa igikombe

Agira ati, “Uko umuntu asaza niko inda ikura, ni yo mpamvu abantu bakwiye kubyumva nta gukoresha agatuza, ntabwo ari igitugu. Turagaya abakoresha agatuza mu kwinjiza abantu muri EjoHeza kuko kujyamo ari ubushake, turasaba ko byinjizwa no mu bato kuko ni bo ejo heza h’Igihugu”.

Guverineri Habitegeko asaba abakiri inyuma mu kwishyura EjoHeza kwikebuka kuko na bo basabwa guteza imbere abaturage babo, kuko n’ubwo uturere tumwe two mu Ntara y’Iburengerazuba tuza ku myanya ya mbere mu Gihugu, n’utundi turere dukwiye gushishikariza abaturage kwiteganyiriza.

Guverineri Habitegeko François
Guverineri Habitegeko François

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Maj. Gen. Alexis Kagame, yavuze ko kwizigamira muri EjoHeza bizagabanya amadeni Igihugu gifata mu mahanga, kuko igihe abaturage baba barizigamiye nta madeni yaba agikenewe gusabwa.

Agira ati, “Buriya n’ibindi bihugu byateye imbere byafashijwe no kuba abaturage babyo bizigamira, abayobozi mukomeze kwereka abaturage ibyiza byo kwiteganyiriza kuko ayo mafaranga ni yo afasha abaturage kwiteza imbere kuko abiteganyirije batagira ubukene”.

Meya wa Rusizi ahabwa igikombe
Meya wa Rusizi ahabwa igikombe

Yongeraho ati “Gukura amafaranga mu mufuka w’umuntu ni byo bikomera ariko iyo abaturage bamaze kubyumva mu Gihugu hose, icyo Gihugu kiba cyakize. None se wajya gusaba ideni hanze ute kandi ufite amafaranga wizigamiye? Mukomereze aho n’abaturage babyumve ko amafaranga ari ayabo kandi ko kuyatanga atari agahato”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke kabaye aka mbere mu Ntara y’Iburengerazuba avuga ko batazatezuka kuguma ku mwanya wa mbere, kuko n’ubundi imbaraga bakoresheje zigihari, kandi abaturage bumva ibyiza byo kwizigamira muri EjoHeza.

Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abaturage muri RSSB, Dr. Hitimana Regis, we asaba ababyeyi gushishikarira kwishyurira abana EjoHeza, kuko ari bwo bazakura bafite amahirwe menshi yo kubona ubwizigame buhagije bageze mu zabukuru.

Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abaturage muri RSSB, Dr. Hitimana Regis
Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abaturage muri RSSB, Dr. Hitimana Regis

Atanga urugero ku mwana w’imyaka 15 watangira kwizigamira amafaranga 1000frw gusa, ko azagira imyaka 55 yo guhabwa ikiruhuko cy’izabukuru agejejemo amafaranga miliyoni eshanu.

Asaba kandi n’abikorera n’abafite ibyo binjiza buri kwezi, kwitabira kwizigamira muri EjoHeza, kugira ngo nibagera mu masaziro batazisanga basigaye inyuma kurusha ba bana biteganyirije hakiri kare.

Gen. Alexis Kagame yibukije ko gutanga EjoHeza bizakura Igihugu n'Abanyarwanda mu madeni yo hanze
Gen. Alexis Kagame yibukije ko gutanga EjoHeza bizakura Igihugu n’Abanyarwanda mu madeni yo hanze

Akarere ka Nyamasheke ni ko kaza imbere mu gushyira abaturage muri EjoHeza aho umwaka ushize w’Ingengo y’imari kari kinjije miliyari isaga imwe n’igice, kakaba ari umwanya kajeho kikurikiranya.

Intara y’Iburengerazuba ifite uturere dutandatu mu icumi twa mbere mu Gihugu mu kwizigamira muri EjoHeza, Guverineri Habitegeko akaba avuga ko intego ari ugukomeza kwigisha abaturage kwitabira kwizigamira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka