Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko abaturage bazajya bamugezaho ibibazo ngo abikemure badafite ikaye yanditsemo ibyo bibazo atazajya abakira mu rwego rwo guca ingeso yo gusimbuka inzego.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bose bo muri ako karere kumvira impanuro bahabwa n’abayobozi babo birinda ibihuha kandi birindira umutekano bakaza amarondo kugira ngo umutekano usesuye bafite woye guhungabana.
Umugabo witwa Nyarwaya Jean Pierre utuye mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera yiganye ingoma za kizungu maze azikora yifashishije ingoma za Kinyarwanda zikoze mu ruhu rw’inka.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera barasabwa kuvugisha ukuri batanga amakuru yose ajyanye n’ihohoterwa, kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ricike burundu.
Umusore witwa Nsabimana bakunze kwitwa Kabuhinja na Ndeze bakunze kwita Buyi bose batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bararegwa gukubita umukobwa bakamusiga yenda gushiramo umwuka akajyanwa mu bitaro.
Bamwe mu batuye akarere ka Burera batangaza ko gahunda y’Ijisho ry’Umuturanyi bayitabira kuburyo imaze no gutanga umusaruro ariko ngo ibangamirwa n’inzoga ya “African Gin” kuko amacupa yayo asigaye yifashishwa n’abanywa ndetse n’abacuruza kanyanga mu rwego rwo kujijisha.
Guhera mu kwezi kwa 11/2012 ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahinduranyije abakozi batandukanye bakora mu mirenge yo muri ako karere mu rwego rwo kongera imikorere myiza.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera gukaza umurego bagakora bakiteza imbere, bakirinda ibihuha bivugwa hirya no hino ku ma Radio ko u Rwanda rufasha M23, inyeshyamba zirwanya Leta ya Congo.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 584 na 500 mu mafaranga y’u Rwanda, nibyo ubuyobozi bwameneye imbere y’imbaga mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera mu rwego gukomeza gukangurira Abanyaburera kwitandukanya nabyo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) abafitiye akamaro kuko yagobotse abakene maze bituma abana babo nabo biga aho guhera mu rugo bahinga cyangwa bahirira amatungo.
Dortoire y’abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya ESKI (Ecole Secondaire Kirambo) yibasiwe n’inkongi y’uburiro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 18/11/2012 irashya yose n’ibyari birimo byose bihinduka umuyonga.
Urubyiruko rukina umukino wa Karate rwo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera rutangaza ko rudatera imbere mu bumenyi bw’uwo mukino kubera ko batuye mu cyaro kandi n’ubuyobozi bukaba butabitaho.
Abagabo umunani bakomoka mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batorotse inkiko Gacaca, baza gukatirwa badahari kuburyo ntawe uzi aho baherereye kugira ngo bazanwe kurangiza ibihano bahawe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko bakwiye gusobanurirwa neza uko bagomba guhinga amasaka kuko hari aho batemererwa kuyahinga kandi barabwiwe ko nta gihingwa na kimwe cyaciwe mu Rwanda.
Hari bamwe mu bashakanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kuboneza urubyaro bishobora kuba intandaro yo gutandukana kw’abashakanye kubera kutabyumvikanaho ndetse no kudasobanukirwa n’akamaro kabyo.
Minisitiri w’intebe arakangurira Abanyarwanda gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle se Santé), kuko umubare w’abamaze kuyatanga mu Rwanda ukiri muto kandi ari ngombwa kuyatanga kugira ngo umuntu ajye aboba uko yivuza bimworoheye.
Abagore batandatu bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative Dusukure PHAST bazi gukora amasabune mu mavuta y’amamesa kuburyo abenshi mu baturage batuye ako gace bayagura bakajya kuyamesesha imyambaro yabo.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda arasaba Abanyarwanda bose gushyira hamwe bakarwanya ibibazo bicyugarije umuryango nyarwanda mu rwego rwo gukomeza kubaka u Rwanda rwiza rw’ejo hazaza.
Mukeshamungu Felicita utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko kokora ingurube bimufite akamaro kuburyo byatumye yikura mu bukene maze imibereho yo mu rugo ikazamuka.
Abaturage bo mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera, batangaza ko kuva aho umuriro w’amashanyarazi ugereye mu murenge wabo wabakemuriye byinshi kuburyo nk’ibyo bajyaga gukorera kure basigaye babikorera hafi yabo.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rwifitemo impano y’ubuhanzi bwo kuririmba, ariko bakagira imbogamizi yo kubura amafaranga yo kubafasha kuyigaragariza Abanyarwada.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko gahunda y’Ijisho ry’umuturanyi imaze gutanga umusaruro muri ako karere, mu kugabanya ikiyobyabwenge cya kanyanga cyari cyarahabaye akarande.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyizeho ibihano ku binyabiziga bizajya bifatwa byikoreye forode y’ifumbire mva ruganda kuburyo ba nyir’ibyo binyabiziga bazajya bacibwa amafaranga hiyongereho no kubifatira.
Abaturage bo mu karere ka Burera bamaze gutuzwa mu midugudu batangaza ko gutuzwa mu midugudu byabagiriye akamaro kuko amajyambere abageraho vuba kandi bigatuma bataba mu bwigunge.
Nyiratabaro Thacienne n’abana be batanu bamaze ibyumweru bine bacumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera nyuma yo guhunguka baturutse muri Tanzaniya ariko ntibabashe kubona aho bavuka kubera kumara imyaka myinshi mu buhungiro.
Samuel Sembagare, umuyobozi w’akarere ka Burera, asaba abaturage ayobora kurangwa n’isuku aho baba, aho barara, aho bakorera n’aho bafungurira batibagiwe kuyigira ku myambaro ndetse no ku mubiri wabo.
Iyaremye Yves utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko afite intumbero yo guteza imbere Sinema yo mu Rwanda cyane cyane afasha abantu baturuka hanze y’umujyi wa Kigali bafite impano mu bya sinema.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abagabo bo muri ako karere gukunda abagore babo babarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose ngo kuko na Bibiliya ibibasaba.
Abacuruzi bo mu karere ka Burera bacuruza amashashi cyangwa bayakoresha bapfunyikamo ibicuruzwa barasabwa kubireka mu maguru mashya kuko abazafatwa bazahanwa by’intangarugero.
Nyirambonigaba Annonciata utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera yashyikirijwe ishimwe riherekejwe na sheki y’amafaranga ibihumbi 200 kubera ko ari indashyikirwa mu kwiteza imbere ugereranyije n’abandi bagore bose bo mu cyaro mu karere ka Burera.