Ikigo cy’u Rwanda gishizwe ubuzima (RBC) gitangaza ko 52.5% by’urubyiruko rufite imyaka 14-35 rwanyweye ku biyobyabwenge bigaragara mu Rwanda.
Abakoresha umuhanda Cyanika-Musanze bibaza igihe uyu muhanda uzakorerwa, kuko ushaje ku buryo udindiza ubuhahirane ukanateza n’impanuka.
“Burera Beach Resort Hotel” yubakwaga ku Kiyaga cya Burera yuzuye, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bukaba butangaza ko buri mu myiteguro ngo itangire kwakira abahagana.
Abatuye ku Kirwa cya Bushongo kiri mu Kiyaga cya Burera batangaza ko bategereje kwimurwa nk’uko babyijejwe, bagategereza bagaheba.
Mu Karere ka Burera habaruwe abanyeshuri 5001 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bataye ishuri. Kuri ubu abarenga 3700 bamaze kurisubiramo.
Abaturage b’Akarere ka Burera basabaga koroherezwa kwambuka umupaka wa Cyanika bafite abana, bahakaniwe, basabwa kubahiriza ibisabwa n’amategeko kuko kubyoroshya ngo byatiza umurindi icuruzwa ry’abantu.
Mu Kagari ka Nyagahinga, mu Murenge wa Cyanika ho mu Karere ka Burera, hatoraguwe uruhinja rwapfuye, ariko ntabashobora kumenya uwaruhataye.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa I kiri mu Karere ka Burera, batangaza ko ubwato bahawe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwazamuye imibereho yabo ikaba myiza.
Imbogo yavuye muri Pariki y’Ibirunga ikomeretsa umuturage wo mu Murenge wa Rugarama, muri Burera, ajyanwa mu bitaro na yo bahita bayica.
Abayobozi b’imirenge ibiri yo muri Burera bahagaritswe ku mirimo yabo bazira imikorere mibi irimo n’uburiganya muri Girinka.
Gasutamo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda igiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika, mu Karere ka Burera izuzura itwaye miliyari 6 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rutangaza ko rugiye kwifashisha interineti mu kurwanya ingengabitekerezo ya Joniside igaragara ku mbuga zitandukanye.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Burera barasabwa gukumira ibiza byakwibasira ibigo bayobora, bakagura imirindankuba izabafasha kwirinda inkuba zahakubita.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko mu bana 5.001, bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari barataye ishuri, 3.710 bamaze kurisubizwamo.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko ibishyimbo bise “Kiryumukwe” babyubaha cyane, kubera uburyo bibinjiriza amafaranga menshi kurusha ibisanzwe.
Ikaragiro ry’amata rya Burera rikunze kubura amata, ntirikore uko bikwiye kubera ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata kiri muri ako karere.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Burera bavuga ko kimwe mu bibazo basigaranye kibadindiza ari icyo kutamenya indi z’amahanga.
Sena y’u Rwanda irasaba Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera kwandika amateka ya Rukara rwa Bishingwe kugira ngo atazibagirana.
Sena y’u Rwanda irasaba abafite amahoteli y’ubukerarugendo mu Karere ka Burera korohereza Abanyarwanda, babagabanyiriza ibiciro mu rwego rwo kubakundisha iby’iwabo.
Imvura yaguye mu Karere ka Burera yateje umwuzure uhitana umwana w’umuhungu, wuzura mu kigo nderabuzima cya Rugarama unangiza imyaka y’abaturage.
Uwayisaba Bernad wo mu Karere ka Burera yatsindiye amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni ebyiri mu mukino wo gutega ku makipe y’umupira w’amaguru uzwi nka “Betting”.
Mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, Abanyaburera batanze inkunga ibarirwa muri miliyoni 44Frw yo kubafasha no kubaremera.
Depite Semasaka Gabriel yasabye abaturage bo mu Karere ka Burera kutajenjeka mu kurwanywa ingengabitekerezo ya Jenoside ikiri mu mitima y’abaturage.
Ababyeyi bo mu Karere ka Burera barasabwa guca ukubiri no kwigisha abana babo urwango n’amacakubiri ahubwo bakabigisha ibyiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burateganya kwandika amateka y’umwihariko yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka karere, mu rwego rwo kuyasigasira.
Abaturiye n’abatuye muri santere ya Rwibikonde yo mu Karere ka Burera batangaza ko ibatera ubwoba kubera urugomo ruyirangwamo.
Umugabo witwa Ntawizera Claude wo mu Karere ka Burera atangaza ko agiye kwiyuzuriza inzu y’ibyumba bitatu n’uruganiririro, abikesha akazi ke ko gutwara imizigo ku ngorofani.
Umunyonzi witwa Rushingabigwi wari utuye mu Karere ka Burera yishwe akaswe ijosi mu ijoro rya tariki 12 Werurwe 2016.
Abunzi bo mu Karere ka Burera bashimira telefone bahawe ariko bakavuga ko bahawe n’inkweto za bote n’amagare byabafasha mu kazi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba aba-DASSO bo mu karere ka Burera kutishongora ku muturage ngo bamuhohotere kandi ariwe bakesha umurimo bakora.