Aborozi b’inka bo mu Karere ka Burera barishimira ko ikaragiro ry’amata begerejwe ryatangiye gukora bakaba baratangiye kugurishayo amata y’inka zabo.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Burera baragaya bagenzi babo bahohotera abagore babo babaziza ko bamaze kwiteza imbere.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Burera batangaza ko kimwe mu bibazo basigaranye ari icyo kutamenya gusoma no kwandika bigatuma badatera imbere.
Gukorera mu makoperative ni bimwe mu byateza imbere abagore bo mu karere ka Burera kuko bibafasha kugera ku iterambere rirambye.
Abagore bo mu karere ka Burera barasabwa kugira isuku umuco bagaca ukubiri n’umwanda kuko ari zimwe mu ngaruka z’ubukoloni.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burateganya guha imiryango ikennye iby’ibanze bizayifasha kuva mu cyiciro cy’abakene ku buryo bwihuse.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahunga, mu Karere ka Burera, bahangayikishijwe n’amazi ava mu birunga abateza umutekano muke.
Kanyamanza Casssien, umaze imyaka 37 ari umwarimu, asaba abarimu bakiri bato gukunda uburezi n’abana bigisha aho gushaka ubukire bwa vuba.
Abarimu bo mu Karere ka Burera bahamya ko ababyeyi bongereye imbaraga mu burere bw’abana babo nta mwana wakongera guta ishuri.
Abakinnyi ba filime mu Rwanda biyemeje gukora filime ivuga ku muco Nyarwanda mu rwego rwo kuwusigasira no kurushaho kuwukundisha Abanyarwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera bakusanyije umusanzu bakora n’umuganda biyubakira ikiraro cyabatezaga ibyago.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko ubu abaturage bo muri ako karere bamaze kugezwaho imiyoboro y’amazi meza babarirwa muri 90.2%.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera baracyatsimbaraye ku gihingwa cy’amasaka ku buryo ngo baniyiba bakayahinga ahagenewe ibihingwa byatoranyijwe.
Imirenge 16 kuri 17 igize akarere ka Burera yahinduriwe abanyamabanga nshingwabikorwa mu rwego rwo gukomeza kwimakaza imiyoborere myiza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahize ko bguyiye gushyira ingufu mu guhindura imyumvire y’abaturage no gukomeza kubasobanurira uruhare mu iterambere ry’akarere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko butazihanganira umuntu wese uzakinisha ibendera ry’u Rwanda ngo kuko uzabikora azahanwa nk’umwanzi w’igihugu.
Abanyeshuri ndetse n’abandi baturage b’ahitwa mu Butete, mu karere ka Burera, barishimira ko bagiye kujya bambuka umuhanda w’aho batuye batekanye.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera bakomeje guta ishuri nubwo ubuyobozi bwashyizeho ingamba zitandukanye zo guhanga n’icyo kibazo.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kujya banengera mu ruhame abaturage bafite umwanda kugira ngo bikosore.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burateganya guha abaturage agatabo k’imihigo y’ibanze kazajya kabafasha gushyira mu bikorwa no kwesa imihigo y’umuryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko mu gihe cy’impeshyi basabye abaturage guhagarika gutwika amakara mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera ruvuye Iwawa rurasaba ubuyobozi kuruba hafi kugira ngo na rwo rugere ku iterambere nk’abandi.
Muri iki gitondo tariki 24 Kanama 2015 mu Muhanda Musanze –Cyanika, Twegerane yari itwawe na Konvuwayere yakoze impanuka umwe ahasiga ubuzima 9 barakomereka.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aravuga ko mu gutanga isoko ryo kuba isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika hajemo ikibazo bikaba ngombwa ko riseswa rikongera gutangwa bundi bushya mu gihe ryagombye kuba ryaratangiye kubakwa muri Gicurasi 2015.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera bavuga ko bishimiye gahunda yo gucururiza ibirayi mu makusanyirizo, uretse ko hari ababaca intege bababwira ko bazajya bishyuzwa imisoro ku birayi baranguza.
Aborozi b’inka bo mu Karere ka Burera batangaza ko basigaye babura aho bagurisha amata yabo kuko ikaragiro ry’amata bagomba kuyagurishaho, riri muri Santere ya Kidaho mu Murenge wa Cyanika, ryuzuye ariko rikaba rimaze amezi abiri ritaratangira gukora.
Abana babiri bari mu kigero cy’imyaka itanu y’amavuko, bo mu Kagari ka Nyagahinga, mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, barimo bakinira mu murima, umwe azamuye isuka imanukira mu mutwe wa mugenzi we, ahita apfa.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko igikorwa cyo kwizihiza umuganura, abaturage bari hamwe basangira, ari igikorwa cyiza kizatuma Abanyarwanda barushaho kunga ubumwe, bungurana ibitekerezo.
Abaturage bo mu mudugudu wa Kidaho, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bizihije umunsi w’umuganura bishimra ibyo bagezeho banahigira gukomeza kugira isuku mu ngo zabo baca ingeso yo kurarana n’amatungo mu nzu, igaragara hamwe na hamwe.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera batangaza ko abajyanama b’ubuhinzi babafashije cyane babigisha guhinga kijyambere, batera imbuto z’indobanure kandi bashyiramo n’ifumbire bityo umusaruro urushaho kwiyongera.