Abaturage batandukanye bo muri Burera bahamya ko Perezida Paul Kagame ariwe wubatse Ubunyarwanda none ubu u Rwanda rukaba rufite agaciro ku isi, akaba ariyo mpamvu bifuza ko ingingo ya 101 yahinduka agakomeza kuyobora u Rwanda.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Musanze baganira n’abadepite ku ingingo y’i 101 basabye ko ihindurwa, kugira ngo abana babo n’abo bazabyara bagire amahirwe yo kuyoborwa Perezida Kagame bazagerweho n’ibyiza nk’uko ababyeyi babo yabibagejejeho.
Abanyeshuri biga muri kaminuza, bakomoka mu karere ka Burera, bafite icyifuzo cy’uko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yahinduka Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobora, akazabera icyitererezo abandi baperezida bo mu Rwanda bazamukurikira ndetse n’abo mu bindi bihugu, kubera ibyiza byinshi azaba yaragejeje ku (…)
Abavumvu bo mu Karere ka Burera na bo bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobora kubera ko yabazamuye bakava mu bavumvu ba kera basuzugurwaga bakagera ku bavumvu biteje imbere bagirira n’ingendo shuri mu mahanga.
Abahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Burera na bo bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yavugururwa Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobora kuko ari we ngo watumye abahinzi bagira agaciro, umusaruro w’ibirayi ukiyongera bityo bakava mu bukene.
Ntujwenima Cyprien utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, avuga ko nubwo ari umugabo ukuze, amaze gusa imyaka icyenda avutse, kuko iyo myaka ariyo amaze ageze mu Rwanda avuye muri FDLR akaba anabayeho neza nyuma y’imyaka myinshi asa n’utariho.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugengabari, mu Karere ka Burera barifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka kuri Perezida Paul Kagame gusa, abandi bazamusimbura bakajya bayobora manda ebyiri z’imyaka irindwi nk’uko byari bisanzwe.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barasaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, yahinduka Perezida Paul Kagame agakomeza akabayobora kuko yabakuye mu nzu za Nyakatsi ubu bakaba batuye mu mabati.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Burera bifuza ko ubusabe bagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihinduka bwakwihutishwa Perezida Paul Kagame akayobora izindi manda ebyiri z’imyaka irindwi mu rwego rwo kumushimira ibyiza yabagejejeho.
Abatuye ndetse n’abakorera muri Santere ya Gitare iri mu Murenge wa Kagogo, mu Karere ka Burera, batangaza ko inzoga z’inkorano nk’Umurahanyoni n’Umunini zaharangwaga zagabanutse ku buryo ngo urugomo n’uburaya byaterwaga n’ubusinzi bwazo, na byo byagabanutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko Kaminuza y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), izubakwa muri ako karere mu Murenge wa Butaro, biteganyijwe ko izatangira kubakwa mu kwezi kwa Nzeri 2015.
Abantu batanu bamaze bashyinguwe kuri iki gicamunsi cyo ku wa 15 Nyakanga 2015 nyuma yo kwitaba Imana babuze umwuka ubwo bari mu mwobo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu kirombe cya Sosiyete ya New Bugarama Mining kiri mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwatangiye ibikorwa byo kubaka Hoteli ku Kiyaga cya Burera izafasha abakerarugendo baturukaga hirya no hino mu Rwanda no ku isi baje gusura ako karere ariko bakabura aho baruhukira bidagadura.
Nyuma y’ukwezi kumwe n’igice Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bufashe gahunda yo gufata abajura b’inka ndetse n’abakekwaho ubwo bujura, abaturage bo muri ako karere bahamya ko kuri ubu babonye agahenge kuko ubujura bw’inka bwagabanutse.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aributsa ababyeyi bo mu karere ka Burera ko guta ishuri bitemewe kandi ko bitihanganirwa. Akabasaba bakwiye kwita ku burera bw’abana babo, bababa hafi kandi babakundisha ishuri kugira ngo batazarivamo.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Burera bahamya ko bikorera imizigo iremereye, ibyo bita “Gukora ingamba” muri ako gace, bakavunika, nyamara abagabo babo ngo bibereye mu byabo mu gihe ngo ari bo bagakwiye kuyikorera bagashaka icyateza imbere uruga.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi kubarinda impanuka z’amagare anyura mu muhanda wa kaburimbo Musanze-Cyanika, uca mu kigo cyabo.
Kuva mu kwezi kwa Mutarama-Kamena, 2015, mu Karere ka Burera hamaze kuba impanuka 30. Zahitanye abantu batanu naho abagera kuri 37 barakomereka.
Umugore utuye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, aravuga ko kuba yarashatsse umugabo ataragira imyaka y’ubukure (18), byamugizeho ingaruka mbi zirimo gucikiriza amashuri no gusuzugurwa n’umugabo we. Agira inama abandi bakobwa batarashaka kujya bitonda bagashaka bakuze, bazi icyo bagiye gukora mu rugo.
Nyuma y’uko umusaza witwa Bambabenda Joseph yibwe inka n’iyayo agatakamba asaba ubufasha kuko ari yo yari imutunze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwamwemereye kuzamushumbusha indi nka izamufasha gukomeza kwikura mu bukene.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko nyuma yo guta muri yombi abantu bagera kuri 80 bakekwagaho kwiba inka muri ako karere, batandatu muri bo ngo ari bo ngo ni bo bafitiwe ibimenyetso simusiga ngo bakaba bazashyikirizwa ubutabera mu gihe abandi barekuwe bagasubiye iwabo.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abanyamadini bo mu karere ka Burera kujya bubaka insengero babanje kubimenyesha ubuyobozi bw’akarere, kugira ngo habeho ingenzura birinde kubaka insengero zidafite ubuziranenge.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kaminuza mpuzamahanga igiye kubakwa mu karere kabo izazamura iterambere ry’abahatuye kuko izatanga akazi, igure umusaruro w’abaturage kandi inafashe abajyaga kwigira kure.
Urubyiruko rutandukanye rwo mu Murenge wa Bungwe, mu Karere ka Burera, rurasaba ubuyobozi bw’ako karere ko mu kigo cy’urubyiruko begerejwe bashyirirwamo za mudasobwa zizajya zabafasha kwiga ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera ndetse n’abikorera batandukanye bo muri ako karere bemeza gahunda y’ibiganiro bibahuza yatanze umusaruro haba mu bucuruzi ndetse no mu misoro yinjira mu karere.
Abaturage baturiye ndetse n’abatuye muri Santere ya Mugu iherereye mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera batangaza ko basigaye bafite umutekano usesuye, nyuma y’uko abaturage, ubuyobozi ndetse n’inzego zishinzwe umutekano bafatanyije kurwanya ibiyobyabwenge na forode byarangwaga muri iyo santere.
Abantu 40 bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, bakekwaho ubujurura bw’inka bwari bwarayogoje abatuye mu Mirenge wa Cyanika na Kagogo, ituriye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barakangurirwa kujya bashyira mu bikorwa bidatinze ibyemezo by’inkiko kugira ngo urubanza rurangizwe ku neza, kuko bitabaye ibyo hitabazwa imbaraga kandi bikagira ingaruka mbi.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko ingeso y’ubuharike ikunze kumvikana muri ako karere ituruka ahanini ku bwumvikane buke hagati y’abashakanye bukurura amakimbirane, abagabo bagahitamo kuzana abandi bagore.