Abarwaye amaso bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bashimishijwe no kuba babonye uko bazajya basoma mu gihe mbere batabibashaga.
Kubera ko RAMA igira aho igarukira ibavuza, abarimu ba Nyagatare bagiye kwishyiriraho ikigega cy’ubufatanye mu kwivuza hanze y’igihugu.
Ubuyobozi bUmurenge wa Mukura mu karere ka Huye bwiyemeje gutangira gukangurira abaturage kugirrira amenyo yabo isuku kandi bakanabasaba kubigira umuco.
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso gikomeje kwegera abaturage kibakangurira gutanga amaraso, kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 kikaba cyasuye Akarere ka Kirehe.
Ministeri y’ubuzima(MINISANTE) yatashye ububiko bw’imiti bushya ngo bugiye gufasha gukemura 16% by’ikibazo cy’ibura ry’ububiko bw’imiti bwijuje ubuziranenge.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi buratangaza ko hari abantu 500 badafite ubushobozi bwo kwibonera umusanzu wa Mituweri.
Ministeri y’Ubuzima yamaganye inatangaza urutonde rw’amavuta harimo n’azwi nk’umucango cyangwa umukorogo yo kwisiga abujijwe mu gihugu, avugwaho kwangiza ubuzima bw’abantu
Huye havugwa umwenda Mituweli irimo amavuriro, ibitaro bikuru bya kaminuza bya Butare CHUB byo ngo ibifitiwe umwenda ukabakaba Miliyari imwe n’igice.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Kayonza bavuga ko amananiza bashyirwaho muri Mituweri ari kimwe mu bituma ubwitabire butiyongera.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 25 Nzeri 2015 ryatashye laboratwari yagenewe ubushakashatsi mu ikoranabuhanga rijyanye n’ibinyabuzima, Biotechnology Complex.
Uyu muganda mu rwego rw’Akarere ka Rulindo wabereye ahantu habiri, i Shyorongi no ku Kirenge cya Ruganzu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma bwasabye abayobozi batandukanye kudahutaza abaturage mu gihe bari gushaka ko ubwitabire muri mituweli bwagera ku 100%.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Sahunkuye Alexandre, avuga ko gutanga ubwisungane mu kwivuza bigeze kuri 50%.
Poste de Sante nshya eshatu zo mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 22 Nzeri 2015 zahawe ibikoresho bigezweho zizifashisha mu kwita ku buzima bw’abazigana.
Abaganga bo muri Espagne bari mu bitaro bya Ruhengeri aho batangiye kubaga abarwayi bafite indwara izwi nk’ishaza ifata mu maso.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kurushaho gufasha abagore babo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Urwego rw’ubuvuzi mu Karere ka Rwamagana rurishimira intambwe yatewe mu kugabanya impfu z’ababyeyi n’abana, biturutse ku bwiyongere bw’abaforomo n’ababyaza b’umwuga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango w’Abibumbye muri 2012, bwerekanye ko 60% by’abafite virusi itera SIDA mu Rwanda ari igitsina gore.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuvuzi (RBC) kiratangaza ko cyatangiye gahunda gusimbuza inzitiramibu zitujuje ubuziranenge ziherutse guhabwa abaturage kibaha inshya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko muri 2017, 100% by’abaturage b’aka karere bazaba bakoresha amazi.
Kompanyi itwara abagenzi Yahoo Express yishyuriye abatishoboye 300 mu karere ka Nyagatare ubwisungane mu kwivuza.
Iyi miryango 792 yahawe ibikoresho biyungurura amazi tariki ya 08/09/2015, ababihawe bavuze ko bagiye kubifata neza kuko amazi banywaga atayungururwaga.
Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gatsibo, bavuga agahimbazamusyi bagenerwa kadahagije ugereranyije n’ibyo baba bigomwe mu kazi kabo.
Albert Gakwaya wize ibyo kuvura ibibazo byo mu mutwe atangaza ko yiyemeje gutanga umusanzu we afasha Abanyarwanda mu bijyanye n’imitekerereze.
Mu Karere ka Huye imisanzu ya mituweri yashize kare, ku buryo hari n’ibigo nderabuzima byayamaze mu gihe cy’amezi 6 gusa.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gicumbi bagiye gukora ubukangurambaga mu baturage barwanya imirire mibi n’ubugwingire mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Inzego zitandukanye z’abaturage n’abayobozi mu Karere ka Muhanga ziravuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi mu karere ka Muhanga ryatumye isuku iba nkeya mu bice byose.
Abayobozi b’ibanze basabwe gukangurira ababyeyi kwita ku isuku y’abana babo, abenshi usanga ku mubiri n’imyambaro yabo ifite umwanda ukabije.
Abagize inteko ishinga amategeko barakangurira ibigo bitandukanye byo muri Huye bihuriraho abantu benshi gushyira isuku mu mihigo kandi bagaharanira kuyesa.
Ikigo mbonezamirire ku Bitaro bya Kabgayi kigaragaza ko umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga abana 72 bafite ikibazo cy’Imirire.