Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) cyatangiye igikorwa cyo gushishikariza Abanyarwanda gukora indi myuga itari ubuhinzi n’ubworozi busanzwe ahubwo bagaharanira gukora ibibinjiriza binyuze mu mpano bifitemo.
Abafite ubumuga 101 bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara bigishijwe gusoma, kubara no kwandika ubu bishimiye urwego bagezeho. Bavuga ko nabo bashoboye kandi bakeneye no kujijuka kugirango binabafashe kwigirira icyizere.
Mu rwego rwo gufasha ababyeyi bo mu mudugudu atuyemo wa Myiha mu kagali ka Myiha mu murenge wa Muhororero ho mu karere ka Ngororero, umwarimukazi witwa Uwitonze Marie Louise yiyemeje kujya yigisha abana mu ishuri ry’incuke ku buntu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, arasaba abarimu gukurikirana neza amasomo y’icyongereza bahabwa, kuko igihe kizagera bagahabwa ikizamini, abazatsindwa bagasimbuzwa abandi.
Nyuma y’inama y’umunsi umwe yabereye mu mujyi wa Kibuye tariki 22/01/2013 hagati y’ubuyobozi bw’akarere n’ubwa Mount Kenya University, impande zombi zemeranyijwe ko mu byumweru bitatu iyi kaminuza izatangira gutanga amasomo atandukanye mu mujyi wa Kibuye.
Byari bimaze iminsi bivugwa ko ishuri ryisumbuye rya Rususa rishobora kuzakinga imiryango bitewe n’imiyoborere n’imicungire mibi y’abayobozi bari barishinzwe, ariko kubw’amahirwe Kiriziya Gaturika Diyoseze ya Cyangugu yaje kurigoboka ariko biba ngombwa ko rihindura icyerekezo ryari rifite.
Kuri uyu wa kabili tariki 22/01/2013, mu karere ka Karongi biteguye kwakira Ministre w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, ugomba gutangiza Itorero ryo ku rugerero.
Ubuyobozi bw’ishuri ESECOM riri mu karere ka Nyamagabe buratangaza ko imibereho y’abanyeshuri itari myiza yavuzwe kuri iki kigo ubu iri gukosorwa, ndetse n’ireme ry’uburezi rikaba riri kwitabwaho.
Mu gihe abashinzwe uburezi mu karere ka Nyagatare buvuga ko nta munyeshuli ugomba kwirukanirwa ko umubyeyi we atitabiriye inama, bamwe mu babyeyi, ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuli rwa Nyagatare ndetse n’ubw’umurenge iri shuli ribarizwamo bwemeza ko nta bundi buryo bwakoreshwa.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda yiswe Knowledge Transfer Partnership (KTP), igamije gufasha za Kaminuza, amashuri makuru n’ibindi bigo bikora ubushakashatsi, kugirana ubufatanye n’abanyenganda, mu rwego rwo guhesha abantu akazi, hamwe no kongera ubwiza n’ubwinshi bw’ibikorwa.
Abayobozi ba Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi basinye imihigo bagomba gukoreraho mu mwaka wa 2013, bikaba bimwe mu bizatuma iyi kaminuza ishoora kugera ku nshingano yihaye.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Leta Kigisha imyuga n’ikoranabuhanga IPRC West, ishami rya Karongi buratangaza ko ikigo gifite intego yo gufatanya n’akarere kuzazamura umujyi wa Kibuye mu nzego zitandukanye.
Amashuri yisumbuye yigisha anacumbikira abanyeshuri mu karere ka Gisagara, yahawe itegeko ryo kohereza abanyeshuri baturutse mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 byari byarakiriye, bakajya aho bigaga kuko ngo bahawe imyanya nta tegeko rirabyemeza.
Abayobozi ba kaminuza yitwa Oklahoma Christian University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bemerewe na Perezida Kagame gutangiza ishuri ryisumbuye mu Rwanda, riri ku rwego mpuzamahanga, rikazajya ryigamo abanyeshuri baturutse hirya no hino ku isi.
Abana b’abasigajwe inyuma n’amateka biga mu mashuri abanza, batuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, bahawe ibikoresho by’ishuri kugira ngo bibafashe kwiga kuko kubura ibikoresho aribyo byatumaga batagana ishuri.
Abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix Rutsiro barasaba ubuyobozi by’icyo kigo gusana zimwe mu nyubako zitameze neza kubera ko zishaje, n’izindi zasakambuwe n’umuyaga.
Mu gihe bizwi ko abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 bagomba kwigira ubuntu, ababyeyi barerera mu rwunjye rw’amashuri rwa Bukomero mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango bahangayikishijwe n’amafaranga 4250 bakwa n’ubuyobozi bw’iri shuri.
Inama y’uburezi yaguye y’akarere ka Nyamagabe yateranye mbere gato yitangira ry’amashuri mu mwaka wa 2013 yemeje amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi ntarengwa mu mashuri ya Leta n’andi afashwa na Leta. Abishyuzaga menshi basabwe kwihutira kubahiriza aya mabwiriza.
Nyuma y’uko bamwe mu barimu bakunze kugaragaza imbogamizi mu kwigisha Icyongereza, akarere ka Musanze kamaze kubonera umuti icyo kibazo, bitewe n’inyigisho zitandukanye zigenda zihabwa abarimu mu rurimi rw’icyongereza.
Ishuri ryisumbuye “College Intwari de Mwezi-APECUM” riri mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke ryahagaze gutanga uburezi muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013 bitewe no kubura abanyeshuri bahagije bo kuryigamo.
Ubuyobozi bwa bimwe mu bigo by’amashuri mu karere ka Rutsiro buvuga ko hari abanyeshuri bagira ingeso yo kunyura hirya no hino mu gasozi bigatuma bagera ku bigo batinze bakitwaza ko imodoka zabuze.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, Ntirenganya Gervais, avuga ko ubuyobozi bw’uwo murenge bwafashe ingamba zo gukuraho impamvu zose zituma abana bata amashuri.
Itsinda ry’amanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari bayobowe na Depite Hon. Evode Kalima banenze imyiteguro y’itangira ry’amashuri mu kigo cy’Ishuli ryigenga ryisumbuye rya College ya Kigoma mu karere ka Nyanza.
Guverineri w’intara w’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, aravuga ko ntubwo hari ibyumba by’amashuri bitaruzura ntakizabuza abanyeshuri gutangirira igihe nk’uko biteganyijwe.
Akarere ka Gisagara ni aka mbere ku rwego rw’igihugu mu kubaka ibyumba by’amashuri n’amacumbi y’abarimu muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Abarimu 300 bigisha ku bigo by’amashuri bitandukanye byo mu karere ka Kamonyi, basoje amahugurwa kuri gahunda y’uburezi budaheza. Abo barimu bavuga ko inyigisho bahawe zabongereye ubumenyi ku kwita ku bana bafite ubumuga.
Isaro Foundation irimo gutegura amarushanwa yo gusoma no kwandika mu mashuri yisumbuye agamije gukangurira abanyeshuri gusoma no kwandika kuko ubwenge buba mubyo basomye kandi abahanga ba mbere ku isi bakaba babukomora mubyo baba basomye.
Ishuri rikuru ryigisha ubuforomo ry’i Gitwe (ISPG) rigiye kujya rifatanya na Kaminuza ya Stanford yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu rwego rw’uburezi. Ibi byemejwe n’amashuri yombi nyuma yuko Stanford University isuye ISPG tariki 31/12/2012.
Umuyobozi w’Ishuri ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rya Ntendezi (EAV-Ntendezi), Ndashimye Léonce, avuga ko iri shuri rigira uruhare rugaragara mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi muri aka karere, ndetse n’ahandi mu gihugu muri rusange.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Mathias Harebamungu, aributsa abayobozi b’ibigo n’abakozi bashinzwe uburezi mu mirenge guhagurukira ireme ry’uburezi mu bigo bashinzwe.