Abanyarwanda baba mu gihugu cya Australia bamaze kuzuriza ishuri ribanza rya Linangwe ibigega 4 bifata bikanabikwamo amazi azajya akoreshwa mu mirimo y’isuku n’iy’ubuhinzi kuri iryo shuri riherereye mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) iri kwiga uburyo uburezi n’ubuzima by’abana bagitangira amashuri bitabangamirwa n’imibereho mibi, akenshi ituruka ku bushobozi bucye bw’ababyeri, nk’uko byaganiriweho mu nama yahuje impuguke mu burezi, kuri uyu wa Kabiri tariki 26/03/2013.
Abanyeshuri biga ku ishuri ryisumbuye rya Gitisi mu murenge wa Bweramana, bagaragaye imbere y’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango mu gihe cya sa tanu tariki 26/02/2013, babaza impamvu batiga ntibanarye.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza ku kigo cya Birwa II, ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera barasaba ubuyobozi kubafasha kugira ngo boroherwe no kwigisha kuri icyo kirwa.
Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yozefu rw’i Nyamasheke, tariki 23/02/2013, rwatangije Club y’Icyongereza igamije gukangurira abanyeshuri b’iki kigo gukoresha ururimi rw’icyongereza mu mvugo zabo za buri munsi.
Abayobozi icyenda b’amashuri abanza batsindishije munsi ya 50%, bagawe ku mugaragaro mu nama y’uburezi yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, nyuma yo gutangaza ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.
Umwuga ukorwa neza ukoranye ubuhanga buhagije uteza imbere nyirawo, kandi bikamurinda kubura icyo akora, nk’uko bitangazwa n’urubyiruko rw’umurenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, rusaba ishuri ry’imyuga ryakagombye kurufasha kugera ku iterambere.
Prof. Rwigamba Balinda washinze kaminuza yigenga yak IGALI (ULK) avuga ko ubumenyi abanyeshuri bahabwa badakwiye kumva ko bazajya kubusabisha akazi, ahubwo bakwiye kubukoresha mu kubuhangisha umurimo.
Leta y’Ubushinwa irashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo ku nkunga yatanze mu kubaka ishuli community model school ryubatswe mu murenge wa Kabarore rikaba ryanatangiye kwigisha ururimi rw’Igishinwa.
Nyuma y’umwaka n’igice Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi (REB) kimaze gishinzwe, abayobozi bacyo barasanga igihe kigeze cyo kumanuka bakaganira n’abayobozi bashinzwe uburezi mu turere ndetse n’abarezi ubwabo.
Abakuriye abigisha abantu bakuze gusoma no kwandika mu murenge 14 igize akarere ka Rwamagana bahawe inyoroshya-ngendo z’amagare bazajya bifashisha mu gukurikirana ibikorwa byo kwigisha abakuze gusoma, kwandika no kubara.
Nyuma yo kubona impano y’ibikoresho by’ikoranabuhanga yatanzwe na kaminuza yo mu gihugu cy’Ubudage, kaminuza y’Umutara Polytechnic itangaza ko yishimiye ko igiye kuzamura ireme ry’ubumenyi ngiro butangirwa muri iri shuri.
Nk’uko urutonde rushya rubyerekana, Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yaje imbere ho imyanya 527 yose ku rutonde rwa za kaminuza aho yavuye ku mwanya wa 4,158 ikajya kuwa 3631 muri za Kaminuza ibihumbi 21 nk’uko urubuga rwa internet rwa kaminuza nkuru y’u Rwanda rubitangaza.
Abanyeshuri batatu b’abahungu biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu kigo cya Collège de la Paix Rutsiro bahawe igihano cyo kwirukanwa burundu tariki 07/02/2013 ariko nyuma kiza gusimbuzwa icyo kwiga bicumbikira iminsi isigaye y’igihembwe cya mbere kubera ko byagaragaye ko ngo ari bo batumye abanyeshuri bose bo (…)
Abanyeshuri 500 bigiraga mu ishami rya INILAK i Rwamagana basabwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda kutongera kuhakandagiza ibirenge ngo kubera ko aho bigiraga bahahuriraga n’abandi banyeshuri batari aba INILAK.
Nubwo akarere ka Rubavu kishimira ibikorwa by’uburezi by’umwaka wa 2012 birimo umubare w’abana batsinze hamwe n’ibyumba by’amashuri byubatswe ngo haracyagaragara inzitizi ku burezi zirimo umubare w’abana bata ishuri.
Nyuma y’imyaka 10 ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) rishinzwe, abaharangije bahisemo gushinga ihuriro rizajya ribafasha gukomeza gusabana, guhana amakuru no gufasha ishuri bizemo mu gihe bibaye ngombwa.
Umushinga SSF/HIV wafashaga abana biga mu mashuri abanza mu karere ka Gisagara, ubafasha mu kubashakira ibikoresho by’ishuri, wamaze guhagarika icyo gikorwa bitewe n’uko kuri ubu uburezi bagizwe ubuntu.
Ishuri ry’Incuke ry’icyitegererezo ryubatswe na Banki y’Abaturage y’u Rwanda mu nyungu z’abakiriya bayo ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu, tariki 15/02/2013 mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri, ababyeyi n’izindi nzego zikurikirana iby’uburezi mu karere ka Kaonyi, byagaragaye ko hari ibigo byatsindishije abana bacye, bafahse ingamba zo kubasaba gukurikirana imyigire y’abana ku ruhande rwa buri wese.
Mu mpera z’umwaka wa 2012 ishuli rya G.S ya Mututu riherereye mu murenge wa kibilizi mu karere ka Nyanza ryasenyewe n’umuyaga wagurukanye igisenge cy’ibyumba bine maze umwaka w’amashuli 2013 utangira nta bufasha ubuyobozi bw’icyo kigo burahabwa.
Ubwo yasuraga ikigo cya Tumba college of Technology giherereye mu karere ka Rulindo, tariki 08/02/2013, Minisitiri w’Uburezi yasabye ko ikigo nk’iki kigisha ubumenyi ngiro cyakagombye kugira uruhare mu iterambere ry’akarere bityo ibyo bigisha bikagirira abaturage umumaro.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, ku mugoroba ubanziriza umunsi mukuru w’intwari wizihijwe tariki 01/02/2013, yatanze ikiganiro mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bumba, akangurira abanyeshuri kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari bagaca ukubiri n’ubugwari.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Ubumwe Community Center ikorera mu karere ka Rubavu yatangije ishuri rihuriwemo n’abana bafite ubumuga n’abatabufite kugira ngo abana bafite ubumuga bareke kugira imfunwe no guhabwa akato ko kwiga bonyine.
Dushimimana Samson yarangije amashuri abanza mu mwaka wa 2012, afite amanota ya mbere mu karere ka Kamonyi. Mu kiganiro twagiranye, yadutangarije ko yahise afata ingamba zo gukaza umuhate mu kwiga, ku buryo azagera no muri kaminuza.
Ikigega cy’Abanyamerika gitera inkunga abanyeshuri cy’Abanyafurika (African Student Education Fund) kuri uyu wa gatatu tariki 30/01/2013 cyahisemo abanyeshuri 30 bagiye gufasha guhera mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri 2013.
Mu biganiro ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA) kirimo gukoresha hirya ni hino mu gihugu gishishikariza urubyiruko kwitabira ubuhanzi, hakomeza kugaruka ikibazo cyo kwemeza ubuhanzi cyangwa ubugeni buzaherwaho butezwa imbere mu Rwanda.
Abanyeshuri bigaga mu mashuri abanza yose yo mu murenge wa Bugarama batsinze ku kigerenyo cya 100% naho abasoza icyiciro rusange (tronc commun) batsinda kuri 99%. Ngo rimwe riburaho ryatewe no kuba hari umwana utarabashije kurangiza ibizamini byose bitewe n’uburwayi nk’uko Niyindagiye Lucie ushinzwe uburezi muri uyu (…)