Umugore witwa Nyiransabimana Foibe utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera yafashe umwanzuro wo gukorera ubushake yigisha gusoma, kubara no kwandika abaturage batari babizi mu mudugudu atuyemo kuko hari hari abantu benshi batazi gusoma no kwandika barasabitswe n’ubujiji.
Ubwo yatangizaga gahunda ya siporo rusange (sport de masse) mu bigo by’amashuri mu Karere ka Huye, ku tariki 01/06/2013, Dr. Harebamungu Mathias, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, yibukije abayobozi b’ibigo by’amashuri ko gukoresha abanyeshuri babo siporo ari itegeko, kandi ko abatazabyitabira (…)
Abasore bane barimo umwarimu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rushashi kuva kuwa Kane tariki 30/05/2013, nyuma yo gufatirwa mu cyuho bakina umukino urusimbi mu Gasentere k’ubucuruzi ka Muhondo, Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke.
Abana b’abakobwa 111 bo mu karere ka Rulindo bagiye bahura n’ibibazo bitandukanye, birimo no kubyarira iwabo kuri ubu barimo guhabwa amasomo akubiyemo imyuga itandukanye izabafasha mu buzima bwabo.
Abana bo mu mudugudu wa Gakagati, akagali ka Rutungo, umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinja ababyeyi babo kutita ku myigire yabo ariko ababyeyi bo bavuga ko biterwa n’amafaranga bacibwa n’ubuyobozi bw’ishuli ribanza barereraho.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Cheik Musa Fadhil Harerimana, arasaba abaturage bigishijwe gusoma, kwandika no kubara mu karere ka Gisagara kutihererana ubwo bumenyi kandi bukanababera intangiriro yo kwiteza imbere.
Ishuri rya Centre Scolaire Amizero riri mu karere ka Ruhango ryatashye ku mugaragaro inyubako z’amashuri harimo n’ubwiherero n’igikoni bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 142.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri y’ubumenyingiro, Albert Nsengiyumva, yagiranye inama n’abayobozi mu natara y’amajyaru, tariki 24/05/2013, baganira ku bijyanye n’uburyo muri iyi ntara hakongerwa amashuri yigisha ubumenyingiro kuko ayo mashuri akiri macye muri iyo ntara.
Abanyeshuli 13 b’urwunge rw’amashuli rwa Rwebare bagejejwe ku bigo nderabuzima bya Nyarurema na Rukomo byo mu karere ka Nyagatare, bamwe bagaragaza ibikomere no guhungabana nyuma y’uko mu gitondo kuri uyu wa 23/05/2013 basakuje bari ku murongo mbere yo kwinjira bikabaviramo igihano cyo gucishwaho akanyafu.
Guhera ku gicamunsi cya tariki 22/05/2013 umunyeshuri wiga mu ishuri rya Groupe Secolaire Indandaburezi n’umukangurambaga (animateur) w’abanyeshuri mu ishuri rya Ecole des Science Byimana bari mu maboko ya Polisi kuri station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kuryamana n’abo badahuje ibitsina.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Ecole des Science Byimana mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gushyira umuntu muri buri cumbi ry’abanyeshuri mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’inkongi y’umuriro umaze iminsi wibasira inyubako z’iri shuri.
Girukubonye Daniel w’imyaka 70 ukomoka mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke yafashe icyemezo cyo kwiga gusoma no kwandika nyuma yo gukurwa mu ishuri n’umubyeyi we ubwo yari akiri umwana muto.
Zimwe mu nyubako z’ikigo cya ES.Mutendeli cyo mu karere ka Ngoma zatangiye kwangirika nyuma yuko zitagikoreshwa kubera iki kigo cyitacyoherezwamo abanyeshuri biga bacumbikamo.
Abanyeshuri baturutse muri amwe mu mashuri yisumbuye yo mu karere ka Kamonyi, bitabiriye amarusha ku bihangano by’imiturire myiza yateguwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, mu rwego rwo gushishikariza abatuye mu cyaro kwitabira gahunda yo gutura ku mudugudu.
Abagize akanama gahuza amakaminuza yo muri Afrika y’Iburasirazuba baremeza ko hakwiye kubaho uburyo bufasha abarangije muri izo kaminuza kugera ku isoko ry’umurimo bafite ubumenyi buhagije.
Mu ihererekanya bubasha n’umuyobozi mushya wari woherejwe kuyobora ikigo ES.Mutendeli cyo mu karere ka Ngoma, umucungamutungo (etendant) w’icyo kigo yagaragaje ko icyo kigo kirimo ideni ry’amafaranga miliyoni 79.
Abanyeshuri biga mu ishuri Community Integrated Polytechnic (CIP) rikorera mu turere twa Musanze, Kayonza, Nyagatare na Gatsibo, bavuga ko iri shuri ritubahirije ibyo ryabemereye ndetse n’ibyo ryemereye ubuyobozi biriviramo kunanirwa kubaha amasomo.
Bamwe mu bana b’abanyeshuri bo Murenge wa Ngarama mu Karere ka Gatsibo biga mu mashuri abanza, basiba ishuri ku munsi w’isoko ahubwo bakajya guhamagara abakiriya bagura imyenda.
Ishuri ryisumbuye rya Rusumo, tariki 09/05/2013, ryashyikirijwe ibikoresho byo muri Labo n’imyenda ya Siporo bifite agaciro k’amafaranga 3,897,600 byaguzwe ku nkunga y’abanyeshuri biga mu kigo Ecole Integriate Gesamtschule Kert Schumacher cyo mu ntara ya Rhénanie Palatinat mu gihugu cy’Ubudage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi mu Rwanda (REB) cyemereye ikigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kirambo giherereye mu murenge wa Cyeru, akarere ka Burera, inkunga y’amafaranga miliyoni 40 yo kubaka “dortoire” y’abanyeshuri biga muri icyo kigo yibasiwe n’inkongi y’umuriro iturutse ku mashanyarazi.
Urubyiruko 179 rwarangije amahugurwa mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’ubucuruzi mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga (Iwawa Rehabilitation and Vocational Skills Development Centre). Aya mahugurwa yatanzwe n’ikigo DOT Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga.
Nyuma y’uko minisiteri y’uburezi ishyiriyeho amabwiriza ashyiraho siporo kuri bose (sport de masse) mu bigo by’amashuri bamwe mu barezi bavuga ko iziye igihe kuko hari aho wasangaga mu mashuri abanyeshuri batagira siporo bakora.
Abanyeshuri icyenda barimo batanu barangizaga amashuri mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE- Busogo) bahawe impapuro zibahagarika mu masomo yabo baregwa kugira imyitwarire mibi imbere y’ubuyobozi bw’iri shuri.
Amashuli yisumbuye yigenga abarizwa mu karere ka Nyanza yatangiye kwirukana bamwe mu banyeshuli babyo biga mu mwaka wa gatandatu bakekwaho kuba baragiye basimbuka imyaka y’amashuli harimo n’ibizamini bisoza icyiciro rusange (Tronc Commun).
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) iri mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugira ubumenyi buhagije mu bijyanye n’icyerekezo cy’ubukungu u Rwanda rufite kandi bakarushaho kuzamura imyumvire y’abaturage kugira ngo bakunde umurimo mu rwego rwo guharanira iterambere ryihuse.
Mu muganda rusage wo kuri uyu wa 27/04/2013 abakozi b’ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) bifatanyije n’abanyeshuri, abakozi ndetse n’abaturage baturiye ikigo cya Technical Secondary School Nyamata ryahoze ryitwa ETO gutunganya ahazubwakwa inyubako nshya z’icyo kigo.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) aravuga ko nta mpamvu yo guha abafite ubumuga amashuri yihariye. Akaba ariyo mpamvu buri mwarimu wese uri kurangiza amashuri aba yarigishijwe uburyo bwo gufasha ababarirwa muri iki kiciro.
Guhera muri Nzeri 2013 mu karere ka Ruhango bwa mbere hazatangira ishuri rikuru rizajya ritanga amasomo y’ikiciro cya mbere cya Kaminuza A1 izaba yitwa Indangaburezi College of Education.
Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC), rifite gahunda yo gukorana na ba nyiri amahoteli n’amaresitora mu rwego rwo kumenya icyo bifuza ko iri shuri ryakwitaho mu myigishirize y’abanyeshuri barisohokamo ari nabo bajya gukora muri ayo mahoteli.
Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye amacumbi y’abanyeshuri b’abahungu mu kigo Ecole des Sciences de Byimana, tariki 23/0/2013, abanyeshuri bose biga guhera mu mwaka wa mbere kugera mu wa gatatu basubiye iwabo.