Rusizi: Abahabwa amasoko ntibayarangize bakwiye gukurikiranywa

Ikibazo cya barwiyemezamirimo bapatana amasoko baba baratsindiye ariko bakayata mu nzira ataruzura neza gikomeje kugaragara mu karere ka Rusizi kuko hari n’abambura abaturage bakoresheje.

Abatungwa agatoki ni abubatse urwibutso rw’icyitegererezo rw’akarere ka Rusizi ruri mu murenge wa Nkungu ahitwa i Nyarushishi, uru rwibutso ngo rwatwaye amafaranga menshi ariko ngo rwubatswe nabi abaturage bakaba bibaza niba ari amikoro yabuze kugirango rwubakwe neza.

Umuyobozi wa njyanama ya Rusizi avuga ko abahabwa amasoko bakayata bagomba gukurikiranwa.
Umuyobozi wa njyanama ya Rusizi avuga ko abahabwa amasoko bakayata bagomba gukurikiranwa.

Ibi kandi byagarutsweho n’umuyobozi wa jyanama y’akarere ka Rusizi, Kamanzi Sephorien, ubwo yasabaga abayobozi kwihutira gukosora uru rwibutso byaba ngombwa rugasenywa. Aha kandi uyu muyobozi yagarutse ku mazu ari kubakwa arimo amacumbi azajya yakirirwamo abashyitsi batandukanye ariko nayo ngo barwiyemezamirimo basize batayakinze barigendera.

Ibi byose rero ngo biradindiza iterambere ry’abaturage n’igihugu muri rusange, akaba ari muri urwo rwego umuyobozi wa jyanama y’aka karere yasabye abayobozi bose gushakira umuti iki kibazo.

Ikindi uyu muyobozi yagarutseho ngo nuko ibi bintu bishobora kuba hari ikibyihishe inyuma aho yasabye ko aba barwiyemezamirimo bakurikirangwa bibaye ngombwa kuko ngo bahemikiye benshi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka