Indwara ya kirabiranya yibasiye urutoki n’igiciro gito cya kawa biravugwaho kuba ari byo byatumye agasozi indatwa ka Muramba gasubira inyuma ugereranyije n’uko kari gahagaze ubwo kashyirwaga ku mwanya wa mbere ku rwego rw’igihugu mu myaka ya 2009 na 2010.
Umuryango CARE International usanzwe ukorera mu turere dutadukanye tw’u Rwanda ugiye gutangiza gahunda “Access to Finance Rwanda” ibinyujije muri gahunda yise Volontary Saving and Loan Scale Up, hakoreshejwe uburyo bwitwa “Intambwe”.
Kugira uruhare mu myigire y’abana babo no kubyara abo bashoboye kurera nibyo byakanguriwe ababyeyi bo mu murenge wa Tabagwe mu nama yahuje komite ishinzwe gusuzuma ubujurire bw’abanyeshuli bo mu mashuli makuru babuze uko bajya kwiga kubera ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo.
Bamwe mu bakoresha amakarita y’amabanki azwi ku izina rya ‘ATM’ afasha umukiliya wa banki gufata amafaranga kuri konti ye atarinze ayahabwa n’umukozi wa banki ndetse ukayafata igihe ushakiye cyose ndetse n’aho uri hose hari icyuma gikoreshwamo iyi karita, basanga aya makarika agiye kurikora.
Abaturage bakoze imirimo yo gutinda umuhanda uhuza imirenge ya Musenyi na Shyara uzanyura ku gishanga cy’Umurago mu karere ka Bugesera barasaba akarere kutazishyura sosiyete yitwa FIECO yabakoresheje, itabanje kubishyura amafaranga bakoreye kuko yabambuye.
Nyuma y’igihe bamwe mu bafite ibikorwa mu mbago GMC ikoreramo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro basaba ko bakwimurwa, abafite amazu ahitwa ku Cyome hafi y’umuhanda wa Kaburimbo ahegereye ikiraro cya Nyabarongo kigabanya uturere twa Ngororero na Muhanga ntibavuga rumwe n’iyo sosiyete ndetse n’ubuyobozi bw’akarere.
Kuba akarere ka Ngororero ari kamwe mu turere tudafite ibikorwa remezo bihagije mu buzima nkenerwa bwa buri munsi bibangamira itangwa rya serivisi nziza ku bagana inzego zitandukanye.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi irakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira umuco wo gukorana n’ibigo by’imari, kuko iyo umuntu abitsa akanabikuza ari bwo ashobora kubona inguzanyo imufasha kwiteza imbere.
DYNAMITE Brands (R) Ltd bivugwa ko ari isosiyete ishinzwe gukwirakwiza ibikoresho bya electronike irakemangwa na bamwe mu baturage aho bavuga ko imikorere yayo idahwitse ndetse bakaba basaba ko ibyayo byasuzumwa amazi atararenga inkombe.
Nyuma y’aho amakompanyi ya GMC (Gatumba Mining Concession) na NRD (Natural Resources Development) akora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro agaragayemo ibibazo ndetse bimwe mu bikorwa byayo bigahagarara, Minisiteri y’Umutungo Kamere irimo kubera uburyo byakemuka.
Uzabakiriho Yahaya utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bita rasita kubera ko afite imisatsi iboshye ku mutwe we avuga ko abenshi bakomeje kumwibeshyaho bavuga ko guhinga bitamubereye nyamara ngo we nta cyamutandukanya n’uwo murimo kuko umutungiye umuryango.
Bamwe mu batuye umujyi wa Musanze, bavuga ko byinshi mu bibazo bibonekamo mu mitangire ya serivisi buturuka ku kugira abakozi bacye, ndetse no kutihuta mu mitangire ya serivisi y’inzego zimwe na zimwe.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali n’abagore basanzwe bacururiza mu muhanda mu buryo butemewe bazwi nka “Bazunguzage”, bakoze ibiganiro byo gushakira umuti ibibazo byatumaga babangamirana ahubwo biyemeza gushaka icyabazamura.
Umusaza Ntambabazi Victor w’imyaka 80 wo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi avuga ko ashima Leta y’u Rwanda ishishikariza abashakanye kubana mu buryo bwemewe n’amategeko kuko bituma umuntu adatandukana n’undi uko yishakiye.
Abashoramari icyenda b’Abafaransa baje kwiga isoko ry’u Rwanda, basanga bakora ibijyanye n’imyubakire, ikoranabunga no guhesha agaciro ibiribwa; ariko ngo si ibyo gusa bikenwe kuko Leta ishyira ku isonga ikibazo cy’ingufu, gutwara abantu n’ibintu ndetse n’umusaruro muke w’ubuhinzi.
Mu gihe mu bihe byo hambere bitari bimenyerewe ko abakobwa biyemeza gukora imwe mu mirimo yafatwaga nk’umwihariko w’abagabo, ubu mu karere ka Muhanga hari abakobwa bemeza ko babeshejweho n’umwuga wo kogosha.
Muri gahunda Banki y’Amajyambere y’u Rwanda BRD, Banque Rwandaise de Développement ifite yo gusura abo yahaye inguzanyo bakaganira uko bayibyaza inyungu nini, abayobozi ba BRD basuye abanyamishinga bo mu ntara y’Amajyepfo bagirana ibiganiro byabereye mu karere ka Nyanza kuwa 09/09/2013.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi mu Rwanda MINECOFIN irifuza ko abaturage bagira icyo bavuga ku kumenya niba ingengo y’imari y’uyu mwaka ikora icyo yagenewe. Ibi ngo bizagerwaho hifashishijwe agatabo ngo kazafasha benshi kumva uko iyo ngengo y’imari yateguwe no gukurikirana uko ikoreshwa.
Abaturage barema isoko rya Nyange mu murenge wa Ngororero ntibishimiye uburyo bakwa imisoro kuko bavuga ko basoreshwa kandi n’ababaguriye nabo bagasoreshwa bityo ibyo bacuruje bigasora kabiri. Byongeye kandi ngo imisoro batanga ntibazi uyakira kuko badahabwa gitansi yemeza ko batanze umusoro.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabuga mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro iri hejuru bagereranyije n’amafaranga binjiza iyo bacuruza basaba ko yamanurwa.
Ubuyobozi bwa Sacco Baturebereho Ruhango, burahamya ko kugeza ubu bwiteguye gutangira kubaka inyubako yabwo kugirango buve mu bukode ijye gukorera ahantu hagutse mu rwego rwo guteza imbere serivise z’abayigana.
Nyuma y’amezi atanu atangije uruganda rutunganya divayi mu mitobe itandukanye, Nshunguyinka Annanie wo mu murenge wa Nyange muri Ngororero ubu aravuga ko yatangiye kugira igihombo gituruka ahanini ku kuba yarabuze amacupa yo gushyiramo divayi akora.
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki 05/09/2013 na World Economic Forum kiragaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku mugabane w’Afurika mu bihugu bifite ubukungu buhagaze neza nyuma y’ibirwa bya Maurice na Afurika y’Epfo.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, Rwanda Social Security Board ngo gifita gahunda inoze yo gushora amafaranga y’abanyamuryango bacyo mu mishinga yunguka kandi yizewe, kugira ngo ayo mafaranga agire uruhare mu iterambere ry’igihugu aho kuyabika ntacyo akora.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi arashimira Tigo ku gikorwa kidasanzwe mu bigo by’itumanaho cyo kwigisha abaturage uburyo bwo kwiteza imbere, ndetse akaba yavuze ko ari agashya abonanye Tigo mu karere ka Rusizi.
Koperative Rukara Duterimbere y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza ngo igiye kuzamura imirire myiza mu baturage bo muri uwo murenge n’indi ihana imbibe na wo, yifashishije ubworozi bw’inkoko ikora.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda AMUR uratangaza ko ufite gahunda yo gukangurira Abayisilamu baba hirya no hino ku isi gushora imari mu Rwanda, bityo ngo bikazafasha kugabanya ubukene mu banyedini babo no guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.
Sosiyete ya Kigali Bus Service KBS itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali irahamya ko isura y’uyu mujyi yatangiye guhinduka kuko ngo umubyigano, urusaku n’akavuyo k’imodoka mu mihanda byatangiye kugabanuka, nyuma y’iminsi mike buri zone ihawe ishyirahamwe ryo gutwara abagenzi riyikoreramo.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa kabiri tariki 03/9/2013 ngo igomba kubona ibisubizo byo kurwanya utujagari mu mijyi, hatagamijwe kubona amazu meza gusa, ahubwo hari no gufata ingamba zose zo kurwanya ubukene, nk’uko abayobozi b’iyo nama barimo Dr. Aissa Kirabo uhagarariye UN-Habitat babyifuza.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bakoze umukwabo mu bantu bagikoresha ibikoresho bitujuje ubuziranenge bitandukanye mu rwego rwo kwirinda ingaruka zibyo bikoresho.