Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, gitangaza ko ku ntego cyihaye yo kwakira imisoro mu mwaka wa 2015-2016 cyarengejeho miliyari 41FRW.
Abatuye mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bibaza impamvu badahabwa w’amashanyarazi, kuko nta n’ipoto ishinze mu murenge wabo.
Uwiringiyimana Dorcella wo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, aravuga ko kwiga akuze byamufashije gutangira kwiteza imbere.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Bugesera rwihangiye imirimo, bavuga ko bagenzi babo babuze akazi babyitera kuko usanga barangwa n’ubunebwe.
Bamwe mu baturiye umupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru bakunda kujya guhahira i Burundi baravuga ko bari kwangirwa kwambukana ibyo bahashye.
Bamwe mu baturage bakennye cyane bo mu Karere ka Kamonyi barifuza ko ababegera bakabaha ibitekerezo byatuma bagera ku mishanga yo kwiteza imbere.
Abatuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bahinduye imibereho yabo babikesha kujya mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.
Nyuma y’amezi asaga ane Uruganda rw’Ibirayi rwa “Nyabihu Potato Company” ruhagaze kubwo kubura ambalaje rupfunyikamo ibyakozwe rwongeye gufungura imiryago.
Abagore bagize komite y’inama y’igihugu y’abagore mu Burasirazuba basanga Gahunda y’Igiseke batangije igiye kubakuriraho imbogamizi y’ingwate n’igishoro bagatera imbere.
Urubyiruko n’abagore bo mu turere abenshi bavuga ko batazi ntibanasobanukirwe n’imikorere y’Ikigego cy’imari (BDF), mu gihe cyari cyashyiriweho kubafasha guteza imbere imishinga yabo.
Abakuriye urubyiruko baravuga ko kuba urwinshi muri rwo rudatinyuka kwaka inguzanyo zo gukora imishinga, bituma rudindira kandi rwagakwiriye kuzamukira ku mahirwe rwashyiriweho.
Abubakiwe mu mudugudu wa Kabyaza umwe muri irindwi y’icyitegererezo yubatse i Nyabihu muri 2015-2016, bashima Leta yabagejeje ku byo batari kuzigezaho.
Abakora inkweto nshya mu Karere ka Ngoma bavuga guca inkweto za caguwa, byatumye abakiliya babagana biyongera.
Abakorera umurimo wo kuvunja amafanga (Abavunjayi) ku mupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuva imodoka zitwara abagenzi zahagarikwa bagize igihombo.
Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo by’itangazamakuru byitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rimaze iminsi 11 ribera i Gikondo, mu Mujyi wa Kigali, yegukanye kimwe mu bihembo bikuru byahawe abaryitabiriye.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’imurikabikorwa “expo” ririmo kubera imbere y’imiryango y’aho bakorera.
Likeri zikorwa n’uruganda 1000 Hills zatangiye kwibagiza abakunzi b’agasembuye izisanzwe zitumizwa hanze, nyuma y’amezi abiri gusa zigeze ku isoko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buranenga bamwe mu bagenerwabikorwa ba VUP kuba batitabira gukorana n’Umurenge SACCO ngo bahabwe amafaranga y’inguzanyo yabagenewe.
Nyiramfumukoye Lucie witabiriye Expo 2016 ribera i Gikondo aravuga ko ari kwinjiza agera ku bihumbi 10Frw, abikesha impano ye yo gucuranga Umuduli.
Abana benshi baza muri Expo bari kumwe n’ababyeyi usanga ikibashishikaje ahanini ari ukujya kwidagadura mu bikinisho bitandukanye byabagenewe.
Akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo guhuza abakora imyuga imwe mu muganda kugira ngo bizamure agaciro k’ibikorwa bikorerwa mu muganda.
Imurikagurisha ry’igihugu Expo 2016 rizarangira kuwa kane aho kuba kuwa gatatu nk’uko byari biteganyije, kubera ubusabe bwa benshi mu baryitabiriye.
Abaturage bo mu Murenge Shyara mu Bugesera ntibishimiye serivisi bahabwa n’Umurenge SACCO yabo, mu gihe baje kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Ubushakashatsi Bizimana Jean Bosco wo mu Karere ka Ngoma yakoze asoza amashuri ye mu by’ubuhinzi ngo bwatumye akora uruganda rw’ifu ikungahaye ku ntungamubiri.
Ikigo cya Leta ya Tanzaniya gishinzwe ibicuruzwa bica ku byambu by’iki gihugu,TPA, kigiye gufungura imiryango mu Rwanda bitarenze 2016.
Abatuye nabi mu Karere ka Nyamagabe bagiye gutuzwa mu midugudu y’ikitegererezo, bagezweho n’ibikorwaremezo, muri gahunda igamije kunoza imiturire.
Bamwe mu baguzi bakunze kuvuga ko ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda bihenze ugereranyije n’ibiva hanze, ariko Expo 2016 yerekana ko atari ukuri.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Mwogo mu Bugesera, baravuga ko imishinga yabo irimo kudindira kubera amafaranga yatwawe n’umukozi w’umurenge.
Ibimurikwa muri Expo 2016 bigaragaza ko bihawe ingufu hari byinshi u Rwanda rwazibukira gutumiza mu mahanga.
Banki ya Kigali (BK) iratangaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2016 inyungu yabonye yiyongereyeho 16% ugereranyije n’umwaka ushize mu gihe nk’iki.