Ikigo cy’Igihugu cy’Isoko ry’Imari n’Imigabane (RSE) kizakira inama mpuzamahanga ku isoko ry’imari n’imigabane, kuva tariki 27 kugeza tariki 29 Ugushyingo 2016.
Ubuyobozi bw’umupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, buhamya ko kubaka One Stop Border Post byongereye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyamaze guhagarika iyinjizwa n’ikwirakwizwa rya Samsung Galaxy Note 7 ku isoko ryo mu Rwanda.
Urubyiruko rwiga imyuga rwakunze kubangamirwa no kubura igishoro cyo gutangira gushyira mu bikorwa ibyo rwize, mu gihe rushoje amasomo.
Abacururiza ahadasakaye mu isoko rya Rugarama mu karere ka Burera bavuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa no kunyagirwa ndetse no kwibwa.
Minisiteri y’Umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA), ivuga ko ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha, aribwo buryo bwo kubona umusaruro mwiza mu kazi.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kubakirwa isoko hafi y’aho batuye.
Ibigo by’imari iciriritse bya SACCO n’Ikigega cy’ingwate (BDF) ntibavuga rumwe ku itangwa ry’inguzanyo y’ibikoresho, ihabwa urubyiruko rwigishijwe imyuga ngo rwiteze imbere.
Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, bavuga ko kutagira amashyanyarazi bibabera imbogamizi mu bucuruzi bakora.
Nyirampeta Tarisisiya avuga ko n’ubwo ari umumotari, abangamiwe no kuba akora akazi ari uko yatiye moto yo gukoresha.
Abagize Koperative ”Nawe arashoboye” yo mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, bahangayikishijwe no kubura aho bagurisha uduseke baboha.
Abaturage bo mu Gashyushya mu Murenge wa Jali muri Gasabo bubakiwe isoko ahantu bari basanzwe bariremera ntibarigarukamo.
Semasaka Jean Marie Vianney utuye mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, avuga ko n’ubwo afite ubumuga bw’akaguru, bitamubujije gukora ngo yiteze imbere.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke barashima ko bahinduye ubuzima bivuye ku mazu bubakiwe, bakanorozwa.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi aributsa abatuye akarere ka Gisagara, kuzafata neza imbuto y’imyumbati bahawe kuko ifatiye runini abanyarwanda.
Jeannette Kagame Madamu wa Perezida wa Repurika, yavuze ko ubufatanye bwiza mu iterambere, ari ubudaheza umugore n’umukobwa.
Bamwe mu batuye akarere ka Rusizi, bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bavuga ko bacibwa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), batambutsa amatungo yabo muri Nyungwe.
Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe ni icya gatatu muri Afurika kiganwa n’abagenzi benshi kubera inama zikomeye zibera mu Rwanda.
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.
Mu mujyi wa Kigali harubakwa imihanda y’amabuye yitwa "Cobblestone", hagamijwe kurengera ibidukikije, guteza imbere ibikorerwa mu gihugu no kubaka ibirama.
Abagize impuzamakoperative “Duhaguruke/ Kora” ikorera mu Mujyi wa Musanze, barashinja ubuyobozi bwabo kurigisa umutungo wa miliyoni 30.
Abaturage bo mu murenge wa Gishari muri Rwamagana batangaza ko Ekocenter bubakiwe na Coca Cola imaze kubagezaho iterambere.
Ayinkamiye Emerence umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, aributsa ababyeyi ko gutoza abana kwizigamira, ari ukubagabanyiriza ibibazo bashobora guhura nabyo imbere.
Biteganyijwe ko uruganda rutunga ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF) rutangaza ko abagore bikorera bakiri bake, rugasaba abafatanyabikorwa gushyigikira gahunda ya HeForShe, bakongera umubare wabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratinyura abagore bafite ibitekerezo by’imishinga kugana banki n’ibigo by’imari,kuko babihugurirwa ariko ntibabyitabire.
Abagore 300 bo mu Karere ka Musanze, bacuruzaga mu kajagari,bazwi ku izina rya “Abazunguzayi” bemerewe inkunga ya miliyoni 6 ngo biteze imbere.
Abaturage bakoze imihanda muri gahunda ya VUP mu murenge wa Mukindo, akarere ka Gisagara baravuga ko bugarijwe n’ubukene kubera kudahembwa.