Abajya gusengera ku musozi wa Kanyarira basubijwe
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.

Uwo musozi uherereye mu Karere ka Ruhango. Mbere yo kuwugeraho ubanza kwambuka umugenzi witwa Nyakogo uwutandukanya n’undi musozi witwa Kizabonwa wo mu Karere ka Muhanga.
Nta kiraro cyabaga kuri uwo mugezi kuko icyari gisanzweho cyatwawe n’amazi. Ibyo byatumaga bamwe mu bawambukaga bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira bagwagamo bagakomereka cyangwa bagapfa. Mu mwaka wa 2015 abantu batatu baguyemo barapfa.
Kuba harubatsweho ikiraro gikomeye, kigizwe n’ibyuma, bizafasha abantu bajya kuhasengera ngo bakemurirwe ibibazo; nkuko umwe muri bo utashatse kwivuga izina abisobanura.
Agira ati “Abakecuru bajyaga babura uko bambuka mu mugezi n’abana ndetse n’abaza gusenga ubu babonye ibisubizo.”
Icyo kiraro ntikizafasha gusa abajya gusengera ku musozi wa Kanyarira,kizafasha n’abandi baturiye umugezi wa Nyakogo.

Abahaturiye bahamya ko wajyaga wuzura kubera imvura, ugatuma abana babo babura uko bajya kwiga,banagiyeyo bakaba bararayo babuze aho banyura.
Kubera uburyo abajyaga gusengera ku musozi wa Kanyarira bahuraga n’ingorane ku mugezi wa Nyakogo, ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwari bwarafashe umwanzuro wo kubuza abakirisitu gusubira kuhasengera.
Ariko Uturere twa Ruhango na Muhanga twiyemeza gushaka umuti utabangamiye abaje kuhasengera, twiyemeza kuhubaka icyo kiraro.
Kayiranga Innocent, umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe iterambere ry’ubukungu, avuga ko bahisemo kubaka icyo kiraro kugira ngo abaturage babashe kugira ubuzima bwiza.
Izabiriza Jeanne, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo asaba abajya gusengera ku musozi wa Kanyarira, gukoresha icyo kiraro kugira ngo birinde impanuka zo kugwa muri Nyakogo.
Agira ati “Imyemerere y’abaza gusengera hano igomba kujyana no kubungabunga ubuzima bwabo, basenge ariko banyure hano kugira ngo birinde amayira mabi yabashyira mu kaga.”

Ikiraro cya Kanyarira kireshya na metero 48,gifite ubushobozi bwo kwikorera toni 15,cyubatswe ku nkunga y’umuryango utegamiye kuri Leta witwa “Bridge To Prosperty”. Cyuzuye gitwaye Miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ohereza igitekerezo
|
Imana ibahe umugisha rwose abirebe ko mwafashije abantu bifuzaga kujya kuwomusozi ndeste nabahatuye nabo babonye uburyo
Imana ibahe umugisha rwose abirebe ko mwafashije abantu bifuzaga kujya kuwomusozi ndeste nabahatuye nabo babonye uburyo
ndabashimiye igikorwa cyiza mwakoze Imana ibahe imigisha
Imana ihe umugisha abagize igitekerezo cyo kubaka iki kiraro kigezweho, kuko kizafasha benshi. Imana isubiza amasengesho ihabwe icyubahiro.
Ndashimye cyane kiriya gikorwa mwakoze nikiza.
imana ibahe umugishA kumwogushyigikir a ivugabutumwa
imana ibahe umugishA kumwogushyigikir a ivugabutumwa