Gakenke: Akarere kari mu kato kubera indwara y’igifuruto

Nyuma y’uko indwara yitwa “igifuruto” igaragaye mu mirenge 6 y’Akarere ka Gakenke kuva hagati mu kwezi k’Ukuboza, ikica inka 22, imirenge yose yashyizwe mu kato mu rwego rwo gukumira ko yakwirakwira hose.

Mwumvaneza Ferdinand ushinzwe ubworozi mu Karere ka Gakenke yabwiye Kigali Today ko icyo cyemezo cyafashwe muri iki cyumweru kugira ngo iyo ndwara yagaragaye mu mirenge itandatu idakomeza kwanduza andi matungo.

Yasobanuye ko nta matungo yemewe kuva mu murenge umwe agana mu wundi, kandi ibikomoka ku matungo nk’inyama bibaye bihagaritswe gucuruzwa kugeza igihe iyo indwara izaba itakigaragara mu karere.

Igikorwa cyo gukingira amatungo yose cyane cyane inka kuko ari ho yagaragaye kizatangira mu cyumweru gitaha mu gihe inkingo bategereje zaramuka zibonetse; nk’uko Mwumvaneza Ferdinand, umukozi ushinzwe ubworozi yakomeje abivuga.

Inka 22 zishwe n'indwara y'igifuruto.
Inka 22 zishwe n’indwara y’igifuruto.

Nubwo iki cyemezo ari ngombwa mu rwego rwo gukumira iyo ndwara ariko kizagira ingaruka ku bantu batandukanye. Umwe mu babazi yagize ati: “ Si twe twenyine cyagizeho ingaruka, uzi gukenana itungo. Hari n’abandi twakoreshaga hirya no hino na bo byabagezeho.”

Ikindi, abaturage bafite amikoro bifuzaga kugura akaboga, muri iyi minsi bagomba kukibagirwa kugeza igihe bazakomorerwa cyangwa bagashakira mu tundi turere ku babishoboye.

Indwara y’igifuruto yagaragaye mu karere kuva hagati y’ukwezi k’Ukuboza mu mirenge ya Gakenke, Ruli, Busengo, Mugunga, Muzo na Janja, inka zari zimaze kumenyekana ko zayanduye zisaga 250 muri zo 22 zarapfuye.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka