Abatuye akarere ka Ngoma baratangaza ko izuba ryavuye igihe kirekire rigatuma imvura yaguye iba nke cyane byatumye umusaruro wabo w’iki gihembwe cy’ihinga warabaye muke cyane.
Nyuma yo gusanga abahinzi bo mu karere ka Gicumbi bararumbije imyaka kubera kutabonera imbuto yo gutera ku gihe, abadepite bagize komisiyo ishinzwe ubuhinzi ubwororozi no kubungabunga ibidukikije batangaje ko bagiye kubakorera ubuvugizi ku kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kugirango imbuto ijye iboneka ku gihe.
Iyo ugeze mu mirenge ya Macuba na Karambi yo mu karere ka Nyamasheke, utangazwa no kubona ibimasa biziritse mu mirima ibindi biri mu biraro, ugashaka inka y’inyana ukayibona bigoranye.
Abahinzi bo mu karere ka Burera batangaza ko bafite ikibazo cy’amabanki atabaha inguzanyo zo guteza imbere ubuhinzi bwabo bigatuma batabasha gukora ubwo buhinzi mu buryo bw’umwuga kandi bwa kijyambere.
Abaturiye inkunka z’ibishanga ndetse n’ibiyaga byo mu karere ka Bugesera barahishikarizwa gushoka ibyo bishanga kugirango bazibe icyuho cy’umusaruro wabaye muke cyane muri ako karere.
Komisiyo ishinzwe ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije mu nteko ishinga amategeko taliki ya 16/5/2014 yasanze mu karere ka Rubavu hakiboneka ibibazo mu buhinzi bigira ingaruka mu kongera umusaruro hashingiwe mu gutanga inyongera musaruro n’imbuto ku bahinzi.
Abahinzi bagana ibigo by’imari gusaba inguzanyo baratangaza ko guhabwa inguzanyo bitinze ari imbogamizi kuko bituma imishinga yabo idakorerwa igihe bityo ntibabashe kubona umusaruro uhagije, bikanavamo kunanirwa kuzishyura.
Abaturage bo mu mirenge ya Mutuntu, Gashali na Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko bimwe mu bibazo bituma batabona umusaruro uhagije ari ibijyanye n’imbuto n’ifumbire bibageraho bitinze no kuba ngo imbuto bahabwa itajyanye n’ubutaka bwabo.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu karere ka Gatsibo mu mirenge ya Kiziguro na Rugarama barasaba ubuyobozi kubafasha kurenganurwa kubera ibyuma byo gusya ibigori bahawe n’umushinga Plan bagasanga byose byarapfuye.
Kwita ku musaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi bigiye kunonzwa no guhurizwa hamwe mu nzego nyinshi kugeza ugeze ku isoko, nk’uko byaganiriweho mu nama yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 13/5/2014.
Kuba abahinzi b’ingano batarahawe imbuto y’indobanure ihagije kandi ku gihe nk’uko bisanzwe ngo bishobora kuzatuma umusaruro w’ingano muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2014 B utaba mwiza, kubera ko abaturage batahingiye igihe kandi abenshi bagatera iyo bishakiye ishobora kuba idatanga umusaruro ushimishije.
Abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Rusizi bashyizeho ihuriro ry’amakoperative y’abo kugirango babashe kwiteza imbere bifatika bashyize hamwe kandi n’ibibazo bahura na byo bikabasha gukemukira hamwe hatagiye hakemuka ibibazo bya koperative zimwe ngo izindi zisigare kandi bose, urebye bahura n’ibibazo bimwe.
Ibiyege ni ibintu bimeze nk’ibihumyo byimeza ku gasozi ariko biboneka cyane cyane mu gihe cy’imvura bikaba bitaribwa kubera uburozi bwabyo byifitemo bwakwangiza ubuzima bw’abantu ndetse bukagira na virusi yitwa milidiyo byanduza igihingwa k’ibirayi.
Aborozi bagera kuri 40 baturutse mu mirenge ya Rwimiyaga na Matimba yo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 8/5/2014, basuye umworozi ntangarugero wo mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana biyemeza ko bagiye kwihatira kororera mu biraro kuko ari byo bitanga umusaruro.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, arakangurira abaturage bo mu karere ka Bugesera gukoresha amazi y’imigezi n’ibiyaga bibakikije mu kuvomerera imirima yabo bakoresheje ibikoresho bafite.
Ku bufatanye na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, abaturage bahinga umuceri mu gishanga cya Nyaburiba giherereye hagati y’imirenge ya Ruhuha na Nyarugenge mu karere ka Bugesera barimo kugitunganya mu rwego rwo kukibyaza umusaruro wisumbuye.
Koperative y’abahinzi b’icyayi bakorera mu Gisakura bazwi ku izina rya Coopthe bari barafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bari bafitanye n’uruganda rutunganya icyayi rwa Gisakura, kubera ko bavugaga ko kuva bagirana amasezerano, abahinzi b’icyayi bamaze guhomba amafaranga asaga miliyoni 100.
Abahinzi b’urusenda mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera bavuga ko iki gihingwa kitaweho cyagira uruhare runini mu guhindura imibereho y’umuhinzi w’urusenda.
Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko mu myaka itanu ishize yakuye abaturage basaga miliyoni imwe munsi y’umurongo w’ubukene, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) cyashimiye abakozi bacyo kivuga ko 65% bavuye mu bukene binyuze mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe n’abahagarariye inzego zitandukanye zo ku rwego rw’igihugu bakoreye uruzinduko ku musozi wa Karumbi mu karere ka Rutsiro tariki 22/04/2014 bagamije gusuzuma ikibazo cy’ubutaka bwemejwe ko bugomba guhingwaho icyayi, nyamara bukaba busanzwe bukorerwaho ubucukuzi (…)
Mu karere ka Kirehe kimwe n’ahandi mu cyahoze ari intara ya Kibungo hakunze kwera ibitoki mu gihe cyashize byatumaga bengesha ibirenge, ariko ubu basigaye bengesha intoki mu rwego rwo gusigasira isuku.
Inama y’iminsi ibiri yatangiye taliki 14/4/2014 mu karere ka Rubavu ihuje impugucye zishinzwe ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga CEPGL kugira ngo baganire ku mikorere y’ikigo IRAZ gishinzwe ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi muri CEPGL.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, asanga intambwe u Rwanda rumaze gutera mubukungu iri kukigereranyo gishimishije, aho ngo hafi buri muturarwanda wese abasha kwihaza mu biribwa.
Ubuyobozi bushinzwe ubuhinzi mu karere ka Gicumbi burakangurira abashinzwe ubuhinzi mu mirenge gukorera akazi kabo mu mirima kuko bizazamura ubuhinzi bw’Akarere ka Gicumbi.
Nyuma y’igihe kirekire bari bamaze binubira ibiciro bya kawa biri hasi, bamwe ndetse bagacika intege zo kuyikorera, muri iyi minsi abahinzi ba kawa bo mu karere ka Rutsiro bavuga ko bashimishijwe n’uko igiciro cyayo cyazamutse, ibyo bikaba byarabongereye ingufu zo kuyitaho.
Intara y’Uburengerazuba yafashe igihingwa cya kawa, kimwe mu bihingwa bifatiye runini ubukungu bw’igihugu, ikigenera icyumweru cyihariye cyo kuyitaho.
Abahinzi bo mu murenge wa Kivuye, akarere ka Burera, barasabwa gufumbira imyaka yabo bakoresha cyane cyane ifumbire y’imborera ariko batibagiwe n’ifumbire mvaruganda kuko ari bwo ubutaka bwabo buzakomeza kubatunga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke mu by’ubuhinzi, bwagaragaje ko guhinga umuceri igipande kimwe cy’igishanga ikindi kikarazwa byongera umusaruro kandi bikarengera n’ibidukikije.
U Rwanda nirwo ruzakira inama mpuzamahanga igamije kongerera agaciro ibihingwa bifite intungamubiri, kubera intambwe rwateye mu buhinzi no guteza imbere imirire myiza ishingiye ku biribwa bifite intungamubiri arimo ibishyimbo.
Minisitiri w’ubuhunzi n’ubworozi, Dr Agnes Karibata, yagiriye uruzinduko mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo gukangurira no kwigisha abaturage akamaro ko guhuza ubutaka no kubasobanurira ko umushinga LWH (Land and Water Harvesting) ugamije kubafasha kwiteza imbere no kuvugurura ubuhinzi bwabo bw’amaterasi y’indinganire.