Mu gihugu cya Arabie saoudite, umugabo yasenze umugeni ku munsi w’ubukwe bwabo kubera ko ari bwo bwa mbere yari amubonye mu maso ubwo bari bagiye kwifotoza.
Abagabo babiri bo mu Budage biteje imiti ituma bagira amabere mu gihe cy’amasaha 24 bashaka kumva uko bimera kuba umugore, ngo baza gusanga baragowe.
Kuwa gatandatu tariki ya 22/11/2014, abakirisitu basengera mu itorero rya ADEPR Congo-Nil bahawe ubuhamya na Alice Umwali wiyemerera ko yagiye ikuzimu akagaruka, asaba abo bakirisitu gusenga cyane ndetse no kwirinda amadayimoni aba ku isi kuko nawe yabaye ku isi ari igini.
Umugore w’umuherwekazi ufite imyaka 67 y’amavuko wo mu gihugu cy’Ubuyapani, kuri uyu wa gatatu tariki 19 Ugushyingo 2014 yatawe muri yombi akekwaho kwivugana uwa kane mu bagabo be barindwi bamaze gutabaruka akoresheje uburozi bwa siyanire (cyanure).
Umugore witwa Mukamazimpaka Alphonsine usanzwe ari umuvuzi gakondo ukomoka mu Karere ka Karongi, ubu umaze amezi 7 aba mu karere ka Ngororero avuga ko yaje gufasha abagatuye kwica no kwirukana amashitani cyangwa amadayimoni menshi yibasiye abatuye aka karere.
Umusaza w’imyaka 72 witwa Protais Nyamaswa utuye mu karere ka Kirehe arashimira Imana ko ngo yamuhaye umugore bakabyarana nyuma yo gutandukana n’abagore batanu bose bamuziza ko atabyara.
Mu gihugu cy’Ubufaransa, umugabo ufite imyaka 55 yigize umunyamakuru w’ikinyamakuru cyitwa France Culture, kugira ngo akurikirane amaserukiramuco cyangwa amarushanwa y’indirimbo gakondo zishingiye ku muco muri icyo gihugu.
Bamwe mu bagore batuye mu karere ka Rulindo baranenga imyitwarire ya bamwe muri bagenzi babo bagorobereza mu tubari, rimwe na rimwe bakarara mu gasozi kubera gukunda inzoga.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi bari bajyanye umuntu ku bitaro ngo akorerwe isuzuma (Autopsy) muganga agaragaze icyamwishe babone kumushyingura, batungurwa no gusanga akiri muzima.
Mu Bwongereza hasohotse amakuru avuga ko Yezu yari yarashakanye n’umugore witwaga Mariya Magadalena benshi bitaga indaya, ndetse ngo bari bafitanye n’abana babiri.
Urubuga rwa internet Colonial Medical rwashyize ku isoko urubindo rwitwa Flat-D rushobora kwifashishwa mu gutuma umusuzi umuntu arekuye utanuka.
Hashize ukwezi kose umuturage witwa Ntamuturano Reverien wo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaraburiwe irengero we n’urugo rwe rwose, intandaro yo kubura kw’abo baturage ngo ni uko uwo mugabo yahigwaga n’abaturage bashaka kumwica bamuziza ko abaroga akabateza inzuki zikabakura mu mirima bagiye guhinga.
Muri iki gihe cy’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ndetse n’ay’icyiciro rusange, umugore umwe n’umukobwa bo mu karere ka Ngororero babyaye bari muri ibyo bizamini ariko ntibyababuza kubikora ngo babirangize, kuko ngo bari bariteguye neza amasomo yabo.
Isosiyete yo muri Amerika yakoze igikomo (bracelet) gihana ucyambaye igihe akoze ibidakwiye. Kimwe mu bihano icyo gikomo gitanga mu gukebura ucyambaye, ni ugufatwa n’amashanyarazi.
Gutanga amande, gufungwa cyangwa gushaka indaya babasanganye, ni igihano umudepitekazi uhagarariye umugi wa Saint-Pétersbourg wo mu Burusiya yatanze mu mushinga w’itegeko rihana abakiriya b’indaya.
Umugabo witwa Bagirishya n’umugore we batuye mu mudugudu wa Nyagashikura mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, baravugwaho ubwambuzi n’abaturage kubera kubeshya abagore bakarongorwa n’uyu mugabo akanabatwara amafaranga bafatanyije n’umugore we babana.
Ubwo hasezeranywaga mu ruhame imiryango 104 yabanaga bitemewe n’amategeko mu murenge wa Rusenge kuri uyu wa 23/10/2014, umuryango umwe watunguye abantu uhitamo gusezerana ivanguramutungo risesuye.
Imbwa yitwa Bodhi yo mu gihugu cya Amerika yinjiza akayabo k’amayero ibihumbi 10 ku kwezi, aturuka ku kuba yambara imyenda y’abantu ikamenya no kubigendera.
Kanyehene Patrick w’imyaka 79 utuye mu mudugudu wa Kagarama mu kagari ka Kigabiro mu murenge wa Nyabitekeri, yishimira ko afite abagore batandatu n’abana babarirwa hagati ya 30 na 60, kuko avuga ko umubare atawuzi neza.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu kagari ka Ryankana ho mu karere ka Rusizi bishe imvubu yari ivuye mu mugezi wa Ruhwa bahita bayibaga barayirya.
Umunya Otirishiya yaguze inzu i Détroit ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ariko nyuma yo kubona ko isaba imirimo myinshi yo kuvugururwa mbere yo guturwamo yayishyize ku isoko, ngo uzamuha iphone akazayimuha.
Indaya zituruka ku migabane y’uburayi na Aziya zakomeje kujya ziyongera cyane muri Afurika, cyane cyane abashinwakazi, bigatuma isoko ry’indaya za Afurika rigabanuka.
Amakuru dukesha urubuga www.atlantico.fr avuga ko umugore waba waraciye agahigo mu kubyara abana benshi ku isi ari umurusiyakazi wabayeho mu kinyejana cya 18.
Tariki ya 25/7/2014 nibwo Gahekukokari yagiye gusezerana imbere y’amategeko na Uwimana Séraphine mu murenge wa Gisenyi basezerana ivanga mutungo rusange, bakaba bateganya gusezerana imbere y’Imana mu itorero rya Anglican mu mujyi wa Gisenyi tariki ya 25/10/2014.
Umunyakorombiyakazi watakaga kubabara mu nda yagiye kwivuza abaganga basanga ububabare yarabuterwaga n’ikirayi yari yarishyize mu nda ibyara agamije kuboneza urubyaro.
Umukecuru Nyirankina Cecilia w’imyaka 80 utuye mu mudugudu wa Gakagati ya mbere akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga, avuga ko n’ubwo ageze mu zabukuru kuboha ibyibo bimurinda gusabiriza.
Abapolisi bo mu mujyi wa Grenoble mu gihugu cy’Ubufaransa, bamaze amasaha abiri banze gufasha umusore wabasabaga ubufasha bwihuse kuko yari yishwe n’inyota n’inzara, ahubwo bamubuza kubegera kuko bamukekagaho indwara ya Ebola.
Umushinwakazi Jing Mei, yiyemeje kwambara ikanzu y’abageni idasanzwe mu gihe cy’ubukwe bwe: yari ifite igice gikururuka inyuma cy’uburebure burenga ibirometero bine, kandi ikanzu ye yose yapimaga ibiro hafi 50.
Umugabo witwa Vianney wo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi yariye injangwe bituma umugore we n’abana be bamuhunga.
Umunyeshuri wiga kuri kaminuza ya Songjiang mu Bushinwa, yiyemeje gukodesha serivisi z’inshuti ye y’umukobwa kugira ngo azabashe kwigurira iPhone 6. Ibi yabitangaje ku rubuga nkoranyambaga Weibo, aho yagaragaye ku ifoto afite icyapa gisobanura ibyo yiyemeje.