Shampiona yo gusiganwa ku mamodoka irasozwa kuri uyu wa Gatandatu, aho haza kuba hakinwa Rallye des Milles Collines izabera i Nyamata
Mu mukino waraye ubereye kuri Stade ya Kicukiro, Rayon Sports yaraye ihaye ibyishimo abafana bayo nyuma yo gutsinda Police Fc igitego 1-0
Mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali, ikipe ya Rayon Sports yaburaga Pierrot na Shassir itsinze Police Fc igitego 1-0
Mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo, amakipe y’u Rwanda yatomboye amakipe yoroshye mu gihe afite akazi gakomeye mu cyiciro kizakurikiraho
Akanama gashinzwe gutegura amatora y’abiyamamariza kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kemeje ko Nzamwita Vincent Degaule azongera kwiyamamariza uyu mwanya.
Keisuke Honda, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomeye mu Buyapani, umushinga yatangije muri Afurika wo kwigisha umupira w’amaguru abana wageze no mu Rwanda.
Kuri uyu wa 09 Ukuboza 2017 nibwo ikipe y’igihugu y’umukino wa Taekwondo yageze i Kigali ivuye muri Korea mu irushanwa ry’isi.
Mu mukino wa nyuma w’amatsinda wabereye Machakos kuri Kenyatta Stadium, Amavubi y’u Rwanda yatsinze Tanzania ibitego 2-1 ariko ntiyagira amahirwe yo gukomeza muri 1/2
Mu mukino Amavubi yari yiteze ko yagarura icyizere cyo kugera muri ½, anganyije na Libya ubusa ku busa, bituma kugira ngo Amavubi akomeze bizasaba imibare igoranye cyane
Umutoza Nyinawumuntu Grace wamaze gutandukana na As Kigali Women Football Club aratangaza ko atahagaritse gutoza ahubwo akivugana n’amakipe amushaka.
Abakinnyi b’u Rwanda barangajwe imbere na Kapiteni wabo Bakame, biteguye kwitwara neza nyuma y’aho umutoza Antoine Hey ateganya kubazamo ikipe ya mbere
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe bw’umukino w’intoki wa Basketball (FERWABA) buratangaza ko butifuza amakipe adaharanira guhangana n’andi mu marushanwa.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda itsinzwe umukino wa kabiri muri CECAFA, aho itsinzwe ibitego 3-1 na Zanzibar kuri Kenyatta Stadium y’i Machakos.
Nyuma yo gutsindwa na Kemya ibitego 2-0 mu mukino wa mbere, umutoza Antoine Hey yatangaje ko nta mukinnyi wabanjemo uza kubanzamo ku mukino wa Zanzibar.
Kuri uyu wa 4 Ukuboza 2017, ikipe ya Rayon Sports yatangije uburyo bushya abashaka kureba imikino yayo, bazajya bishyurira rimwe imikino Rayons Sport izakina mu mwaka, yaba mu gikombe cya Shampiyona ndetse n’igikombe cy’amahoro.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade Bukhungu habereye umukino ufungura amarushanwa ya CECAFA 2017, aho Kenya yatsinze u Rwanda ibitego 2-0
Mu mukino ufungura amarushanwa ya CECAFA ari kubera muri Kenya, u Rwanda rwatsinzwe ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Bokungu Stadium mu gace ka Kakamega
Kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngarukakwezi yitiriwe “Car Free Day”.
Karekezi Olivier umutoza wa Rayons Sports wari umaze ibyumweru birenga bibiri ari mu maboko y’ubugenzacyaha yarekuwe kandi ngo azakomeza kuba umutoza mukuru w’iyi kipe ashakirwe umutoza wungirije.
Abanyarwanda babiri bakina muri Dimension data yo muri Afurika y’epfo bamaze guhabwa andi masezerano y’umwaka muri iyi kipe yabigize umwuga yo muri Afurika y’epfo
Ikipe ikomeje kwitwara neza muri Cote d’Ivoire, aho itsinze ishuri ry’umupira w’amaguru ryitwa WAFA ryo muri Ghana
Antoine Hey, umutoza w’Amavubi yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bazitabira imikino ya CECAFA, irushanwa rihuza amakipe ari mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati.
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira w’amaguru muri Afurika riri kubera muri Cote d’ivoire, yatsinze umukino wayo wa mbere.
Nshuti Dominique Savio umaze igihe mu mvune yo gukuka ukuboko yatangaje byinshi bimwerekeyeho birimo kuba akumbuye abafana ku kibuga muri shampiyona.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abakinnyi ba Golf (Golf Club),buratangaza ko bugiye gusana ikibuga cya Golf kibe mpuzamahanga aho ngo bizabatwara amafaranga asaga Miliyoni 90 z’Amanyarwanda.
Life Fitness Academy, ikigo cy’Abanyamerika kigiye gutangiza mu Rwanda ikigo gihugura abifuza kugira ubumenyi ku bijyanye no kubaka umubiri n’ikoreshwa ry’ibikoresho byo mu nzu zikorerwamo siporo (Gyms).
Umukino w’umunsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda wahuzaga APR FC na Mukura VS warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Umukino w’umunsi wa munani wa Shampiyona y’u Rwanda wahuje APR FC na Mukura VS wabereye kuri Stade Amahoro iriho abafana mbarwa.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Antoine Hey aratangaza ko irushanwa rya CECAFA rizafasha amavubi kurushaho kwitegura CHAN.