Kwibohora kwatumye u Rwanda rugirirwa icyizere cyo kwakira amarushanwa akomeye

Nyuma y’uko ingabo zahoze ari iza RPA zibohoye igihugu zigahagarika Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994,Leta yakoremereje urugamba rwo kubaka igihugu cyari cyasenyutse mu bice byose.

Muri siporo urugamba rwakomereje mu kongera gusana imitima no guhuza abantu bakunga ubumwe bagasabana ndetse bakongera kugira icyizere kugeza ubwo n’amahanga yari yarahebye u Rwanda yongeye kurugirira icyizere,u Rwanda rukakira amarushanwa mpuzamahanga rutari rwarakiriye mbere.

Bwa mbere u Rwanda rwakiriye igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 na 20.

Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rwari rutarakira irushanwa rikomeye mu mupira w’amaguru, nyuma y’imyaka 25, u Rwanda rumaze kwakira amarushanwa akomeye hakaba n’andi ari mu nzira.

Muri Mutarama na Gashyantare 2009, u Rwanda rwakiriye igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka ruhagarariwa n’ikipe yari irimo abakinnyi nka Niyonzima Haruna, Mugiraneza Jean Baptiste n’abandi.

Iyi mikino yagenze neza yerekana ko no kwakira andi marushanwa bishoboka maze sitade zitangira kuvugururwa u Rwanda rwahembwa kwakira irushanwa ry’abatarengeje imyaka 17.Muri iri rushanwa Rwanda rwageze ku mwanya wa nyuma, biruhesha itike yo gukina igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyabereye muri Mexique.

CHAN mu Rwanda, igikombe cya kabiri gikomeye muri Afurika

Ijoro rya CHAN mu Rwanda
Ijoro rya CHAN mu Rwanda

Igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu "CHAN" kuva tariki 16 Mutarama 2016 kugeza taliki ya 07 Gashyantare 2016, aho u Rwanda rwagarukiye muri ¼ rusezerewe na Republika iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda rwakiriye CHAN, itangizwa ku mugaragaro na Perezida Kagame
U Rwanda rwakiriye CHAN, itangizwa ku mugaragaro na Perezida Kagame
Byari ibirori ku mihanda yose mu bihe bya CHAN
Byari ibirori ku mihanda yose mu bihe bya CHAN

Uko u Rwanda rwateguye rukanakira irushanwa, byashimwe n’amahanga kuko si buri wese ubishobora, dore ko mu myaka ine yakurikiyeho abagombaga ibihugu bya Kenya na Ethiopia byagombaga kwakira iri rushanwa byarabananiye ryimurirwa ahandi.

Abafana bo mu bihugu bituranye n'u Rwanda babaga baje kwirebera iyi mikino
Abafana bo mu bihugu bituranye n’u Rwanda babaga baje kwirebera iyi mikino

CECAFA mu Rwanda

Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwakiriye CECAFA y’ibihugu mu mwaka wa 1999, ndetse iza no gutwarwa na Rwanda B itsinze Kenya ibitego 3-1.

Si iyo gusa, kuko u Rwanda rwakomeje kwakira na CECAFA y’amakipe inshuro 5 (2000, 2004, 2007, 2010 na 2014), aho APR yanabashije kuyegukana inshuro eshatu muri enye yabereye mu Rwanda (2004, 2007 na 2010), ubu ikaba nanone igiye kongera kuhabera.

Muri Basketball, u Rwanda rwagiriwe icyizere mu kwakira imikino itandukanye

1997: Clubs Champions Zone 4 yabereye I Kigali
2000: Zone 5 Clubs Championship (Abagabo n’abagore)
2002: Irushanwa rihuza imijyi yo muri Afurika y’i Buraisrazuba ku bagabo n’abagore
2007: Amajonjora ya AFROBASKET muri Zone 5 (Abagabo n’abagore), aho u Rwanda mu bagabo rwahise runabona bwa mbere itike yo gukina igikombe cya Afurika muri Basketball (AFROBASKET) cyabereye muri Angola.
2007: Zone 5 Clubs Championships, (Abagabo n’abagore)
Gashyantare 2009: Amajonjora ya AFROBASKET muri Zone 5, Men & Women (Stade Amahoro), aho u Rwanda mu bagabo rwahise runabona bwa mbere itike yo gukina igikombe cya Afurika muri Basketball (AFROBASKET) cyabereye muri Madagascar.
Ukuboza 2009: FIBA AFRICA Clubs Championship (Abagabo).
Gashyantare 2011: Amajonjora ya AFROBASKET & ALL AFRICAN GAMES (AAG) ya Zone 5, (Abagabo n’abagore), u Rwanda rwanabonye bwa mbere itike yo kwerekeza muri All African Games yabereye i Maputo muri Mozambique.
Kanama 2010: AFROBASKET U18 (Abagabo)
Kamena 2012: Amajonjora ya AFROBASKET U18 muri Zone 5, (Abagabo n’abagore)
Kamena 2015: AFROBASKET U16, (Abagabo n’abagore) aho u Rwanda naho mu bagabo rwahise runabona bwa mbere itike yo gukina igikombe cya Afurika muri Basketball mu batarengeje imyaka 16 (AFROBASKET) cyabereye muri Mali ku bagabo ndetse na Madagascar ku bagore.
Ukwakira 2015: Zone 5 Clubs Championship, (Abagabo n’abagore)
Kanama 2016: AFROBASKET U18 (Abagabo)
Nyuma y’ayo marushanwa atandukanye u Rwanda rumaze kwakira, u Rwanda rwemejwe nk’igihugu kizakira imikino ya nyuma y’irushanwa ry’igikombe cya Afurika cya 2021 muri Basketball’ Afrobasket 2021’, rikazabera mu nyubako nshya ya Kigali Arena.

U Rwanda rwagize amahirwe yo kwakira impuguke mu mukino wa Basketball, aha umuyobozi wa Toronto Raptors Ujiri Masai yari kumwe na Perezida Kagame baganiriza abakiri bato
U Rwanda rwagize amahirwe yo kwakira impuguke mu mukino wa Basketball, aha umuyobozi wa Toronto Raptors Ujiri Masai yari kumwe na Perezida Kagame baganiriza abakiri bato

Tour du Rwanda yabaye mpuzamahanga igera ku isonga muri Afurika

Mu myaka ya kera u Rwanda rwakoraga isiganwa rizwi nka Tour du Rwanda, rikitabirwa n’abyanarwanda gusa kandi ntirikorwe kinyamwuga ku buryo ritari rinemewe n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku isi (UCI).

Tour du Rwanda yabaye mpuzamahanga, Valens Ndayisenga aba umunyarwanda wa mbere wayegukanye
Tour du Rwanda yabaye mpuzamahanga, Valens Ndayisenga aba umunyarwanda wa mbere wayegukanye

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi iri siganwa ryeje gushyirwamo imbaraga kugeza ubwo ryemewe na UCI ndetse ritangira gukurura amakipe mpuzamahanga ritera indi ntambwe riva ku cyiciro cya 2.2 rijya kuri 2.1 ritangira kwitabirwa n’amakipe akomeye arimo n’asanzwe akina Tour de France nka Astana Pro Team yo muri Kazakhstan.

Perezida Kagame yakiriye abakinnyi b'umukino w'amagare, abashimira uko bitwaye ndetse anabemerera inkunga
Perezida Kagame yakiriye abakinnyi b’umukino w’amagare, abashimira uko bitwaye ndetse anabemerera inkunga

Mu mukino w’amagare kandi u Rwanda rurahabwa amahirwe menshi yo kwakira shampiyona y’isi muri 2025.Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryatangiye urugendo rwo gusaba kwakira iyi shampiyona igihugu cya Maroc cyifuza.
Muri 2018 ubwo umuyobozi wa UCI, David Lappartient yaje kwirebera Tour du Rwanda,yatangaje ko yifuza kubona u Rwanda ruba igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye shampiyona y’isi mu mukino w’amagare.

Shampiyona Nyafurika mu mukino w’amagare

Usibye Tour du Rwanda, u Rwanda rumaze kugirirwa icyizere inshuro ebyiri zo kwakira Shampiyona Nyafurika mu mukino w’amagare, isiganwa rihuza ibihangange mu mukino w’amagare bikomoka ku mugabane wa Afurika.

U Rwanda rwakiriye Shampiyona nyafurika mu mukino w'amagare, runegukana imidari myinshi
U Rwanda rwakiriye Shampiyona nyafurika mu mukino w’amagare, runegukana imidari myinshi
David Lappartient, Umuyobozi w'Impuzamashyirahamwe y'umukino w'amagare ku isi yaje gukurikirana iyi Shampiyona
David Lappartient, Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi yaje gukurikirana iyi Shampiyona

Marathon mpuzamahanga y’Amahoro

Mu mukino wo gusiganwa ku maguru, isiganwa rizwi nka Kigali International Peace Marathon ni rimwe mu marushanwa rihuza abantu benshi, rigakorwa mu byiciro bitandukanye, iri rikaba rimaze imyaka 15 ribera mu mujyi wa Kigali.

Marathon mpuzamahanga y'Amahoro ni imwe mu mikino ihuza abantu benshi
Marathon mpuzamahanga y’Amahoro ni imwe mu mikino ihuza abantu benshi

Kigali Convention Center yakiriye inama y’abayobozi ba FIFA

Tariki 26/10/2018 ni bwo bwa mbere u Rwanda rwari rwakiriye inama y’Abayobozi bakuru ba FIFA, imwe mu nama yanafatiwe imyanzuro ikomeye nko kwemerera CAF ko igikombe cy’Afurika kiva muri Mutarama na Gashyantare kikajya gikinwa mu mpeshyi, ndetse no muri Amerika y’Epfo bakazajya bakina igikombe cya Copa America mu myaka itari giharwe uhereye muri 2020, ndetse bananga ko imikino imwe n’imwe ya Shampiona ya Espagne yazajya ikinirwa muri Amerika, aho banzuye ko Shampiona y’igihugu yose igomba kujya ikinirwa muri Espagne.

Perezida Kagame yakiriye Perezida wa FIFA Gianni Infantino
Perezida Kagame yakiriye Perezida wa FIFA Gianni Infantino
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka