Umukino w’umunsi wa kane wa Shampiyona y’u Rwanda wahuje AS Kigali na Gicumbi FC warangiye AS Kigali inyagiye Gicumbi FC ibitego 4-0.
Abanyarwanda ntibahiriwe n’umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka Memorial Gakwaya ryabereye i Huye na Gisagara kuri uyu wa Gatandatu
Tom Gossland, umunya-Canada uba mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Triathlon ryabereye mu mujyi wa Rubavu.
Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2017 nibwo Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade y’umukino wa Cricket, iri muri stade 10 z’uyu mukino zibarirwa ku isi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’iya Ethiopia zizakina imikino ibiri mu kwezi gutaha yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya CHAN kizazera muri Maroc
Abakiinnyi 24 ni bo bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura Ethiopia mu mukino ushobora gutuma u Rwanda rusubira muri CHAN izaberamuri Maroc
Ku munsi wa Kane wa Shampiyona ikipe ya Kiyovu Sports ibashije gutsinda APR 1-0, ibintu byaherukaga mu 2005.
Ikipe y’igihugu ya Volley Ball yamaze gusezererwa na Misiri muri ¼ mu mikino y’igikombe cy’Afurika, ihita ibura amahirwe yo kuzitabira igikombe cy’isi.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kane yakoreye imyitozo ku kibuga cya Ferwafa nyuma yo kwimwa Stade Mumena
Umusifuzi Hakizimana Ambroise wasifuye umukino APR Fc yatsinzemo AS Kigali 2-1 yahanishijwe imikino ine adasifura.
Ikipe ya Rayon Sports iracyashakisha ikibuga cyo gukoreraho imyitozo nyuma yo kwirukanwa ku kibuga cya Skol yitorezagaho, ni nyuma y’aho yifuje gusubira ku kibuga cyo ku Mumena yakoreragaho mbere ariko ba nyiracyo bakayangira.Ubu noneho igiye ku kibuga cya Ferwafa.
Abantu basaga 1500 ni bo bateganyijwe mu birori byo gutaha Stade mpuzamahanga ya Cricket yubatse i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Mbere y’irushanwa ry’akarere ka kane k’Afurika muri Triathlon rizabera i Rubavu kuri uyu wa gatandatu, abatoza n’abasifuzi 30 b’uyu mukino mu Rwanda batangiye guhugurwa.
Umutoza Antoine Hey utoza Amavubi yandikiwe ibaruwa na Ferwafa imusaba gutanga ibisobanuro byo kuba yarataye akazi atabimenyesheje abakoresha be
Ikipe y’Isonga FC yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagomba gutangira umwiherero bitegura irushanwa mpuzamahanga yatumiwemo muri Cote D’ivoire.
Guhera ku itariki ya 24 Ukwakira 2017 ikipe ya Rayon Sports ntiyemerewe gukorera imyitozo ku kibuga cyubatswe n’umuterankunga wayo Skol.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 15 bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2017.
Tariki ya 23 Ukwakira ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kuko bawizihizaho isabukuru y’amavuko ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Umukinnyi w’umunyarwanda Jacques Tuyisenge byavugwaga ko azaza muri APR Fc mu kwa mbere, yasinye imyaka ibiri muri Gor Mahia
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volley Ball imaze gutsindwa na Algeria mu gikombe cy’Africa bituma izahura na Misiri ya mbere muri Africa.
Mu Rwanda abasaga 250 bamaze gusoza amasomo ya Kaminuza mu ishami rya Siporo, ndetse benshi banabarizwa mu bikorwa bitandukanye bya Siporo hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Karere ka Huye na Gisagara harabera isiganwa ry’imodoka rigamije kwibuka Gakwaya wahoze asiganwa mu modoka.
Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent atangaza ko icyo abwiye abakinnyi atoza bagikurikiza akaba ariyo mpamvu bakomeje kubona intsinzi.
Ikipe ya Police Fc niyo ibashije gutsinda Amagaju yari ataratsindwa aho yayitsinze ibitego bine kuri kimwe.
Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bateranye batora komite nshya, aho batoye Paul Muvunyi wigeze no kuyobora iyi kipe ku mwanya wa Perezida.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ryavaga i Rubavu ryerekeza i Musanze, Patrick Byukusenge wa Benediction Club ni we ubaye uwa mbere.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 bituma Rayon Sports ibura amahirwe yo gusatira mukerab wayo APR FC.
Igice cya mbere cy’isiganwa ry’amagare ritegura Tour du Rwanda 2017 cyagukanwe n’umukinnyi w’amagare wabigize umwuga ariwe Samuel Mugisha.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryasinye amasezerano y’ubufatanye na BRALIRWA agamije guteza imbere uwo mukino mu Rwanda no hanze.